Ingabo z’u Burundi Zagiye i Mulenge Kurimbura Abanyamulenge Zakubiswe N’iyo Batazi”
Amakuru aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, avuga ko mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu, ingabo z’u Burundi hamwe n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zigamije kurimbura no kwangaza Abanyamulenge, zaraye zikubiswe mu buryo butunguranye.
Nk’uko amakuru yizewe ya Minembwe Capital News abivuga, mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01/04/2026, mu bice bya Rubemba, Gakenke na Mikenke, muri Secteur y’i Tombwe, ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zahuye n’ibitero byabaye hifashishijwe drone. Bivugwa ko benshi mu basirikare barimo bapfuye, abandi barakomereka, maze ingabo z’u Burundi zisigarana ikiborogo.
Umwe mu baturage bo muri ako gace yagize ati:
“Guhera saa kenda z’urukerera kugeza saa kumi n’imwe z’igitondo, ingabo zarimo zihondagurwa n’ibisasu bya drone. Abenshi bapfuye, abandi barakomereka. Ubu abasigaye bari mu kiborogo.”
Nubwo uwo muturage atagaragaje neza abagabye ibyo bitero ku ngabo z’u Burundi n’iza FARDC, amakuru amwe agaragaza ko drone y’ingabo za FARDC ishobora kuba yarayobye, igaba ibitero ku ngabo zabo n’iz’u Burundi. Kurundi ruhande, abakoze icyo gitero ntibaramenyekana.
Ikindi kigaragara ni uko ku mugoroba w’itariki ya 31/03/2026, drone y’ingabo za FARDC yateye ibisasu mu matungo y’Abanyamulenge, aho yishe inka 61, izindi nyinshi zigakomereka. Nubwo gukoresha drone bikwiye kwitonderwa, ibi bikorwa byongeye gutera impungenge ku mutekano w’akarere k’i Mulenge no ku mibereho y’abaturage.
Abahanga mu by’umutekano n’amateka bavuga ko ibitero nk’ibi bihungabanya cyane umutekano w’abaturage, bikanabatera ubwoba bukabije.
Aya makuru atanga ishusho y’umutekano muke utera impungenge ndetse n’ingaruka zikomeye ku buzima bw’Abanyamulenge.





