MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bafashe Agace k’Ingenzi Kari Indiri y’Ingabo Za Leta ya Kinshasa muri Fizi
MRDP-Twirwaneho ifatanyije n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ikomeje kwagura ibice igenzura mu misozi ya Minembwe no muri Teritwari ya Fizi. Amakuru ava ku rugamba avuga ko ku Cyumweru, tariki ya 05/07/2026, bafashe agace ko Kwa Mulima, kamaze igihe gafatwa nk’ikirindiro gikomeye cy’ingabo zishyigikiye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Amakuru yizewe Minembwe Capital News yahawe n’amasoko ari hafi y’ibibera ku rugamba avuga ko ingabo za MRDP-Twirwaneho ziyobowe na Gen. Charles Sematama, zifatanyije n’ingabo za AFC/M23, nyuma yo gufata Point Zero, zakomeje zibohora agace ko Kwa Mulima, bityo zigenzura ibice bifite akamaro gakomeye mu rwego rwa gisirikare n’ubwikorezi.
Kwa Mulima ni hamwe mu hantu hari hahungiye ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, zirimo FARDC, ingabo z’u Burundi (FDNB), imitwe ya Wazalendo, umutwe wa P5 uvugwa ko ufitanye isano na Kayumba Nyamwasa, ndetse n’abarwanyi ba FDLR.
Aya makuru akomeza avuga ko nyuma yo gutsindwa mu bice bya Minembwe, Mikenke, Bilalombili, Rwitsankuku na Point Zero, izo ngabo zasubiye inyuma zihungira i Kwa Mulima mu rwego rwo kongera kwisuganya no gukomeza ibikorwa bya gisirikare. Icyakora, amakuru ava muri ako gace avuga ko na ho zaje kuhavanwa nyuma y’imirwano ikaze.
Abakurikiranira hafi ibibera muri ako karere bavuga ko ifatwa rya Kwa Mulima rifite uburemere bwihariye, kubera ko aka gace kari ku muhanda uhuza Uvira, Baraka na Minembwe, inzira ifatwa nk’ingenzi mu gutwara ibikoresho bya gisirikare no koroshya urujya n’uruza muri aka karere.
Bamwe mu baturage batuye hafi y’aho imirwano yabereye bavuga ko nyuma y’iyo mirwano, ingabo zari ku ruhande rwa Leta zasubiye inyuma zerekeza mu bindi bice, mu gihe MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 zakomeje gushimangira igenzura ry’ibice zimaze gufata.
Ku ruhande rwa Leta ya RDC, kugeza mu gihe iyi nkuru yandikwaga, nta tangazo rirambuye ryari ryatangajwe ryemeza cyangwa rihakana ifatwa ryo Kwa Mulima.
Ifatwa ry’aka gace rikomeje kugaragazwa nk’iryongera ku bindi bice MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 zimaze kugenzura mu misozi ya Minembwe no muri Teritwari ya Fizi, ibintu bishobora kugira ingaruka ku ishusho y’imirwano n’igenzura ry’uturere tumwe two muri Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru akubiye muri iyi nkuru ashingiye ku byatangajwe n’amasoko yizewe ari hafi y’ibibera ku rugamba. Minembwe Capital News ikomeje gukurikirana uko ibintu bihagaze kandi izakomeza kubagezaho amakuru uko agenda avugururwa.






