Nyuma y’igihe atagaragara, Guverineri Jean-Jacques Purusi Sadiki yagarutse i Uvira, ashimangira ko umutekano n’amahoro ari byo bizashyirwa imbere
Nyuma y’igihe kitari gito atagaragara mu bikorwa bya buri munsi by’ubuyobozi, Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo uyobora igice kigengwa na Leta ya Kinshasa, Jean-Jacques Purusi Sadiki, yagarutse mu mujyi wa Uvira, ahakorera ubuyobozi bw’agateganyo bw’Intara.
Uku kugaruka kwe kubaye mu gihe abaturage ndetse n’abayobozi bakomeje guhangayikishwa n’ikibazo cy’umutekano muke ndetse n’ubushyamirane bukomeje kugaragara mu bice bitandukanye by’Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Guverineri Purusi Sadiki yageze i Uvira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 04/08/2026, avuye i Kinshasa aho yari amaze igihe gito nyuma yo guhamagazwa kugira ngo atange ibisobanuro ku birego yari akurikiranyweho birimo ibyerekeye imikoreshereze y’umutungo wa Leta.
Nk’uko amakuru abitangaza, Guverineri Purusi Sadiki yanyuze ku mupaka wa Gatumba mu Burundi, ahita yinjira ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mbere yo kugera mu mujyi wa Uvira.
Yakiriwe n’abantu benshi barimo abayobozi ba Leta, inzego z’umutekano, abahagarariye abaturage ndetse n’abaturage b’i Uvira bari baje kumwakira no kumugaragariza ko bari bamwiteguye.
Mu kiganiro yahaye abanyamakuru akimara kugera i Uvira, Jean-Jacques Purusi Sadiki yasobanuye ko kuba yari amaze igihe atagaragara muri iyi ntara byatewe n’impamvu ebyiri z’ingenzi.
Yavuze ko yari afite inshingano z’akazi i Kinshasa, aho yagombaga kugirana ibiganiro n’abayobozi bakuru b’igihugu ku bibazo bireba Kivu y’Amajyepfo, cyane cyane ibirebana n’umutekano, imiyoborere ndetse n’imishinga y’iterambere.
Yanavuze ko muri icyo gihe yari afite ikibazo cy’ubuzima, ariko ko nyuma yo kubona ubuvuzi no kugarura imbaraga, yongeye gusubira mu kazi kugira ngo akomeze inshingano ze zo kuyobora Intara.
Nk’uko Guverineri Purusi Sadiki yabitangaje, igihe yari i Kinshasa yagiranye ibiganiro n’inzego nkuru z’igihugu, harimo na Perezida wa Repubulika, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, ku buryo bwo gukomeza guhangana n’umutekano muke no kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.
Yavuze ko Perezida Tshisekedi yamuhaye amabwiriza mashya ndetse amwizeza ko ibikorwa bigamije kugarura amahoro bizakomeza.
Yongeyeho ko inzira y’ibiganiro n’ubufatanye hagati y’Abanyekongo ari imwe mu nzira zishobora gufasha mu kurangiza amakimbirane amaze igihe ahungabanya abaturage.
Kugaruka kwa Jean-Jacques Purusi Sadiki i Uvira bishimangira ko yongeye gufata inshingano zo kuyobora ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’igihe ibikorwa bya buri munsi byari bikomeje gukurikiranwa n’abandi bayobozi barimo Visi-Guverineri Jean-Jacques Elakano ndetse n’abandi bagize Guverinoma y’Intara.
Mu ijambo rye, Guverineri Purusi yashimiye abamwungirije ndetse n’abandi bayobozi bakomeje imirimo ya Leta mu gihe atari ahari.
Yagaragaje ko kimwe mu by’ingenzi azashyira imbere ari ugukomeza ibikorwa byo gushimangira imiyoborere myiza, kugarura ituze no gufasha abaturage bahuye n’ingaruka z’umutekano muke.
Kugaruka kwa Guverineri Purusi Sadiki kubaye mu gihe Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano, cyane cyane mu bice bya Fizi, Uvira na Mwenga.
Guverineri Purusi Sadiki yashimangiye ko umutekano w’abaturage ari wo uzaba ku isonga mu byo azibandaho. Yashimiye ingabo za FARDC, Polisi y’igihugu ya Congo (PNC) ndetse n’abitwa Wazalendo ku bw’ibikorwa byabo byo kurinda abaturage, nubwo bamwe mu baturage bakomeje gutunga agatoki bamwe mu bafite intwaro ko nabo bagira uruhare mu bibazo by’umutekano muke bikomeje kugaragara i Uvira, Baraka no mu bindi bice.
Mu gusoza ubutumwa bwe, Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo yasabye abaturage bose, abayobozi ba politiki, imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’abahagarariye amashyirahamwe y’abaturage gushyira hamwe kugira ngo Intara ibashe kuva mu bihe by’umutekano muke.
Yashimangiye ko amahoro adashobora kugerwaho n’umuntu umwe gusa, ahubwo ko asaba uruhare rwa buri Munyagihugu mu gushyigikira ibikorwa byose bigamije kugarura ituze n’umutekano urambye.


Minembwe Capital News (MCN)





