Radio Caroline mu Rujijo Nyuma yo Gutangaza ku Bw’impanuka ko Umwami Charles III Yitabye Imana
Mu Bwongereza havutse impagarara n’urujijo nyuma y’aho imwe muri radiyo zizwi cyane muri icyo gihugu, Radio Caroline, itangarije ku bw’impanuka ko Umwami Charles III yitabye Imana. Aya makuru yaje kugaragara ko yari ikosa rikomeye ryatewe n’ikoranabuhanga rya mudasobwa.
Ibi byabaye ku wa Kabiri tariki ya 19 Gicurasi 2026, ubwo iyi radiyo ifite amateka akomeye mu Bwongereza yakoraga ibiganiro byayo bisanzwe. Mu buryo butunguranye, gahunda yihariye ikoreshwa igihe umwami mukuru yitabye Imana yahise yikoresha ubwayo, itangaza ko “Nyakubahwa Umwami yapfuye”.
Kwamamaza ayo makuru y’ibinyoma byateye ubwoba ndetse bihungabanya abantu benshi, cyane cyane abakurikirana ibijyanye n’umuryango w’ibwami n’abaturage b’u Bwongereza bafite amarangamutima akomeye kuri uwo muryango.
Ubuyobozi bwa Radio Caroline bwahise busohora itangazo busobanura ibyabaye ndetse bunasaba imbabazi ku mugaragaro. Umuyobozi wa radiyo, Peter Moore, yavuze ko ikibazo cyaturutse ku ikosa rya mudasobwa ryabereye muri studio nkuru y’iyi radiyo iri mu gace ka Essex mu Bwongereza.
Yagize ati:
“Kubera ikibazo cya mudasobwa cyabereye muri studio yacu nkuru, gahunda yihariye iteganyirizwa gutangazwa igihe umwami yitabye Imana yahise yikora ku bw’impanuka ku wa Kabiri nyuma ya saa sita, itangaza amakuru atari yo ko Nyakubahwa Umwami yitabye Imana.”
Yakomeje avuga ko nyuma yo gutangazwa kw’ayo makuru, radiyo yahise iceceka nk’uko bikorwa mu bihe by’akababaro k’igihugu. Icyo gihe ni bwo abakozi bayo bahise babona ko habaye ikibazo gikomeye, bihutira gusubizaho gahunda zisanzwe no gusaba imbabazi binyuze kuri radiyo.
Peter Moore yongeyeho ko Radio Caroline isanzwe ifitanye umubano mwiza n’umuryango w’ibwami, ndetse ko yigeze no gutambutsa ubutumwa bwa Noheli bw’Umwamikazi Elizabeth II n’ubwa Charles III, ashimangira ko bifuza gukomeza uwo mubano imyaka myinshi iri imbere.
Yagize ati:
“Dusabye imbabazi Nyakubahwa Umwami ndetse n’abakunzi bacu bose ku bw’akababaro cyangwa urujijo ayo makuru yateje.”
Nubwo iyi radiyo yahise ikosora iryo kosa, amakuru avuga ko bamwe mu baturage bahise batangira gukwirakwiza izo nkuru ku mbuga nkoranyambaga bakeka ko umwami yaba yapfuye koko. Ibi byatumye hari abahise batangira gushakisha amakuru yemewe mu bitangazamakuru bikomeye no ku rwego rw’ibwami.
Mu gihe ayo makuru y’ibinyoma yatangazwaga, Umwami Charles III n’Umwamikazi Camilla bo bari mu ruzinduko muri Ireland y’Amajyaruguru. Bagaragaye i Belfast mu bikorwa by’umuco, aho bifatanyije n’abahanzi ndetse n’itsinda ry’abacuranzi b’injyana gakondo, banasangira n’abaturage ibikorwa by’imbyino n’ibinyobwa gakondo birimo whisky yo muri Ireland.
Ibi byahise bishimangira ko umwami yari muzima kandi akomeje ibikorwa bye bya buri munsi.
Radio Caroline yakoze iri kosa ni radiyo ifite amateka yihariye mu Bwongereza. Yashinzwe mu mwaka wa 1964 nk’iyo bita “pirate radio”, radiyo zakoreraga mu mato yari mu nyanja hanze y’amazi agenwa n’u Bwongereza kugira ngo zibashe guca amategeko y’icyo gihe yagenzuraga ibiganiro bya radiyo.
Nyuma y’uko leta y’u Bwongereza ishyizeho amategeko akakaye mu 1967 agamije guhagarika izo radiyo, Radio Caroline yakomeje gukora rimwe na rimwe kugeza ibikorwa byayo byo mu nyanja birangiye mu 1990. Yamamaye cyane kubera uruhare yagize mu guhindura umuziki n’itangazamakuru ry’imyidagaduro mu Bwongereza.
Iri kosa ry’itangazamakuru rije rikurikira andi makosa yatangajwe kuri BBC nayo ku wa Kabiri, aho yatambukije ikiganiro cya Elaine Paige kubera ikibazo cyo gutegura gahunda nabi. BBC nayo yahise isaba imbabazi abayikurikira.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bibazo bigaragaza uburyo ikoranabuhanga rigezweho rifasha ibitangazamakuru, ariko nanone rikaba rishobora guteza ibibazo bikomeye igihe habayeho kudakurikiranwa neza kwa systems zikoreshwa mu gutambutsa amakuru yihutirwa.
Kwamamaza amakuru y’urupfu rw’umwami mu Bwongereza bifatwa nk’ikintu gikomeye cyane, kuko hari gahunda zihariye zitegurwa mbere zikoreshwa igihe umwami cyangwa umwamikazi yitabye Imana. Izo gahunda zirimo uburyo radiyo na televiziyo bihindura ibiganiro, imyambarire y’abanyamakuru ndetse n’itangazwa ry’amakuru mu buryo bw’icyunamo.
Ni yo mpamvu iri kosa rya Radio Caroline ryafashwe nk’ikintu gikomeye cyateje impaka nyinshi mu gihugu hose.





