Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Nyuma y’uko M23 igaragaje imbaraga zidasanzwe muri teritware ya Lubero, uyu munsi Wazalendo biraye mu baturage bica abasivile bagera ku 17.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 2, 2024
in Regional Politics
0
Nyuma y’uko M23 igaragaje imbaraga zidasanzwe muri teritware ya Lubero, uyu munsi Wazalendo biraye mu baturage bica abasivile bagera ku 17.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abantu bagera ku 17 baguye mu bitero byagabwe mu duce two muri teritwari ya Lubero.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02/07/2024, abantu bagera ku 17 baguye mu bitero bya gabwe i Lubero mu masaha y’igitondo cyakare, nk’uko byatangajwe n’amashyirahamwe aturiye ibyo bice.

Ibikorwa by’u bugizi bwa nabi byarushijeho kwiyongera, nyuma y’uko m23 ifashye centre ya Kanyaboyonga, Localite ya Miriki, Kayina na Kirumba zoze ziherereye muri teritwari ya Lubero.

Amasoko atandukanye ya MCN avuga ko, ibyo bitero biri guhitana abantu biri gukorwa n’udutsiko tw’insoresore za Wazalendo, two muri teritwari ya Lubero izindi zikaba ziri muri teritwari ya Beni.

Mu gitondo cyo ku Cyumweru izi nsoresore zatwitse imodokari z’ishyirahamwe Tearfund zavaga mu mujyi wa Butembo zerekeza muri teritwari ya Beni aho abakozi b’iryo shyirahamwe ritabogamiye kuri leta bagera kuri 4 bahatakarije ubuzima, abandi barashimutwa.

Abo bishwe ubwo bahunga umwuka mubi wari utangiye gusatira aho bari bacumbitse muri iyo teritware.

Mw’itangazo ry’ishyirahamwe Tearfund, ishyami ry’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ry’umvikanishije ko abakozi byaryo bane bishwe abandi bagakomereka bikabije, imodokari zabo zitanu ziratwikwa.

Abinyujije ku mbuga nkoranya mbaga, bwana Bruno Le marquis umuyobozi w’iri shyirahamwe avuga ko kuva aho umutekano muke ukomeje kwiyongera i Lubero n’ahandi, abakozi b’uyu muryango bakomeje kugenda bibasirwa n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Uyu muyobozi arasaba impande zombi zihanganye gukumira ibibazo bafitanye bityo abaturage bagatura mu mahoro n’umutekano bidakemangwa.

Sosiyete sivile yo muri teritware ya Lubero yemeza ko nyuma y’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyakorewe b’iryo shyirahamwe, abandi 18 bahitanywe n’izo nsoresore mu masaha yo mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Kabiri. Aba nabo bakekwagaho kuba bafatanyije na m23 ubu ikomeje kwegera uyu mujyi w’ubucuruzi w’intara ya Kivu Yaruguru.

Iryo shyirahamwe rivuga ibyo bintu ntaho bihuriye n’ubwicanyi bumaze iminsi bukorerwa muri teritware ya Beni aho ADF ikomeje kugenda yica abaturage.

Ubuyobozi bwa Sosiyete sivile ku rwego rw’i ntara bwo bugasaba leta gufata ingamba zikomeye mu rwego rwo gukumira icyo yise ivangura moko.

Kuba m23 ikomeje kugenda isatira ibice bitandukanye bya teritware ya Lubero bitera impungenge leta ya Kinshasa, ndetse n’abanyapolitiki batandukanye ko ishobora gufata akarere kose.

Depite Kambale Bowazi watowe n’abaturage ku rwego rw’i ntara, asaba leta gukora ibishoboka byose igasubiza inyuma ibitero bya m23 atinya ko ishobora gufata Lubero yose, ndetse na teritware ya Beni bidasize intara ya Ituri.

Ibi bikorwa bibi bikorwa na Wazalendo, byatumye amashyirahamwe atandukanye yakoreraga muri ibyo bice, atangira kwimura abakozi bayo abajana mu bice bigaragaramo agahenge ka mahoro.

                MCN.
Tags: 17Abaturage bishwe na WazalendoLubero
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Manzi Willy, uheruka gutorerwa kuyobora umutwe wa M23 mu mahanga(diaspora), yagaragaje ububi n’ubugome bwa leta ya Kinshasa.

Manzi Willy, uheruka gutorerwa kuyobora umutwe wa M23 mu mahanga(diaspora), yagaragaje ububi n'ubugome bwa leta ya Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?