• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

minebwenews by minebwenews
June 26, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Paul Kagame kuri ubu uri kwiyamamaza ku mwanya w’u mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, umukandida w’ishyaka rya RPF Inkotanyi, yagaragaje ko hari umuntu wigeze ku mubaza niba ari umuhutu cyangwa umututsi, abisobanura ko yabimubajije nabi mu buryo bugaragaza ko nta mateka y’u Rwanda azi, nk’uko tubikesha igitangaza makuru cya Igihe.

Iki kiganiro perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25/06/2024, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Nyarugenge.

Muri icyo kiganiro Paul Kagame yavuze ko nta kimutera ishema nko kuba ayoboye ishyaka rya RPF Inkotanyi n’Abanyarwanda muri rusange bafite ubushake kandi bashoboye.

Aha Inyarugenge abaturage bari bamwitabye bari abantu babarirwa mu ibihumbi 300, Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwanyuze mu mateka akomeye ariko yashibutsemo ubutwari.

Yagize ati: “Iki gihugu cyacu mureba cyagize amateka mabi, cyanyuze muri byinshi biteye agahinda, amateka yatwambuye abacu. Abantu bagira igihe cyabo bakagenda ariko gutwarwa n’undi muntu, ubuzima bwawe bukarangizwa n’undi muntu, ntabwo ari byo. Rero niyo mpamvu bitantangaza ko u Rwanda rwanyuze muri biriya rwashibukamo abantu nka mwe, abantu nka twe, ariko ibyo ni ibikwiye guhoraho, bikwiye guhora biranga u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo u Rwanda rukomeze kurangwa n’ubu butwari hari icyo bisaba.

Ati: “Ibyo rero kugira ngo bihoreho, Abanyarwanda bahitamo neza, bumva neza, Abanyarwanda bakora neza. Twagize Imana rero muri ya mpinduka y’amateka tugiramo RPF.”

Kagame yavuze ko Abanyarwanda nibakomeza kurangwa n’iyi myitwarire y’u butwari bazagera kuri byinshi bizacecekesha n’abirirwa bibasira u Rwanda.

Yifashishije urugero rw’ibyamubayeho, Kagame yagaragaje ko hari nabibasira u Rwanda batazi amateka yarwo kuko hari uwigeze kumubaza niba ari Tutu (ashaka kuvuga Hutu) cyangwa Hutsi( ashaka kuvuga Umututsi).

Ati: “Ariko ko benshi banatuvuga batanatuzi. Hari uwigeze kumbaza ngo ariko uri iki wewe? Ngo uri Tutu (umuhutu) cyangwa uri Hutsi(umututsi)? Ntazi n’ibyo ari byo ariko arambaza, ndamubwira nti ‘njye mu Rwanda ndi ibyo byose ariko n’ibindi utavuze.”

Ubwo yashakaga kumbaza niba ndi Umuhutu cyangwa Umututsi ariko ngo Tutu cyangwa Hutsi, ndamubwira nti ‘ni ibyo byombi ariko n’ibindi ‘, nti ‘ariko ibyo byose bikubiye mu kuba Umunyarwanda nti ‘ndi Umunyarwanda.”

Kagame yasabye Abanyarwanda kubaha abo banyamahanga gusa nabo bakubahwa nabo.

Ati: “Mubane nabo, mubahe agaciro, mububahe ariko gusa ari uko nabo babahaye agaciro kandi banabubashye.”

            MCN.
Tags: Hutu cyangwa TutsiIgisubizoPaul KagameRwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n’abantu.

Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n'abantu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?