Imirwano Ikomeje Gukaza Umurego Hafi ya Rwitsankuku; Haravugwa Drone Itazwi Yagabye Ibitero ku Ngabo Zishyigikiye Leta ya Kinshasa, Ihitana Abasirikare Benshi, Abarokotse Bakwira Imishwaro
Mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu misozi ya Minembwe, amakuru aturuka mu gace ka Rwitsankuku aravuga ko hari drone itaramenyekana nyirayo yagabye ibitero ku ngabo ziri ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe zageragezaga kohereza ubufasha ku rugamba.
Iyo mirwano ihanganishije ihuriro rigizwe n’ingabo za FARDC, iz’u Burundi, imitwe ya Wazalendo na FDLR ku ruhande rumwe, na MRDP-Twirwaneho, umutwe urwanirira Abanyamulenge, ku rundi ruhande.
Amakuru yizewe aturuka muri ako gace avuga ko, nubwo imirwano ikomeje kwegera Rwitsankuku, itarinjira neza ahari ibirindiro bya FARDC n’abafatanyabikorwa bayo, ahubwo iri kubera mu nkengero zabyo. Ibi bikurikiye ifatwa ry’uduce twa Ngezi na Mugisirita na MRDP-Twirwaneho muri iki gitondo. Utwo duce twegereye cyane Rwitsankuku, ahari imwe mu nkambi zikomeye za FARDC n’abo bafatanya ibikorwa.
Nk’uko amakuru ava mu baturage n’andi masoko yo muri ako karere abivuga, drone itaramenyekana yarashe bikomeye ku nkambi ya FARDC i Rwitsankuku, bikavugwa ko byatumye bamwe mu basirikare bayirimo bayivamo bahunga. Ayo makuru kandi avuga ko iyo drone yongeye kugaba ibindi bitero ku ngabo za FARDC n’abo bafatanya zari ziturutse ahazwi nka Point Zéro zigiye gutanga ubufasha ku rugamba. Ibi byavuzwe ko byateje igihunga gikomeye ndetse n’igihombo mu ngabo zari zigize uwo mutwe.
Ku rugamba, amakuru ava mu bice birimo imirwano akomeje kugaragaza ko MRDP-Twirwaneho ikomeje gusatira ibirindiro by’uruhande bahanganye, nyuma y’uko yigaruriye uduce twinshi mu minsi ishize. Kugeza ubu, nta mubare wemejwe w’abaguye muri iyo mirwano.
Abakurikirana ibibera muri ako karere bavuga ko uko imirwano ikomeza kwegera Rwitsankuku, ifatwa nk’agace gafite akamaro gakomeye mu rwego rwa gisirikare muri Minembwe, bishobora kugira ingaruka zikomeye ku miterere y’urugamba mu minsi iri imbere.
Minembwe Capital News irakomeza gukurikirana iby’iyi mirwano no kugeza ku basomyi amakuru yemejwe uko agenda aboneka.





