• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, May 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

minebwenews by minebwenews
June 26, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatanze igisubizo ku wa mubajije niba ari Umuhutu cyangwa Umututsi.

You might also like

RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump

Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Paul Kagame kuri ubu uri kwiyamamaza ku mwanya w’u mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, umukandida w’ishyaka rya RPF Inkotanyi, yagaragaje ko hari umuntu wigeze ku mubaza niba ari umuhutu cyangwa umututsi, abisobanura ko yabimubajije nabi mu buryo bugaragaza ko nta mateka y’u Rwanda azi, nk’uko tubikesha igitangaza makuru cya Igihe.

Iki kiganiro perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25/06/2024, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Nyarugenge.

Muri icyo kiganiro Paul Kagame yavuze ko nta kimutera ishema nko kuba ayoboye ishyaka rya RPF Inkotanyi n’Abanyarwanda muri rusange bafite ubushake kandi bashoboye.

Aha Inyarugenge abaturage bari bamwitabye bari abantu babarirwa mu ibihumbi 300, Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwanyuze mu mateka akomeye ariko yashibutsemo ubutwari.

Yagize ati: “Iki gihugu cyacu mureba cyagize amateka mabi, cyanyuze muri byinshi biteye agahinda, amateka yatwambuye abacu. Abantu bagira igihe cyabo bakagenda ariko gutwarwa n’undi muntu, ubuzima bwawe bukarangizwa n’undi muntu, ntabwo ari byo. Rero niyo mpamvu bitantangaza ko u Rwanda rwanyuze muri biriya rwashibukamo abantu nka mwe, abantu nka twe, ariko ibyo ni ibikwiye guhoraho, bikwiye guhora biranga u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo u Rwanda rukomeze kurangwa n’ubu butwari hari icyo bisaba.

Ati: “Ibyo rero kugira ngo bihoreho, Abanyarwanda bahitamo neza, bumva neza, Abanyarwanda bakora neza. Twagize Imana rero muri ya mpinduka y’amateka tugiramo RPF.”

Kagame yavuze ko Abanyarwanda nibakomeza kurangwa n’iyi myitwarire y’u butwari bazagera kuri byinshi bizacecekesha n’abirirwa bibasira u Rwanda.

Yifashishije urugero rw’ibyamubayeho, Kagame yagaragaje ko hari nabibasira u Rwanda batazi amateka yarwo kuko hari uwigeze kumubaza niba ari Tutu (ashaka kuvuga Hutu) cyangwa Hutsi( ashaka kuvuga Umututsi).

Ati: “Ariko ko benshi banatuvuga batanatuzi. Hari uwigeze kumbaza ngo ariko uri iki wewe? Ngo uri Tutu (umuhutu) cyangwa uri Hutsi(umututsi)? Ntazi n’ibyo ari byo ariko arambaza, ndamubwira nti ‘njye mu Rwanda ndi ibyo byose ariko n’ibindi utavuze.”

Ubwo yashakaga kumbaza niba ndi Umuhutu cyangwa Umututsi ariko ngo Tutu cyangwa Hutsi, ndamubwira nti ‘ni ibyo byombi ariko n’ibindi ‘, nti ‘ariko ibyo byose bikubiye mu kuba Umunyarwanda nti ‘ndi Umunyarwanda.”

Kagame yasabye Abanyarwanda kubaha abo banyamahanga gusa nabo bakubahwa nabo.

Ati: “Mubane nabo, mubahe agaciro, mububahe ariko gusa ari uko nabo babahaye agaciro kandi banabubashye.”

            MCN.
Tags: Hutu cyangwa TutsiIgisubizoPaul KagameRwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump

RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka ku rwego mpuzamahanga nyuma yo...

Read moreDetails

Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda

Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda Ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika Mu gihe isi yinjira mu...

Read moreDetails

Martin Fayulu Yakoresheje Imvugo Ikomeye Ishobora Kongera Umwuka Mubi muri Politiki ya Congo

by Bahanda Bruce
May 8, 2026
0
Martin Fayulu Yakoresheje Imvugo Ikomeye Ishobora Kongera Umwuka Mubi muri Politiki ya Congo

Martin Fayulu Yakoresheje Imvugo Ikomeye Ishobora Kongera Umwuka Mubi muri Politiki ya Congo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Martin Fayulu, yongeye kunenga...

Read moreDetails

La famille du colonel Gapanda réclame justice et des éclaircissements sur sa détention, toujours entourée de mystère

by Bahanda Bruce
May 8, 2026
0
La famille du colonel Gapanda réclame justice et des éclaircissements sur sa détention, toujours entourée de mystère

La famille du colonel Gapanda réclame justice et des éclaircissements sur sa détention, toujours entourée de mystère La famille du colonel Ruhorimbere Gapanda, l’un des hauts gradés des...

Read moreDetails
Next Post
Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n’abantu.

Imyigaragambyo imaze iminsi ibera i Nairobi mu gihugu cya Kenya yafashe indi ntera, ndetse igwamo n'abantu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?