Perezida Lula Yikomye Politiki ya Trump, Ayibona Nk’ishobora Guteza Isi Ibibazo Bikomeye
Perezida wa Brésil, Luiz Inácio Lula da Silva, yatangaje ko politiki ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, iri gushyira mu kaga ubukungu bw’isi muri rusange, aho kuyubakira ibisubizo birambye.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki ya 16/04/2026, Lula yagaragaje impungenge zikomeye ku cyerekezo cya politiki ya Amerika, cyane cyane ku bijyanye n’imikoranire mpuzamahanga n’imicungire y’umutekano w’isi.
Lula yavuze ko imyitwarire ya Trump ishingiye ku gukoresha imbaraga za Amerika mu bukungu, mu gisirikare no mu ikoranabuhanga nk’aho ari byo byonyine bigena amategeko ku isi, ishobora guteza ingaruka zikomeye.
Yagize ati:
“Arimo gukina umukino uteje akaga cyane. Yizera ko ubushobozi bwa Amerika bushobora kugena byose, ariko ibi bishobora kuyigarukira.”
Yongeyeho ko ibyemezo bifatwa mu buryo bwihuse, cyane cyane ibijyanye n’intambara cyangwa ibihano by’ubukungu, bishobora guhungabanya isoko mpuzamahanga.
Kimwe mu byo Lula yibanzeho ni izamuka rikabije ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ryatewe n’umwuka mubi wa politiki hagati ya Amerika na Iran. Yagaragaje ko icyemezo cyo gutera Iran cyafashwe na Trump gishobora kuba cyarazamuye ibiciro ku rwego rutari rwitezwe.
Mbere y’uko umwuka w’intambara uzamuka hagati ya Iran na Amerika, igiciro cya peteroli idatunganyije cyari hafi ya 70$ ku kagunguru. Ariko mu kwezi kwa gatatu 2026, cyarazamutse cyane, bituma ubukungu bw’ibihugu byinshi buhungabana, cyane cyane ibikiri mu nzira y’amajyambere.
Nyuma y’uko hatangajwe agahenge hagati ya Israel na Lebanon, isoko rya peteroli ryatangiye kugaragaza impinduka nziza.
Tariki ya 16/04/2026, igiciro cya Brent crude oil cyari cyamanutse kigera hafi kuri 88$, ikimenyetso cy’uko amahoro make ashobora gutuma ubukungu bw’isi bwongera gutuza.
Lula yashimangiye ko isi ikeneye ubuyobozi bushingiye ku bufatanye aho kuba ku gitugu cyangwa ku nyungu z’igihugu kimwe. Yibukije ko ibibazo by’ubukungu n’umutekano ari iby’isi yose, bityo bigasaba ibisubizo bihuriweho.
Mu gihe ibihugu bikomeye bikomeje gufata ibyemezo bifite ingaruka ku isi yose, amagambo ya Lula agaragaza impungenge z’ibihugu byinshi bikomeje kwibaza ku hazaza h’umutekano n’ubukungu mpuzamahanga.






