Ibyo Wamenya ku Mugambi wa Perezida Tshisekedi wo Gukura Abasirikare b’Abatutsi muri FARDC
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi Tchilombo, akomeje gutanga ibimenyetso byerekana ko ashaka gukaza ingamba zo gukura mu gisirikare no gufunga bamwe mu basirikare akeka ko bafite aho bahuriye n’imitwe yitwaje intwaro cyangwa ibihugu ashinja guhungabanya umutekano wa Congo.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki ya 06/05/2026, Perezida Tshisekedi yongeye kuvuga ku kibazo cy’“abacengezi” n’“abagambanyi”, avuga ko bamaze igihe kinini binjiye mu gisirikare cya Congo, ibintu yavuze ko byagize uruhare mu ntege nke za FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23 na MRDP-Twirwaneho, imitwe ikorera mu burasirazuba bw’igihugu.
Nubwo atigeze avuga amazina cyangwa ubwoko bw’abo yashakaga kuvuga, abakurikiranira hafi politiki n’umutekano bya RDC bavuga ko amagambo ye akomeje gufatwa nk’ubutumwa bugamije gukomeza gukura mu gisirikare abasirikare benshi bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi bakomoka mu ntara zo mu burasirazuba bwa Congo.
Mu myaka ishize, abasirikare benshi bakomoka muri Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Maniema ndetse n’icyahoze ari Katanga bagiye bakurwa mu nshingano, bamwe bagafungwa cyangwa bagashyirwa mu cyiciro cya dispo, bivuze gukurwa ku mirimo ya gisirikare nta bisobanuro bifatika bitanzwe.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bishobora kuba biri mu mugambi mugari wo kugabanya cyangwa gukura burundu abasirikare bamwe Perezida Tshisekedi n’ubutegetsi bwe bakeka ko bashobora kuba bafite imikoranire na M23 cyangwa u Rwanda, igihugu Kinshasa ikomeje gushinja gutera inkunga uwo mutwe.
Bamwe mu bavuga rikijyana muri politiki ya Congo bemeza ko iri sanganya rifite inkomoko mu kutizerana gukomeje kuranga ubutegetsi bwa Kinshasa n’abasirikare bamwe bakomoka mu burasirazuba, cyane cyane abavugwaho kuba barigeze kugira isano n’amatsinda yahoze yinjizwa muri FARDC nyuma y’amasezerano y’amahoro yo mu bihe byashize.
Mu basirikare baheruka kuvugwa cyane harimo Général Eric Ruhorimbere na Col. Gapanda wakoreraga mu gace ka Bunia. Amakuru aturuka mu muryango we avuga ko yafungiwe mbere i Kisangani, nyuma akimurirwa i Kinshasa ahantu hatazwi.
Abo mu muryango we bavuga ko batigeze bamenyeshwa aho afungiye, ndetse ko kugeza ubu ataragezwa imbere y’ubutabera kugira ngo yisobanure ku byo yaba ashinjwa. Ibi byatumye bamwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko uburyo nk’ubu bwo gufunga abasirikare buteye impungenge kandi bushobora kurushaho guteza umwuka mubi muri FARDC.
Hari kandi abandi basirikare bakuru bamaze igihe bakuwe mu nshingano cyangwa bafunzwe, barimo n’abahoze bafite imyanya ikomeye mu gisirikare cya Congo. Nubwo ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kuvuga ko ari gahunda yo “gusukura igisirikare”, abatavuga rumwe na bwo bavuga ko hari aho bikorwa hashingiwe ku gukeka inkomoko cyangwa indimi zivugwa n’abo basirikare.
Iyi gahunda ntikomeje kugarukira gusa ku basirikare bavuga Ikinyarwanda. Hari n’abasirikare bavuga Igiswahili bakomoka mu burasirazuba bwa Congo bavuga ko na bo bari gushyirwaho igitutu, cyane cyane abakekwaho kuba hafi y’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila.
Mu mezi ashize, Perezida Tshisekedi n’abo bakorana bagiye bavuga ko hari abantu bari mu nzego z’umutekano no muri politiki bashaka guhungabanya ubutegetsi bwe cyangwa gukorana n’imitwe irwanya leta.
Abasesenguzi bamwe bavuga ko ibi bishobora kuba biri mu rwego rwo gukomeza gukaza umutekano imbere mu gisirikare, ariko abandi bakabibona nk’igikorwa cya politiki gishobora guteza amacakubiri ashingiye ku moko, inkomoko n’uturere.
Abakurikiranira hafi ibya gisirikare muri RDC bavuga ko niba iki kibazo kidakemuwe mu buryo bwubahiriza amategeko n’uburinganire, gishobora kurushaho guca intege igisirikare cya Congo aho kugikomeza.
Hari impungenge ko gukomeza gukuraho abasirikare bamwe hashingiwe ku gukeka cyangwa ku nkomoko yabo bishobora guteza ubwumvikane buke muri FARDC, cyane cyane mu gihe igihugu kigihanganye n’intambara ikomeye mu burasirazuba.
Kuva mu 2021, umutwe wa M23 wakomeje kwagura ibice ugenzura mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, harimo imijyi ikomeye nka Goma na Bukavu ndetse n’uduce twinshi twa teritwari zikomeye. Ibi byashyize igitutu gikomeye ku buyobozi bwa Perezida Tshisekedi, bukomeje gushinjwa kunanirwa gukemura ikibazo cy’umutekano mu buryo burambye.
Mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa buvuga ko bugamije kongera kubaka igisirikare gifite ubunyamwuga kandi cyizewe, abatavuga rumwe na bwo bavuga ko uburyo buri gukoreshwa bushobora gutuma FARDC irushaho kwinjira mu macakubiri ashingiye ku moko no ku kutizerana hagati y’abasirikare ubwabo.






