Philippines Yanyeganyejwe n’Umutingito wa 7.8: Abantu Bahitanywe na Wo, Hatangwa Umuburo wa Tsunami ku Nkombe z’Inyanja
Igihugu cya Philippines cyongeye kwibasirwa n’umutingito ukomeye wapimwe ku gipimo cya 7.8, wahungabanyije cyane ubuzima bw’abaturage bo mu majyepfo y’icyo gihugu ndetse utuma inzego zishinzwe ibiza zitanga umuburo ko hashobora kwaduka tsunami ku nkombe z’inyanja za Philippines no mu bihugu bimwe byo mu karere.
Uyu mutingito wabaye mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Mbere, aho watangiye kumvikana ku isaha ya saa moya n’iminota 37 za mu gitondo (07:37) ku isaha yo muri Philippines.
Ibipimo byatangajwe n’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubushakashatsi ku bumenyi bw’Isi n’imitingito (US Geological Survey – USGS) byerekana ko wari ufite ubukana bwa 7.8 ku gipimo cya Richter, kandi ko waturutse mu bujyakuzimu bwa kilometero zirenga 55 munsi y’ubutaka.
Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cya Philippines gishinzwe gukurikirana ibirunga n’imitingito (PHIVOLCS), isoko y’uyu mutingito riherereye hafi y’Umujyi wa General Santos, mu kirwa cya Mindanao giherereye mu majyepfo y’igihugu.
Uyu mutingito wakwiriye mu bice byinshi by’icyo gihugu, bituma abaturage benshi basohoka mu ngo no mu nyubako mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Amakuru y’ibanze yatanzwe n’inzego z’umutekano agaragaza ko nibura abantu bane bamaze kwemezwa ko bahitanywe n’uyu mutingito, mu gihe abandi benshi bakomeretse cyangwa bagizweho ingaruka n’isenyuka ry’inyubako.
Master Sergeant Robert Dagon, umwe mu bayobozi ba Polisi mu Mujyi wa General Santos, yavuze ko ibikorwa byo gutabara bikomeje kandi ko hakiri gukorwa igenzura kugira ngo hamenyekane urugero nyarwo rw’ibyangiritse.
Yagize ati:
“Inyubako nyinshi zagizweho ingaruka. Kugeza ubu ntiturabona imibare nyakuri y’ibyangiritse kuko abari mu bikorwa byo gushakisha no gutabara abagizweho ingaruka bakibikomeje.”
Amakuru ava mu ntara ya Davao del Sur avuga ko igice cy’inyubako y’ishuri ryisumbuye cyasenyutse nyuma y’uko abanyeshuri bari bamaze gusohoka bahunga umutingito.
Nubwo ibyo byateje ubwoba bwinshi, ibikorwa byo gutabara byahise bitangira kugira ngo hagenzurwe niba hari ababa bagifashwe n’ibisigazwa by’iyo nyubako.
Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza inyubako zinyeganyega bikomeye, zimwe mu mpande zazo zigasenyuka, ndetse n’abaturage bahungira ahantu hafunguye mu rwego rwo kwirinda kugwirwa n’inyubako.
Nyuma y’uyu mutingito, Ikigo cya Pacific Tsunami Warning Center cyahise gitangaza ko hari ibyago byo kwaduka kwa tsunami ku nkombe zimwe na zimwe za Philippines.
Abahanga bavuga ko imiraba ya tsunami ishobora kugera ku burebure bwa metero eshatu (3m) mu bice bimwe byo ku nkombe za Philippines.
Hari kandi impungenge ko imiraba iri hagati ya santimetero nyinshi na metero imwe ishobora kugera ku nkombe z’ibihugu by’abaturanyi birimo Indonesia na Malaysia.
Inzego z’ubutabazi zasabye abaturage batuye hafi y’inyanja kwimukira by’agateganyo ahantu hirengeye mu gihe hakomeje gukurikiranwa uko ibintu bihagaze.
Philippines iri mu gace kazwi nka “Ring of Fire” cyangwa “Impeta y’Umuriro wa Pasifika”, kamwe mu duce two ku Isi dukorerwamo ibikorwa byinshi by’imitingito n’ibirunga.
Aka gace gakikije Inyanja ya Pasifika kagizwe n’imirongo minini y’amasahani y’ubutaka (tectonic plates) ahora yimuka. Iyo ayo masahani asunikanye cyangwa anyerera munsi y’andi, habaho kurekurwa kw’ingufu nyinshi zigateza imitingito ikomeye, rimwe na rimwe igakurikirwa na tsunami.
Mu myaka yashize, Philippines yagiye ihura n’imitingito ikomeye yahitanye abantu benshi ndetse igasenya ibikorwa remezo bifite agaciro k’amamiliyoni y’amadolari.
Kugeza ubu, inzego za Leta, igisirikare, polisi n’abakorerabushake bakomeje ibikorwa byo gushakisha no gutabara ababa bagifashwe n’ibisigazwa by’inyubako zasenyutse.
Abaturage basabwe gukomeza gukurikiza amabwiriza y’inzego zishinzwe ibiza no kwirinda gusubira mu nyubako zangiritse, kuko hari impungenge z’indi mitingito ishobora gukurikira uyu wa mbere, ibintu bisanzwe bikunze kubaho nyuma y’umutingito ukomeye.
Mu gihe ibikorwa byo gutabara bikomeje, ubuyobozi bwa Philippines buravuga ko bukomeje gukusanya amakuru arambuye kugira ngo hamenyekane umubare nyakuri w’abahitanwe n’iki cyago, abakomeretse ndetse n’igipimo cy’ibyangiritse.
Kugeza ubu, abaturage bo mu majyepfo ya Philippines bakomeje kuba maso, mu gihe inzego z’ubutabazi n’abahanga mu by’imitingito bakurikirana niba nta bindi byago cyangwa tsunami bishobora gukurikira uyu mutingito ukomeye wahungabanyije iki gihugu.






