• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi Yasobanuye Impamvu Ingabo za FARDC Zatsinzwe na AFC/M23 muri Uvira

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 22, 2025
in Regional Politics
0
RDC mu Kaga ka Dipolomasi, Félix Tshisekedi Yimwa Ijambo mu Nama Idasanzwe ya SADC
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi Yasobanuye Impamvu Ingabo za FARDC Zatsinzwe na AFC/M23 muri Uvira

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko u Rwanda n’umutwe witwaje intwaro wa AFC/M23 bishe ku mugaragaro Amasezerano ya Washington agamije amahoro n’iterambere. Yashimangiye ko kwigarurira umujyi wa Uvira, mu burasirazuba bwa RDC, ari igitero “cyateguwe kandi gikorwa ku bushake.”

Ibi yabivugiye mu ijambo rye ryo kuri iki Cyumweru, mu nama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bo mu karere, yari igamije gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro.

Perezida Tshisekedi yibukije ko tariki ya 04/12/2025, Leta ya RDC yashyize umukono ku masezerano ya Washington ajyanye n’amahoro n’iterambere. Gusa, ngo bitarenze amasaha 48 ayo masezerano asinywe, umujyi wa Uvira wafashwe n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’abarwanyi ba M23. Ibi, yavuze ko binyuranyije n’agahenge kari kemejwe, n’amasezerano yashyizweho umukono, Amahame Shingiro y’Umuryango w’Abibumbye, ay’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, ndetse n’Icyemezo cya 2773 cy’Inama y’Umutekano ya Loni.

Umukuru w’Igihugu cya Congo yasobanuye ko Ingabo za Leta ya RDC (FARDC) zikuye mu mujyi wa Uvira mu buryo bwa gisirikari (retrait tactique), mu rwego rwo kwirinda ingaruka zikomeye ku basivili, bitewe n’ikoreshwa ry’intwaro zidatoranya, zirimo n’indege zitagira abapilote (drones) n’ibisasu biremereye. Yashimangiye ko icyo cyemezo kitari ikimenyetso cy’intsindwa cyangwa intege nke, ahubwo cyari igikorwa kigamije kurengera ubuzima bw’abaturage.

Perezida Tshisekedi yifashishije raporo iheruka y’impuguke za Loni, igaragaza ko ku butaka bwa RDC habarirwa abasirikare b’u Rwanda barenga ibihumbi birindwi (7.000). Yongeyeho ko inzego z’umutekano za Congo zanditse kandi zigaragaza ko abasirikare b’u Rwanda barenga ibihumbi bitatu (3.000) binjiye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mbere y’ibyabereye i Uvira.

Yagaragaje impungenge zikomeye ku ngaruka z’ubutabazi, kwimurwa ku gahato kw’abaturage, gusenywa kw’ibikorwaremezo bya gisivili, no kubangamirwa kw’itangwa rya serivisi z’ubuvuzi. Yanavuze kandi ko hari amasasu yarenze imbibi za RDC akagera ku butaka bw’u Burundi, ibintu byateje impungenge zo kwaduka kw’intambara yo mu karere kose.

Ku bwe, ibyo bikorwa bigamije gusenya icyizere n’icyubahiro by’imigambi y’amahoro iri gushyirwa mu bikorwa, yaba iya Washington, iya Doha cyangwa iya Lomé. Yongeye kandi kwamagana itangazo ry’umutwe wa AFC/M23 rivuga ko wikuye mu mujyi wa Uvira, avuga ko ritajyanye n’ukuri kugaragara ku butaka, ashimangira ko hakiri abarwanyi bitwaje intwaro muri uwo mujyi no mu nkengero zawo.

Ku rundi ruhande, mu burasirazuba bwa RDC, umutwe wa AFC/M23 watangaje ko watangiye kwikura mu mujyi wa Uvira, wafashwe mu cyumweru gishize nyuma y’imirwano ikaze yawuhuje n’ingabo za Leta ya Congo. Uwo mutwe wavuze ko kwikuramo bikorwa mu buryo bukurikije ibisabwa, watangiye ku wa Gatatu tariki ya 17/12/2025 nimugoroba, nk’uko watangaje.

Ibi byose bikomeje kongera umwuka mubi mu burasirazuba bwa RDC, mu gihe amahanga akomeje gusaba ko amasezerano y’amahoro yubahirizwa n’impande zose, hagamijwe kurengera abasivili no kwirinda ko amakimbirane yaguka akagera ku rwego rw’akarere.

Tags: FardcTshisekediYatsinzwe
Share36Tweet23Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Dore uko imyigaragambyo iteguye n’uko iteganyijwe kugenda i Uvira mu kwamagana amahanga

Dore uko imyigaragambyo iteguye n’uko iteganyijwe kugenda i Uvira mu kwamagana amahanga

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?