Iby’ingenzi Perezida Kagame w’u Rwanda na Samia Suluhu wa Tanzania biyemeje muri uru ruzinduko
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yashimangiye ko umubano w’u Rwanda na Tanzania ukomeje gushingira ku bufatanye bufatika bugamije iterambere rirambye, ashimira mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ku kwakira neza uruzinduko rwe rw’umunsi umwe yagiriye muri icyo gihugu ku Cyumweru tariki ya 03/05/2026.
Mu biganiro byabereye i Dar es Salaam, byabanjirijwe n’ibyahuje abakuru b’ibihugu byombi ndetse n’abaminisitiri b’impande zombi, hagarutswe ku buryo bwo kurushaho kongera imbaraga mu mikoranire isanzwe iriho, by’umwihariko mu nzego z’ubucuruzi, ubwikorezi n’ishoramari.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Perezida Kagame yagaragaje ko Tanzania ari umufatanyabikorwa w’ingenzi ku Rwanda, cyane cyane mu kugera ku masoko mpuzamahanga. Yatanze urugero rw’icyambu cya Dar es Salaam, cyifashishwa cyane n’u Rwanda mu gutwara ibicuruzwa byinjira n’ibisohoka mu gihugu.
Yagize ati:
“Tanzania ni umufatanyabikorwa w’ingenzi. Twubakiye ku mubano umaze igihe kirekire, none turashaka kuwagura no kongeramo imbaraga mu rwego rw’ishoramari n’ubucuruzi.”
Ibihugu byombi byemeranyije gukomeza guteza imbere ibikorwa by’iterambere bihuriweho. By’umwihariko, hazashyirwa imbaraga mu kongera ishoramari hagati y’impande zombi, ndetse hanihutishwe ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga isanzwe yarateganyijwe.
Perezida Kagame yanagarutse ku bibazo bya politiki bigaragara hirya no hino ku Isi, asaba ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba kurushaho kunga ubumwe no gukorera hamwe.
Yagize ati:
“Akarere kacu kagomba gushyira imbere ubumwe n’imikoranire, kugira ngo tubashe guhangana n’ibibazo byugarije Isi muri iki gihe.”
Yongeyeho ko gahunda z’iterambere z’u Rwanda na Tanzania zikwiye kujyana, zigashyirwa mu bikorwa ku muvuduko uhuriweho kugira ngo zigire umusaruro ugaragara ku baturage.
Mu rwego rw’ubwiyunge n’amateka, Perezida Kagame yanashimiye Abanya-Tanzania bagize uruhare mu gutabara no gufasha Abanyarwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Samia Suluhu Hassan na we yagaragaje ko umubano hagati y’ibihugu byombi uhagaze neza kandi ugenda urushaho kwaguka, cyane cyane mu nzego z’ubucuruzi n’ishoramari.
Mu byo impande zombi zemeranyije harimo:
1. Guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari
U Rwanda rukomeje gushora imari muri Tanzania, aho kugeza mu kwezi kwa gatatu kwa 2026 hari ibigo 42 by’Abanyarwanda bikorera muri Tanzania bifite agaciro ka miliyoni 325,5 z’amadolari.
Ibi bigo byatanze imirimo irenga 2.200 mu nzego zitandukanye zirimo inganda, ubwikorezi n’ubukerarugendo.
2. Kwihutisha umushinga wa gari ya moshi Isaka–Kigali
Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije kwihutisha umushinga wa gari ya moshi uzahuza Isaka muri Tanzania na Kigali mu Rwanda.
Uyu mushinga uzoroshya ubwikorezi bw’ibicuruzwa, ugabanye ibiciro by’ubwikorezi, ndetse wongere ubucuruzi hagati y’ibihugu byo mu muhora wo hagati.
Ni umushinga umaze imyaka irenga 20 utegerejwe, uzanyura ku Rusumo ukagera i Kigali, ndetse ukazagera no ku Kibuga Mpuzamahanga cya Bugesera.
3. Guteza imbere imishinga ihuriweho
Impande zombi zanaganiriye ku mishinga ihuriweho irimo urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo ruhuza u Rwanda, Tanzania n’u Burundi, ndetse no guteza imbere ibikorwaremezo byoroshya ubuhahirane.
4. Gukomeza ubufatanye mu by’umutekano
Habayeho kumvikana ku gukomeza ubufatanye mu by’umutekano no guteza imbere amahoro n’ituze mu karere, cyane cyane muri ibi bihe Isi ihanganye n’ibibazo bya politiki n’umutekano.
Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Tanzania rwashimangiye ko ibihugu byombi bifite icyerekezo gihuriweho cyo guteza imbere ubukungu, kunoza ubuhahirane no gukomeza umutekano mu karere. Ibyemeranyijweho bigaragaza intambwe ikomeye igamije gukomeza umubano ushingiye ku nyungu rusange z’abaturage b’ibihugu byombi.






