RDC: HRW Yashinje Inzego z’Umutekano Kunanirwa Kubahiriza Inshingano Zazo
MINEMBWE CAPITAL NEWS
Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), wasohoye raporo ishinja inzego z’umutekano za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gukoresha imbaraga z’umurengera mu gukumira imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yabereye i Kinshasa tariki ya 12/06/2026, ndetse no kunanirwa kubahiriza inshingano zazo zo kurinda abari muri iyo myigaragambyo.
Muri iyo raporo yasohotse ejo ku wa Kane, HRW yavuze ko Polisi y’Igihugu yakoresheje imyuka iryana mu maso (gaz lacrymogènes) n’inkoni mu gutatanya abanyamuryango b’ihuriro Coalition Article 64 (C64), bari bateguye kwicara imbere y’Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko (Palais du Peuple) mu rwego rwo kwamagana umushinga w’itegeko bavuga ko ushobora gutuma manda ya Perezida Félix Tshisekedi yongerwa.
Uyu muryango uvuga ko uburyo inzego z’umutekano zakoresheje imbaraga mu gukumira iyo myigaragambyo butajyanye n’amahame mpuzamahanga agenga ikoreshwa ry’ingufu mu gucunga imyigaragambyo y’abaturage.
HRW ishinja kandi izo nzego z’umutekano kuba zarananiwe kurinda abigaragambyaga ibitero byagabwe n’itsinda rizwi ku izina rya Force du Progrès, rivugwa kenshi ko rifitanye isano n’ishyaka riri ku butegetsi. Nk’uko raporo ibigaragaza, bamwe mu bitabiriye imyigaragambyo bavuga ko batewe n’iryo tsinda, mu gihe inzego z’umutekano zitagize icyo zikora kugira ngo zirihagarike cyangwa zirinde umutekano w’abaturage.
Uyu muryango uhamagarira ubuyobozi bwa RDC gukora iperereza ryigenga kandi riboneye ku byabaye kuri uwo munsi, kugira ngo hamenyekane ukuri ku byaha bivugwa ndetse n’ababigizemo uruhare baryozwe ibyo bakoze hakurikijwe amategeko.
Raporo ya Human Rights Watch yongeye kuzamura impaka ku bijyanye n’ubwisanzure bwo gukora imyigaragambyo n’uburenganzira bwa politiki muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe igihugu gikomeje guhura n’ukutavuga rumwe gukomeye hagati y’ubutegetsi n’amashyaka atavuga rumwe na bwo.
Abasesenguzi n’abakurikiranira hafi ibibera muri RDC bavuga ko ibirego nk’ibi bishobora kongera igitutu mpuzamahanga ku butegetsi bwa Kinshasa, cyane cyane mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ubwisanzure bwa politiki no kurinda abaturage bagaragaza ibitekerezo byabo mu mahoro.





