• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, August 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Félix Tshisekedi yagenewe ubutumwa bukomeye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.

minebwenews by minebwenews
June 21, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Félix Tshisekedi yagenewe ubutumwa bukomeye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi yagenewe ubutumwa bukomeye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.

You might also like

Bujumbura: Inama Mpuzamahanga y’Amahoro Ihuriyemo Urubyiruko rwa RDC, Mu Gihe Ikibazo cy’Abanyamulenge Kiri Mu Maso y’Akarere

AFC/M23 Itangaje Ikibazo Gikomeye Nyuma y’Irekurwa ry’Abafungwa 15: “6 Nta Ho Bahuriye Natwe”

Ese FNL Yaba Igana ku Ntambara Nshya? Gen. Nzabampema Yongeye Kugaragaza Umugambi wo Kurwanya Ubutegetsi bwa CNDD-FDD

Nibyo perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavugiye mu kiganiro yagiranye n’igitangaza makuru cya France 24, avuga ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’uwarushozaho intambara uwo ari we wese, n’iyo yaba ari Repubulika ya demokarasi ya Congo yabyeruye kenshi ko yifuza kubikora nk’uko byakunze kuvugwa na perezida wayo, Félix Tshisekedi, avuga kandi ko aherutse no kubisubiramo, avuga ko azatera u Rwanda, Paul Kagame yemeza ko ibyo adashobora kubifata nk’imikino.

Muri iki kiganiro umunyamakuru yagarutse ku byakunze kuvugwa na perezida Félix Tshisekedi ko azatera u Rwanda agamije gukuraho ubutegetsi buriho, abaza perezida Kagame niba u Rwanda rwaba rwiteguye kurwana urwo rugamba.

Kagame yavuze ko hagendewe ku byakunze kuvugwa na perezida Félix Tshisekedi, ndetse akaba anaherutse kubibwira iki kinyamakuru cya Jeunne Afrique, yavuze ko yifuza gutera u Rwanda agakuraho ubutegetsi buriho , n’ibindi byinshi. Umuntu uvuga nk’ibyo mu bibazo nk’ibi, ku ruhande rumwe ushobora gutekereza ko ari kwivugira cyangwa wenda adafite ikindi cyo kuvuga, ariko nanone tugendeye ku mateka yacu, nta kintu nakimwe dufata nk’i mikino.

Umunyamakuru yahise abaza perezida Kagame niba u Rwanda rwiteguye kuba rwarwana urwo rugamba igihe rwashozwaho n’iki gihugu cyagaragaje kenshi ko cyifuza kurutera.

Perezida Paul Kagame yavuze ko yaba iki gihugu cyifuza gutera u Rwanda cyitwaje “ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo byaza bigahungabanya umutekano wacu, cyangwa ibindi byaturuka ahandi hose, twiteguye kurwana, kuko turiho kuko ari twe twarwaniye uburenganzira bwacu bwo kubaho.”

Yakomeje avuga ko ubusugire bw’u Rwanda ari ntakorwaho ku buryo uwo ari we wese wahirahira kubutokoza, iki gihugu gihagaze bwuma kuba cyaburwanira.

Yagize ati: “Ntakwirirwa tubinyura ku ruhande rwose, uwahirahira avogera ubusugire bwacu, rwose tuzirwanaho, ntabwo ari ibanga.”

Kagame kandi yabajijwe niba nta mpungenge zihari zo kuba u Rwanda rwazafatirwa ibihano nk’uko n’ubundi byakunze gusabwa n’abategetsi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko amateka iki gihugu cyanyuzemo arimo atuma kidashobora gukangwa n’ibije byose, kuko cyayavomyemo amasomo yatuma gishobora kubaho no mu bihe bigoye.

Yamusubije amumara impungenge, ati: “Reka nkubwire rwose, tugendeye ku mateka yacu n’ibihe twaciyemo bikadukomeza bikaduhindura abo turibo uyu munsi, tugaca mu bigoye no kuturenganya, tutitaye ku wo ari we wese, ubu ntakidutera ubwoba.”

Ibi birego by’ibinyoma byakunze gushinjwa u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23, byagiye binashyigikirwa n’amahanga arimo umuryango w’Abibumbye, n’ibihugu nk’u Bufaransa na leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Perezida Paul Kagame yavuze ko ibivugwa n’umuryango mpuzamahanga byose bidakwiye kumirwa bunguri ngo abantu bumva ko ari ukuri.

Ati: “Kubera ko gusa ari umuryango mpuzamahanga, ntibivuze ko wakwemera buri cyose bavuze , biba bigomba kuzana n’ibimenyetso, ni nabyo twakunze kuvuga.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abahora bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, bari bakwiye kubanza kumva ikibazo cy’uyu mutwe, n’icyatumye uvuka, n’icyo urwanira, ubundi baba bifuriza ineza Congo koko, bagashaka umuti w’iki kibazo.

              MCN.
Tags: Paul KagameTshisekedi TshilomboUbutumwa
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Bujumbura: Inama Mpuzamahanga y’Amahoro Ihuriyemo Urubyiruko rwa RDC, Mu Gihe Ikibazo cy’Abanyamulenge Kiri Mu Maso y’Akarere

by Bahanda Bruce
August 10, 2026
0
Bujumbura: Inama Mpuzamahanga y’Amahoro Ihuriyemo Urubyiruko rwa RDC, Mu Gihe Ikibazo cy’Abanyamulenge Kiri Mu Maso y’Akarere

Bujumbura: Inama Mpuzamahanga y’Amahoro Ihuriyemo Urubyiruko rwa RDC, Mu Gihe Ikibazo cy’Abanyamulenge Kiri Mu Maso y’Akarere MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe Afurika ikomeje gushakisha ibisubizo birambye ku...

Read moreDetails

AFC/M23 Itangaje Ikibazo Gikomeye Nyuma y’Irekurwa ry’Abafungwa 15: “6 Nta Ho Bahuriye Natwe”

by Bahanda Bruce
August 10, 2026
0
AFC/M23 Itangaje Ikibazo Gikomeye Nyuma y’Irekurwa ry’Abafungwa 15: “6 Nta Ho Bahuriye Natwe”

AFC/M23 Itangaje Ikibazo Gikomeye Nyuma y’Irekurwa ry’Abafungwa 15: “6 Nta Ho Bahuriye Natwe” Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko abantu 15 barekuwe na Leta ya Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Ese FNL Yaba Igana ku Ntambara Nshya? Gen. Nzabampema Yongeye Kugaragaza Umugambi wo Kurwanya Ubutegetsi bwa CNDD-FDD

by Bahanda Bruce
August 10, 2026
0
Ese FNL Yaba Igana ku Ntambara Nshya? Gen. Nzabampema Yongeye Kugaragaza Umugambi wo Kurwanya Ubutegetsi bwa CNDD-FDD

Ese FNL Yaba Igana ku Ntambara Nshya? Gen. Nzabampema Yongeye Kugaragaza Umugambi wo Kurwanya Ubutegetsi bwa CNDD-FDD MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umwuka wa politiki n’umutekano mu Burundi wongeye...

Read moreDetails

“Igihe Kirageze ngo Abarundi Bahindure Ubutegetsi”: Pamella Wavuye muri Canada Ajya muri Red-Tabara Yatanze Ubutumwa Bukomeye

by Bahanda Bruce
August 9, 2026
0
“Igihe Kirageze ngo Abarundi Bahindure Ubutegetsi”: Pamella Wavuye muri Canada Ajya muri Red-Tabara Yatanze Ubutumwa Bukomeye

“Igihe Kirageze ngo Abarundi Bahindure Ubutegetsi”: Pamella Wavuye muri Canada Ajya muri Red-Tabara Yatanze Ubutumwa Bukomeye MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umurundikazi witwa Pamella Mubeza, uheruka kuva muri Canada...

Read moreDetails

Byakomeye: Abasirikare b’u Burundi Bivugwa ko Basabye Kuvanwa ku Rugamba muri RDC — Dore Ibikubiye muri Iyi Nkuru

by Bahanda Bruce
August 8, 2026
0
Byakomeye: Abasirikare b’u Burundi Bivugwa ko Basabye Kuvanwa ku Rugamba muri RDC — Dore Ibikubiye muri Iyi Nkuru

Byakomeye: Abasirikare b’u Burundi Bivugwa ko Basabye Kuvanwa ku Rugamba muri RDC — Dore Ibikubiye muri Iyi Nkuru MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Amakuru akomeje guturuka mu burasirazuba bwa...

Read moreDetails
Next Post
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21/06/2024, mu nkengero za Kanyabayonga habereye urugamba ruremereye.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21/06/2024, mu nkengero za Kanyabayonga habereye urugamba ruremereye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?