“Leta Yagombye Kurinda Abaturage, Ariko Yahisemo Kubarwanya” — Ubuhamya Bukomeye bw’Umunyekongo Wagaragaje Impamvu Adashyigikira Leta ya Kinshasa
Mu gihe ikibazo cy’umutekano muke gikomeje kuzahaza abaturage bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe mu baturage bakomeje gutanga ubuhamya bugaragaza uburyo batakarije icyizere ubutegetsi bwa Kinshasa n’inzego zabwo z’umutekano.
Umunyekongo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge yavuze impamvu zituma atagishyigikira Leta ya Kinshasa, asobanura ko ayibona nk’ubutegetsi bwateshutse ku nshingano zabwo zo kurinda abaturage bose nta vangura.
Uyu muturage yavuze ko impamvu ya mbere ituma atagirira icyizere Leta ya Kinshasa ari uko iyo Leta n’ingabo zayo, FARDC, ngo byagiye bifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo Mai Mai mu bikorwa byo kugaba ibitero ku baturage, aho kubarinda nk’uko bikwiye igihugu kigendera ku mategeko.
Yagize ati:
“Leta ikwiye kuba umubyeyi wa bose. Ariko twabonye abasirikare ba FARDC bafasha Mai Mai gutera abaturage aho kubarinda.”
Uyu Munyekongo yavuze ko mu mwaka wa 2017, ubwo imirwano yabaga mu gace ka Gongwa ku misozi miremire y’i Ndondo, umutwe wa Mai Mai wagabye igitero ku baturage b’Abanyamulenge, maze umutwe wa Twirwaneho ubarengera ugerageza kubatabara.
Avuga ko nyuma y’uko Mai Mai isubijwe inyuma ikagera mu gace ka Kwa Buhendwa, abasirikare ba FARDC bayobowe n’uwitwa Major Volka ngo bahise bayitera inkunga kugira ngo bongere bagabe ibitero ku Banyamulenge.
Uyu muturage yavuze ko nyuma y’imirwano, FARDC ngo yahaye Mai Mai intwaro nyinshi zirimo imbunda za machine gun zigera ku icumi ndetse n’amasasu menshi, ibintu avuga ko byakomeje guteza impungenge abaturage bo muri ako karere.
Uyu muturage yavuze kandi ko bamwe mu basirikare ba FARDC bashinjwa gukorana na Mai Mai mu bikorwa byo kunyaga abaturage amatungo yabo, cyane cyane inka z’Abanyamulenge, ndetse no gusenya imihana yabo.
Yavuze ko ibikorwa byo gutwika no gusenya amazu byabereye mu duce twinshi turimo Mibunda, Kamombo n’ahandi henshi ku misozi miremire y’i Mulenge.
Nk’uko abitangaza, ibyo bikorwa byatumye abaturage benshi bahunga ingo zabo, bamwe bakaba bamaze imyaka myinshi baba mu buhungiro cyangwa mu nkambi z’abimuwe n’intambara.
Amakimbirane hagati y’amoko atandukanye mu Ntara za Kivu y’Amajyepfo na Kivu ya Ruguru amaze imyaka myinshi, cyane cyane mu duce dutuwe n’Abanyamulenge, Babembe, Bafuliro n’andi moko ahatuye.
Ibibazo byatangiye gukaza umurego cyane nyuma y’intambara za Congo zo mu myaka ya 1996 na 1998, ubwo imitwe myinshi yitwaje intwaro yavukaga cyangwa ikinjira muri ibyo bice.
Mu myaka yakurikiyeho, imitwe nka Mai Mai, FDLR, Red Tabara n’indi yakomeje gukorera muri ako karere, ibintu byakunze gutuma abaturage bashinja Leta ya Kinshasa kunanirwa kugarura umutekano usesuye.
Abaturage bamwe bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bakunze kuvuga ko bahura n’ihezwa n’amacakubiri.
Uyu muturage yavuze ko Leta ya Kinshasa yakomeje kurangwa n’amacakubiri, aho ngo hari amoko amwe yagiye yegerezwa ubutegetsi mu gihe andi ashyirwa ku ruhande.
Yavuze kandi ko hari abasirikare benshi b’Abanyamulenge bishwe bazizwa ubwoko bwabo, ibintu yavuze ko byasize igikomere gikomeye mu miryango myinshi yo muri Kivu.
Nubwo ibi birego bikunze kuvugwa n’abaturage bamwe bo muri ako karere, ubutegetsi bwa Kinshasa bwagiye buhakana kenshi ibyo bushinjwa byo gukorana n’imitwe yitwaje intwaro cyangwa gukorera abaturage ivangura rishingiye ku moko. Gusa, bamwe mu baturage bakomeje kuvuga ko hari ubufatanye bwa hafi hagati ya Leta ya Kinshasa n’imitwe irimo Wazalendo na FDLR, umutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Uyu Munyekongo yavuze ko igihugu gikwiye kubona ubuyobozi bushya bushyira imbere uburinganire, ubutabera n’umutekano wa buri muturage.
Yashimangiye ko Leta ikwiye kuba umubyeyi wa bose, ikarinda abaturage bayo aho kubateranya cyangwa kubashyira mu kaga.
Mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu burasirazuba bwa Congo, abaturage benshi bakomeje gusaba ko habaho ibiganiro byimbitse n’ubutabera ku byaha byakozwe mu myaka yashize kugira ngo haboneke amahoro arambye mu karere.





