Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 26, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Paul Kagame kuri ubu uri kwiyamamaza ku mwanya w’u mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, umukandida w’ishyaka rya RPF Inkotanyi, yagaragaje ko hari umuntu wigeze ku mubaza niba ari umuhutu cyangwa umututsi, abisobanura ko yabimubajije nabi mu buryo bugaragaza ko nta mateka y’u Rwanda azi, nk’uko tubikesha igitangaza makuru cya Igihe.

Iki kiganiro perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25/06/2024, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Nyarugenge.

Muri icyo kiganiro Paul Kagame yavuze ko nta kimutera ishema nko kuba ayoboye ishyaka rya RPF Inkotanyi n’Abanyarwanda muri rusange bafite ubushake kandi bashoboye.

Aha Inyarugenge abaturage bari bamwitabye bari abantu babarirwa mu ibihumbi 300, Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwanyuze mu mateka akomeye ariko yashibutsemo ubutwari.

Yagize ati: “Iki gihugu cyacu mureba cyagize amateka mabi, cyanyuze muri byinshi biteye agahinda, amateka yatwambuye abacu. Abantu bagira igihe cyabo bakagenda ariko gutwarwa n’undi muntu, ubuzima bwawe bukarangizwa n’undi muntu, ntabwo ari byo. Rero niyo mpamvu bitantangaza ko u Rwanda rwanyuze muri biriya rwashibukamo abantu nka mwe, abantu nka twe, ariko ibyo ni ibikwiye guhoraho, bikwiye guhora biranga u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo u Rwanda rukomeze kurangwa n’ubu butwari hari icyo bisaba.

Ati: “Ibyo rero kugira ngo bihoreho, Abanyarwanda bahitamo neza, bumva neza, Abanyarwanda bakora neza. Twagize Imana rero muri ya mpinduka y’amateka tugiramo RPF.”

Kagame yavuze ko Abanyarwanda nibakomeza kurangwa n’iyi myitwarire y’u butwari bazagera kuri byinshi bizacecekesha n’abirirwa bibasira u Rwanda.

Yifashishije urugero rw’ibyamubayeho, Kagame yagaragaje ko hari nabibasira u Rwanda batazi amateka yarwo kuko hari uwigeze kumubaza niba ari Tutu (ashaka kuvuga Hutu) cyangwa Hutsi( ashaka kuvuga Umututsi).

Ati: “Ariko ko benshi banatuvuga batanatuzi. Hari uwigeze kumbaza ngo ariko uri iki wewe? Ngo uri Tutu (umuhutu) cyangwa uri Hutsi(umututsi)? Ntazi n’ibyo ari byo ariko arambaza, ndamubwira nti ‘njye mu Rwanda ndi ibyo byose ariko n’ibindi utavuze.”

Ubwo yashakaga kumbaza niba ndi Umuhutu cyangwa Umututsi ariko ngo Tutu cyangwa Hutsi, ndamubwira nti ‘ni ibyo byombi ariko n’ibindi ‘, nti ‘ariko ibyo byose bikubiye mu kuba Umunyarwanda nti ‘ndi Umunyarwanda.”

Kagame yasabye Abanyarwanda kubaha abo banyamahanga gusa nabo bakubahwa nabo.

Ati: “Mubane nabo, mubahe agaciro, mububahe ariko gusa ari uko nabo babahaye agaciro kandi banabubashye.”

            MCN.
Tags: Hutu cyangwa TutsiIgisubizoPaul KagameRwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n’abantu.

Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n'abantu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?