• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
August 5, 2026
in Conflict & Security
0
Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima
65
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)

You might also like

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

Amakuru Minembwe Capital News yakusanyije aturutse mu bice bya Minembwe, muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, agaragaza ko abaturage benshi bavuga ko muri iyi minsi hari ituze n’umutekano byiyongereye nyuma y’impinduka zabaye mu igenzura ry’ibice bitandukanye, aho umutwe wa MRDP-Twirwaneho uvuga ko ari wo ugenzura igice kinini cy’ako karere kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Karindwi 2026.

Nk’uko abaturage baganiriye na Minembwe Capital News babitangaza, ibikorwa by’ubuhinzi, ubworozi ndetse n’ingendo hagati y’imihana imwe n’indi byongeye gukorwa mu buryo bwisanzuye kurusha uko byari bimeze mu mezi ashize, igihe imirwano yahoraga ibera muri aka gace.

Icyakora, n’ubwo abaturage bavuga ko umutekano wifashe neza muri rusange, amakuru yageze kuri MCN kuri uyu mugoroba wo ku wa Gatatu avuga ko mu bice bya Gakenke werekeza kwa Mulima humvikanye indege ya gisirikare itagira umupilote (drone), bivugwa ko yateye ibisasu.

Kugeza igihe iyi nkuru yategurwaga, nta makuru yigenga yari yemeza neza ibyangiritse cyangwa niba hari abantu baba bahitanywe n’icyo gitero cyangwa bagakomereka.

Umwe mu baturage wavuganye na Minembwe Capital News yagize ati:

“Mukanya gato twumvise drone irasa. Ibisasu byumvikanye mu gice cya Gakenke werekeza kwa Mulima, muri Teritwari ya Fizi. Turacyategereje kumenya niba hari ibyangiritse.”

Mu mezi ashize, MRDP-Twirwaneho yatangaje ko yigaruriye ibice bitandukanye byo muri Minembwe no muri Secteur ya Itombwe, birimo Mikenke, Bilalombili, Gipupu, Giseke n’utundi duce twinshi.

Uyu mutwe kandi uvuga ko ugenzura ibice byo muri Teritwari ya Fizi birimo Rwitsankuku, Point Zero na Kwa Mulima, ndetse n’ibice byo muri Secteur ya Lulenge birimo Kimete, Kabanju n’ahandi.

Abaturage baganiriye na Minembwe Capital News bavuga ko nyuma y’izi mpinduka bumva bafite ituze kurusha mbere, kandi ko hari abari baravuye mu byabo batangiye gusubira mu ngo zabo no kongera ibikorwa byabo bya buri munsi.

Hari bamwe bavuga ko bishimiye uko ubuzima bwifashe muri iki gihe ugereranyije n’amezi yabanje, yaranzwe n’imirwano ikomeye hagati y’impande zitandukanye zari zihanganye muri aka karere.

Muri rusange, n’ubwo hari abaturage bavuga ko umutekano wifashe neza muri Minembwe no mu nkengero zayo, ikibazo cy’umutekano kiracyakomeje kuba ihurizo kubera ibitero bya drone n’imirwano ishobora kongera kubura igihe icyo ari cyo cyose. Abasesenguzi bemeza ko amahoro arambye azagerwaho binyuze mu biganiro bya politiki no guhagarika imirwano hagati y’impande zose zihanganye.

Iyi nkuru iracyakurikiranwa, kandi Minembwe Capital News izakomeza kubagezaho amakuru yizewe uko agenda avugururwa.

Tags: DroneMinembwe
Share26Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie...

Read moreDetails

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

"Ville Morte" i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe ibikorwa hafi ya byose...

Read moreDetails

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23 Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri...

Read moreDetails

Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

Kivu y'Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n'Ingendo Bigeze mu Marembera Mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Nyuma y’Amezi Ihagaritse Imirwano, CRP ya Thomas Lubanga Yongeye Kurasa: FARDC Itangaza Igihombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Nyuma y’Amezi Ihagaritse Imirwano, CRP ya Thomas Lubanga Yongeye Kurasa: FARDC Itangaza Igihombo

Nyuma y'Amezi Ihagaritse Imirwano, CRP ya Thomas Lubanga Yongeye Kurasa: FARDC Itangaza Igihombo Umwuka w'umutekano wongeye kuzamo igitotsi mu Ntara ya Ituri nyuma y'imirwano ikomeye yabereye ku misozi...

Read moreDetails
Next Post
Gen. Kabarebe Yahishuye Uruhare rwa Perezida Kagame mu Kumenyekanisha Tshisekedi ku Isi

Gen. Kabarebe Yahishuye Uruhare rwa Perezida Kagame mu Kumenyekanisha Tshisekedi ku Isi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco MRDP-TWIRWANEHO Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?