• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, August 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kagame yavuze ikibazo yobaza Tshisekedi mu gihe boramuka bongeye guhura.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 12, 2025
in Regional Politics
0
Kagame yavuze ikibazo yobaza Tshisekedi mu gihe boramuka bongeye guhura.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kagame yavuze ikibazo yobaza Tshisekedi mu gihe boramuka bongeye guhura.

You might also like

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko aramutse ahuye na perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yamubwira ko adakwiye kuba ari perezida wa kiriya gihugu cyiza, kandi ko nibongera guhura agomba kuzabimubwira amaso ku maso.

Nibyo perezida w’u Rwanda yatangaje mu kiganiro yagiranye na Mario Nawfal cyagarutse ku bibazo bimaze igihe mu Burasizuba bwa Congo.

Ibibazo biri mu Burasizuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, byanagize ingaruka ku bihugu by’ibituranyi, cyane cyane ku Rwanda, kuko umutekano warwo rimwe na rimwe ubutegetsi bw’i Kinshasa bukorana byahafi n’umutwe wa FDLR bwagiye buhiga kuwuhungabanya, ndetse bakanabuteramo ibisasu, nubwo ruhora ruri maso.

Kagame muri iki kiganiro yavuze ko ikibazo cya FDLR cyaganiriwe kenshi hagati y’u Rwanda n’ubutegetsi bwose bwagiye bubaho muri Congo, burimo n’uburiho ubu buyobowe na Tshisekedi.

Mario Nawfal yanabajije umukuru w’igihugu cy’u Rwanda icyo Tshisekedi yavuze kuri FDLR, maze amusubiza agira ati: “Ndatekereza ko afite ingengabitekerezo ya jenocide. Ni ko mbibona.”

Yamubajije kandi niba yaba yarigeze akimuganiriza, undi nawe amusubiza ko yabimuganirije inshuro nyinshi mbere yuko ibibazo biriho bigera ku rwego biriho ubu.

Kagame avuga ko kugira ngo ubu butegetsi bukemure iki kibazo ahubwo bwiyemeje gukorana n’uyu mutwe wa FDLR mu kwica Abatutsi bo mu Burasizuba bwa Congo, ariko ko bitagarukiye aho ahubwo ko banashaka guteza ibibazo u Rwanda.

Perezida w’u Rwanda avuga ko ikibazo cyarushijeho kuremera aho Tshisekedi abereye umukuru w’igihugu, nubwo inshuro zombi atigeze anatsinda amatora.

Kagame ubwo yageraga kuri iri jambo, nibwo yahise agira ati: “Nakwifuza ko atakabaye ari perezida w’igihugu cyiza cya RDC.”
Ibi yabivuze asubiza Mario Nawfal wari umaze kumubaza icyo yabwira Tshisekedi igihe baramuka bahuriye mu kiganiro cyihariye.

Kagame avuga ko Tshisekedi yazambije ibintu kubera imyitwarire ye, kandi ko ifite n’amateka, aho yahise anatanga urugero ku muryango w’Abataliyani wakoreshaga Tshisekedi i Burayi, watunguwe no kumva ko yabaye umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda yasobanuye ko umuryango w’Abataliyani nawo watangajwe no kumva ko Tshisekedi yabaye perezida, ngo kuko urabizi ko imyaka myinshi Tshisekedi yamaze mu Bubiligi, yari umushoferi wa tax (taxi voiture) , ariko ko yahakoze n’ibindi byinshi nk’ibyo, kandi nabwo yari afite imyitwarire mibi.
Yavuze ko Umutaliyani wari waramuhaye ako kazi, kuri ubu ni umusaza, yamukoreraga akazi ko kumujyanira Pizza, avuga ko ubwo uwo mugabo yumvaga iyo nkuru yahise atangara, ati koko uriya utaranakoraga neza, ibindi byo azabishobora!

Tags: KagameRdcTshisekedi
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi n'umugaba mukuru w'Ingabo z'icyo gihugu, General Prime Niyongabo, bararebana ay'ingwe bapfa amabuye...

Read moreDetails

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Intambara ihuza ingabo za RDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda nazo ngo zishobora kuyinjiramo, soma Inkuru irambuye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko mu gihe...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Auto Draft

Gen. Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe anahishyura gahunda bafitanye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi yatangaje ko igisirikare cya Uganda n'icy'u Rwanda...

Read moreDetails

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda. Imbonerakure zirwanya ihuriro rya AFC/M23/MRDP mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, zirashinja Leta y'u Burundi kuzibeshya amafaranga....

Read moreDetails

Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

Perezida Kagame yaganiriye n'abakuru b'ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, hamwe n'abandi bakuru b'ibihugu byo mu muryango wa...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa ku musirikare w’u Burundi ukomeye wafashwe mpiri na M23.

Ibivugwa ku musirikare w'u Burundi ukomeye wafashwe mpiri na M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?