• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kinshasa Yemeye Kwakira Inama Yabanyapolitike Bose kw’Isi Barwanya Leta Ya Kigali.

minebwenews by minebwenews
June 12, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida wa RDC Félix Tshisekedi aravugwa ho guhuriza hamwe abarwanya leta ya Kigali mugihugu cye.

You might also like

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye

Kabuga meurt à La Haye : l’un des hommes les plus recherchés au monde s’éteint à 90 ans

Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 12.06.2023, saa 4:17pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Abatavuga rumwe nubutegetsi bwa Kigali bo mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino ku Isi, barateganya guhurira mu nama izabera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Muruku kwezi gushize ni bwo byatangajwe ko aba barwanya leta ya Kigali bari batangaje ko bateganya guhurira muri kimwe mu bihugu bigize umugabane wa Afrika bikavugwa ko bazahura mu kwezi gutaha kwa karindwi(7).

Icyo gihe ntihigeze hatangazwa icyo gihugu icyo ari cyo, ariko amakuru yamaze kumenyekana nuko iyonama izabahuza izabera kubutaka bw’aCongo Kinshasa .

Ni nyuma y’iyabereye i Washington DC mu kwezi gushize yahuje abarwanya leta ya Kigali bari biganjemo abasanzwe baba mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada.

Aba barimo Gasana Eugène yahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni umaze igihe yarahunze ubutegetsi bwa Kigali, Charles Kambanda, Jean Paul Turayishimye wahoze ari Umuvugizi w’umutwe wa RNC n’abandi batandukanye.

Itangazo aba biyita ko bahuriye mu rugaga ruharanira ineza y’Abanyarwanda basohoye nyuma yo guhura ku wa 20.05.2023, rivuga ko icyari cyabahuje ari “guhuza amajwi hanyuma bagasaba Perezida Paul Kagame gufungura urubuga rwa Politiki ku banyarwanda bose kugira ngo bagire uruhare mu rugendo rwa Politiki y’igihugu cyabo.”

Kuri iyi nshuro aba barwanya ubutegetsi bwa Kigali bagiye guhurira muri Congo, mu gihe hashize umwaka iki gihugu kirebana ay’ingwe na leta ya Kigali.

Umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi wadutse nyuma y’igihe inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zirimo zihangana n’ingabo za Congo Kinshas(Fardc).

Kinshasa ishinja Kigali guha ubufasha uyu mutwe, ibyo u Rwanda ruhakana ahubwo rukayishinja gukorana n’umutwe wa FDLR umaze imyaka hafi 30 ufite umugambi wo kuruhungabanyiriza umutekano.

Perezida Félix Antoine Tshisekedi na we ubwe yigeze gutangaza ko ashyigikiye umugambi wo kuvanaho ubutegetsi bwa Perezida Paul Kagame yakunze kugaragaza nk’umwanzi ruharwa w’igihugu cye.

Umukuru w’igihugu cya RDC bwana Félix Tshisekedi mu mwaka ushize yabwiye urubyiruko rwo mu gihugu cye ko “Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi ni abavandimwe na bashiki bacu. Mbere na mbere bakeneye ubufasha bwacu kugira ngo bibohore. Ntaho bahuriye n’ibyo abayobozi babo babashyiraho. Ntimukabafate rero nk’abanzi, ahubwo ni abavandimwe bakeneye ubufatanye bwacu mu kwikiza no gukiza Afrika abo bayobozi babasubiza inyuma.”

Hari amakuru avuga ko Tshisekedi we ubwe yemeye guha abarwanya leta ya Kigali indege yo kubazana muri RDC ndetse n’aho gukorera inama batekanye.

Mu gihe RDC yaba yakiriye iriya nama, byitezwe ko umubano wayo n’u Rwanda ushobora gukomeza kuba mubi.

Mu bo byitezwe ko bagomba kuyitabira harimo Eugène Gasana mu kwezi gushize wakiriwe i Kinshasa na Perezida Tshisekedi.

Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyo aba bombi baganiriye; gusa bitekerezwa ko uriya wahoze ari umudipolomate w’u Rwanda yari muri gahunda yo gutegura iriya nama.

Tags: AbarwanyaInamaKigaliRdc
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki Umwuka wa politiki n’imibereho rusange urakomeje kuba mubi...

Read moreDetails

MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye

MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye Umutwe wa MRDP-Twirwaneho watangaje ko wongeye gufata ikigo cya Mikenke giherereye muri Teritwari ya Mwenga, mu...

Read moreDetails

Kabuga meurt à La Haye : l’un des hommes les plus recherchés au monde s’éteint à 90 ans

by Bahanda Bruce
May 16, 2026
0
I La Haye Hapfiriye Kabuga: Umwe mu Bantu Bashakishijwe Kurusha Abandi ku Isi

Kabuga meurt à La Haye : l’un des hommes les plus recherchés au monde s’éteint à 90 ans Félicien Kabuga, l’un des hommes d’affaires rwandais les plus influents...

Read moreDetails

Ihuriro Rikomeye ry’Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi muri RDC Ryatangaje Gutangiza Urubuga rwo Kurengera Itegeko Nshinga; Igitutu Cyiyongera kuri Félix Tshisekedi

by Bahanda Bruce
May 16, 2026
0
Ihuriro Rikomeye ry’Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi muri RDC Ryatangaje Gutangiza Urubuga rwo Kurengera Itegeko Nshinga; Igitutu Cyiyongera kuri Félix Tshisekedi

Ihuriro Rikomeye ry’Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi muri RDC Ryatangaje Gutangiza Urubuga rwo Kurengera Itegeko Nshinga; Igitutu Cyiyongera kuri Félix Tshisekedi Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kwinjira...

Read moreDetails

RDC: Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zamaganye Ibitero bya Drone bya FARDC i Mushaki n’Ubwicanyi Bukomeje Gukorerwa Abaturage i Uvira no Mu Nkengero Zaho

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
Masisi : Les FARDC Bombardent des Zones Habitées par des Civils, Faisant Plusieurs Victimes

RDC: Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zamaganye Ibitero bya Drone bya FARDC i Mushaki n’Ubwicanyi Bukomeje Gukorerwa Abaturage i Uvira no Mu Nkengero Zaho Leta Zunze Ubumwe za...

Read moreDetails
Next Post

NAIROBI: President William Ruto Announces Visa Free Restrictions To Djibouti As A Form Of Bilateral Air Agreement.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?