• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 19, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Manzi Willy, uheruka gutorerwa kuyobora umutwe wa M23 mu mahanga(diaspora), yagaragaje ububi n’ubugome bwa leta ya Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
July 3, 2024
in Regional Politics
0
Manzi Willy, uheruka gutorerwa kuyobora umutwe wa M23 mu mahanga(diaspora), yagaragaje ububi n’ubugome bwa leta ya Kinshasa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Manzi Willy, uheruka gutorerwa kuyobora umutwe wa M23 mu mahanga(diaspora), yagaragaje ububi n’ubugome bwa leta ya Kinshasa.

Ni bikubiye mu ibarwa uyu muhuza bikorwa wa M23 muri diaspora, yashize hanze akoresheje urubuga rwe rwa x, igaragaza ko abayobozi ba leta ya perezida Félix Tshisekedi batagira impuhwe nagato z’iki gihugu n’izabagituriye.

READ ALSO

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Mu minsi mike ishize nibwo M23 yahaye Manzi Willy Ngarambe inshingano zikomeye zo kuyiyobora hanze ya RDC, ndetse aza kungirizwa na Muheto Jackson afatanije na Muhire John.

Muri iyi barwa yashize hanze igaragaza ko abayobozi bakuru bo muri leta ya perezida Félix Tshisekedi, bahora bavuga ko barengera igihugu, ariko nyamara aribo bagisubiza idobwe, ndetse bakaba bagikoreramo n’ubugome ndenga kamere.

Yagize ati: “Abavuga ko barengera igihugu cyacu, mu bayobozi bo muri leta hejuru, abo nibo kandi bahindutse abagikoreramo ubugome ndenga kamere, barabesha abaturage uko bishyakiye, barasahura, barya ruswa, bahorana amagambo abiba urwango mu baturage, n’ibindi.”

Manzi Willy avuga kandi ko aba bayobozi bo muri leta ya Kinshasa barinyuma y’ubwicanyi na genocide ikomeje gukorerwa Abatutsi, haba i Kinshasa no mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Yaboneyeho kandi kwamagana abo bayobozi bo hejuru, ndetse agaragaza ko ari abantu bagomba guhagurukirwa bakarwanywa.

Ati: “Ni ngombwa ko turwanya abakora ayo mahano, kandi tukabarwanya ntabwoba dushizemo.”

Manzi Willy wotorewe kuyobora diaspora muri M23 , yahoze ari umusesenguzi n’impirimbanyi y’amahoro ku bibazo byo mu Burasirazuba bwa RDC, aho Abakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bakomeje gukorerwa genocide bazira yuko ari Abatutsi.

Uyu yagaragaje kandi ko hari abantu baheruka kwicwa mu Burasirazuba bwa RDC ngo bazizwa kuvuga igiswahili nabi, abandi muri abo bazira kuba bafite amazuru maremare, avuga ko ibyo byerekana ubugome budafite ishingiro. Muri teritware ya Lubero ku munsi w’ejo hashize hishwe abasivile bagera ku 17, bicwa na Wazalendo.

Yakomeje avuga ko Abanyekongo muri rusange bagomba kumenya ko iki ari ikibazo kireba igihugu cyose, kandi ko ababihunga nabo biba bishobora kubageraho. Anavuga kandi ko Abanyekongo bagomba kwishyira hamwe mu rwego rwo kugira ngo bahuze imbaraga, babone uko barwanya ubu bugome bwa bategetsi ba Kinshasa.

Ndetse kandi yavuze ko Abanyekongo barambiwe n’amaraso akomeje kumenekera muri iki gihugu, ikibabaje akaba amenwa n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi. Gusa, avuga ko umwuka w’impundura matwara ukomeje nawo gufata indi ntera, kandi ko bizagira amaherezo meza ku baturage baturiye iki Gihugu.

Ibarwa ya Manzi Willy inavuga ko uturere twa maze kubohozwa na M23 turimo amahoro, bityo ko abantu bagomba kuyiyoboka mu rwego rwo kwishakira umutuzo mwiza.

Avuga ko ingabo z’u muryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro, zageze muri RDC kuva mu 1999 aho zabanje gukoresha izina rya MONUC, nyuma zitwa MONUSCO mu 2010. Agaragaza ko nubwo iz’i ngabo zihari zikaba zifite n’ingengo y’imari n’abakozi bakomeye, ntibyabujije ko aka karere gashingwamo imitwe y’inyeshamba irenga 300. Avuga kandi ko iyo ngengo y’imari iza guhabwa abaturage ba Kivu, akarere kari kurushaho kugira amahoro, ndetse kandi avuga ko iyo M23 izakugenerwa bije, byari kuba byarafashije Kivu zombi, kubamo amahoro n’umutekano.

Iyi barwa ya Manzi Willy isoza ivuga ko ‘iriya mitwe y’itwaje intwaro, kandi ikorana na leta ya Kinshasa, imaze kunyaga Inka z’Abatutsi zirenga miliyoni, kandi ko ibyo Monusco yananiwe ku bihagarika, cyangwa byibuze ngo ibe yatanga iyo raporo kuri ibyo byaha bikorerwa mu maso yazo. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yirengagije ubwicanyi, no gusenya imihana y’Abatutsi ba Banyamulenge yasenywe n’iyi mitwe y’itwaje imbunda mu misozi miremire y’Imulenge. Ndetse kandi avuga ko ikibazo cy’impunzi ko kitagaragazwa neza, ahubwo ko inzego mpuzamahanga zikomeza inkuru zijyanye n’ubutegetsi bushinzwe kwimurwa kwabo.

Manzi Willy yarangije avuga ko imiryango mpuzamahanga ikomeye ko ishobora kuba y’ungukira kuri Genocide ikorerwa Abatutsi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko ukuri byanze bikunze kuzagera igihe kukazaja ahabona, kandi ku zatsinda byanze bikunze.

                MCN.
Tags: DiasporaImpirimbanyiManzi Willy NgarambeUbugome bukorwa na leta ya KinshasaYashize hanze

Related Posts

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC
Regional Politics

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

September 15, 2026
Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Next Post
I Lubero havuzwe intambara iremereye hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa.

I Lubero havuzwe intambara iremereye hagati ya M23 n'ihuriro ry'ingabo za Guverinoma ya Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 durcit sa ligne de confrontation avec le pouvoir de Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?