MINEMBWE: MPA Yasabye Ubutabazi Bwihutirwa ku Banyamulenge Basenyewe n’Ibitero
Umuryango wa Mahoro Peace Association, uhuriyemo n’Abanyamulenge batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wasohoye itangazo rikomeye risaba ubutabazi bwihutirwa ku miryango y’Abanyamulenge bivugwa ko yagarutse mu byabo nyuma yo guhunga, ariko ikahasanga ibibazo bikomeye byatewe n’imirwano n’umutekano muke mu gace ka Minembwe.
Mu itangazo ryawo, uyu muryango uvuga ko imidugudu nka Karingi, Bidegu, Lundu, Karongi na Gakenke, bivugwa ko iherutse kugerwamo n’abaturage, basanze yarasenywe cyane, aho inzu nyinshi ndetse n’insengero zangiritse bikomeye, ibihingwa bikangizwa, ndetse n’amatungo agasahurwa.
Uretse ibyangiritse ku mitungo, iryo tangazo rikomeza rivuga ko ibigo nderabuzima nabyo byangiritse bikomeye, imiti ikaba yarabuze, ibintu bikaba byaratumye abaturage ibihumbi bahura n’ibibazo bikomeye byo kubura aho kuba, ibiribwa n’ubuvuzi bw’ibanze.
Uyu muryango uvuga ko niba nta bufasha bwihuse butanzwe, hari impungenge zikomeye z’uko inzara, indwara z’ibyorezo ndetse n’impfu byakwiyongera mu baturage babangamiwe n’ibi bibazo.
Mahoro Peace Association isaba imiryango mpuzamahanga n’inzego z’ubutabazi gukurikiza amahame y’ubumuntu n’ubutabera mu gutanga ubufasha, igaragaza ko ubutabazi budakwiye kuvangura, kandi igashimangira ko ubuzima bw’Abanyamulenge bukwiye gufatwa kimwe n’ubw’abandi baturage bose.
Mu gusoza iri tangazo, uyu muryango usaba ko hakorwa ubufatanye bwihuse hagati y’inzego zitandukanye kugira ngo hakumirwe icyorezo cy’inzara n’indwara, ndetse n’ingaruka z’imirwano zikomeje kugaragara muri ako gace ka Minembwe.






