Igikurikiraho niyo ntambwe ikomeye, ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC. Ibirambuye…
Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungurehe na mugenzi we minisitiri wa Congo, Therese Kayikwamba Wagner, ni bo basinye amasezerano y’amateka agamije gushyiraho akadomo kanyuma intambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.
Ni amasezerano yashyizweho umukono n’impande zombi (u Rwanda na RDC) ku itariki ya 27/06/2025, aho byabereye i Washington DC muri Amerika imbere ya minisitiri wayo w’ubanyi n’amahanga, Marco Rubio.
Nyuma yo gusinya ariya masezerano y’amahoro, umuryango w’ubumwe bw’afrika wavuze ko ari intambwe ikomeye itewe ku mahoro mu karere.
Yasinywe mu gihe umutwe wa M23 umaze igihe kitari gito ufashe ibice byinshi byo mu Burasirazuba bwa Congo.
Igikurikira nyuma yisinywa ry’amasezerano y’amateka ni yo ntambwe igoye impande zombi zigiye kwinjiramo.
Igisirikare cya RDC cyemeye guhagarika imikoranire iyariyo yose n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ndetse kandi gishimangira ko kigiye kuwurwanya ki kawurandura burundu.
Muri aya masezerano kandi byavuzwe ko u Rwanda ruvana ingabo zarwo k’u butaka bwa Congo, nubwo rwo rutemera ko ntazo rufiteyo.
Ikindi kandi ni uko hari ikibazo cy’uyu mutwe wa M23. Ubutegetsi bw’i Kinshasa burashaka gusubirana uduce twose uyu mutwe wa M23 wabohoje turimo n’udukungahaye ku mabuye y’agaciro muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.
Ariko ibi byitezwe ko bizaganirwaho mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasizuba bw’iki gihugu cya RDC, hagati ya RDC n’u mutwe wa M23 mu biganiro by’i Doha muri Qatar.
Ibyo niba bizashoboka bizaterwa nuko ibiganiro by’i Doha bizaganda hagati ya RDC n’u mutwe wa M23.
Nyamara kandi birasabwa ko u Rwanda na Congo bigirana ubusabane bwabugufi kugira ngo ibyo biyemeje bigerweho, bitabaye ibyo kw’aba ari uguhendana.
Hajuru y’ibyo, Amerika na yo irabwa kudaterera agati muryinyo, ngwise nk’aho yarangije ikibazo. Irasabwa kwegera cyane buri ruhande rurebwa n’iki kibazo kugira ngo bikomeze kurushaho kunoga.