Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 26, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Paul Kagame kuri ubu uri kwiyamamaza ku mwanya w’u mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, umukandida w’ishyaka rya RPF Inkotanyi, yagaragaje ko hari umuntu wigeze ku mubaza niba ari umuhutu cyangwa umututsi, abisobanura ko yabimubajije nabi mu buryo bugaragaza ko nta mateka y’u Rwanda azi, nk’uko tubikesha igitangaza makuru cya Igihe.

Iki kiganiro perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25/06/2024, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Nyarugenge.

Muri icyo kiganiro Paul Kagame yavuze ko nta kimutera ishema nko kuba ayoboye ishyaka rya RPF Inkotanyi n’Abanyarwanda muri rusange bafite ubushake kandi bashoboye.

Aha Inyarugenge abaturage bari bamwitabye bari abantu babarirwa mu ibihumbi 300, Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwanyuze mu mateka akomeye ariko yashibutsemo ubutwari.

Yagize ati: “Iki gihugu cyacu mureba cyagize amateka mabi, cyanyuze muri byinshi biteye agahinda, amateka yatwambuye abacu. Abantu bagira igihe cyabo bakagenda ariko gutwarwa n’undi muntu, ubuzima bwawe bukarangizwa n’undi muntu, ntabwo ari byo. Rero niyo mpamvu bitantangaza ko u Rwanda rwanyuze muri biriya rwashibukamo abantu nka mwe, abantu nka twe, ariko ibyo ni ibikwiye guhoraho, bikwiye guhora biranga u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo u Rwanda rukomeze kurangwa n’ubu butwari hari icyo bisaba.

Ati: “Ibyo rero kugira ngo bihoreho, Abanyarwanda bahitamo neza, bumva neza, Abanyarwanda bakora neza. Twagize Imana rero muri ya mpinduka y’amateka tugiramo RPF.”

Kagame yavuze ko Abanyarwanda nibakomeza kurangwa n’iyi myitwarire y’u butwari bazagera kuri byinshi bizacecekesha n’abirirwa bibasira u Rwanda.

Yifashishije urugero rw’ibyamubayeho, Kagame yagaragaje ko hari nabibasira u Rwanda batazi amateka yarwo kuko hari uwigeze kumubaza niba ari Tutu (ashaka kuvuga Hutu) cyangwa Hutsi( ashaka kuvuga Umututsi).

Ati: “Ariko ko benshi banatuvuga batanatuzi. Hari uwigeze kumbaza ngo ariko uri iki wewe? Ngo uri Tutu (umuhutu) cyangwa uri Hutsi(umututsi)? Ntazi n’ibyo ari byo ariko arambaza, ndamubwira nti ‘njye mu Rwanda ndi ibyo byose ariko n’ibindi utavuze.”

Ubwo yashakaga kumbaza niba ndi Umuhutu cyangwa Umututsi ariko ngo Tutu cyangwa Hutsi, ndamubwira nti ‘ni ibyo byombi ariko n’ibindi ‘, nti ‘ariko ibyo byose bikubiye mu kuba Umunyarwanda nti ‘ndi Umunyarwanda.”

Kagame yasabye Abanyarwanda kubaha abo banyamahanga gusa nabo bakubahwa nabo.

Ati: “Mubane nabo, mubahe agaciro, mububahe ariko gusa ari uko nabo babahaye agaciro kandi banabubashye.”

            MCN.
Tags: Hutu cyangwa TutsiIgisubizoPaul KagameRwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n’abantu.

Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n'abantu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?