Tshisekedi na Guverinoma Ayoboye Bashinjwe Kunyereza Arenga Miliyoni 325 z’Amadolari Zari Zahawe Igihugu
Dr. Denis Mukwege, Umunyekongo wahawe Igihembo cyitiriwe Nobel cy’Amahoro, yashinje byeruye ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi n’inzego za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kuba zararebereye cyangwa zigashyigikira inyerezwa ry’amafaranga angana na miliyoni 325 z’amadolari y’Amerika (325.000.000 USD) igihugu cyahawe n’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (CIJ) nk’indishyi zagombaga gufasha abahuye n’ingaruka z’intambara n’ubwicanyi byabereye mu burasirazuba bwa Congo.
Ibi Mukwege yabitangaje mu butumwa yasohoye mu rwego rwo kwibuka imyaka 26 ishize habaye Intambara y’Iminsi Itandatu yabereye mu mujyi wa Kisangani hagati y’ingabo za Uganda n’iz’u Rwanda, intambara yasize abaturage benshi bishwe, abandi barakomereka, ndetse ibikorwa remezo byinshi birangirika.
Mu magambo akakaye, Mukwege yavuze ko amafaranga yategetswe gutangwa na Uganda nk’indishyi z’ibyangiritse n’ingaruka abaturage bagize kubera ibikorwa bya gisirikare byayo muri RDC atigeze agera ku bo yari agenewe.
Yagize ati: “Mu gihe inzego za Leta ya Congo zikomeje kurangwa na ruswa n’imiyoborere mibi, turamagana twivuye inyuma ko miliyoni 325 z’amadolari zahawe RDC n’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera mu 2022 nk’indishyi z’ibyangiritse byatewe n’ihohoterwa ryakozwe na Uganda, zaburiwe irengero.”
Mu mwaka wa 2022, Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera rwategetse Uganda kwishyura RDC amafaranga arenga miliyoni 325 z’amadolari y’Amerika nyuma yo kuyihamya uruhare mu byaha byakozwe mu burasirazuba bwa Congo hagati y’umwaka wa 1998 na 2003.
Aya mafaranga yari agenewe gutanga indishyi ku miryango yabuze abayo, ku bantu bakorewe ihohoterwa rikomeye, ndetse no ku baturage bangirijwe imitungo n’ibikorwa bitandukanye byatewe n’iyo ntambara.
Nyamara, imyaka irenga ibiri ishize ayo mafaranga atangiye kwishyurwa, abarokotse ayo makuba n’imiryango y’abahohotewe bavuga ko nta nyungu ifatika barabona muri ayo mafaranga.
Mukwege yavuze ko kuba ayo mafaranga atarageze ku bo yagombaga kugirira akamaro ari igisebo gikomeye ku gihugu ndetse n’agasuzuguro gakabije ku bahuye n’ingaruka z’intambara.
Yavuze ko abaturage ba Kisangani n’abo mu bindi bice byibasiwe n’intambara bamaze imyaka irenga makumyabiri bategereje ubutabera n’indishyi, ariko kugeza ubu bakaba batarahabwa ibyo bemerewe n’amategeko mpuzamahanga.
Uyu muganga wamenyekanye cyane kubera ibikorwa byo kurengera uburenganzira bwa muntu yasabye ko hakorwa iperereza ryigenga kandi rinyuze mu mucyo kugira ngo hamenyekane aho ayo mafaranga yagiye, hanashyirwe ahagaragara abantu bose bagize uruhare mu kuyanyereza cyangwa mu gutuma atagera ku bayagenewe.
Uretse ikibazo cy’aya mafaranga yaburiwe irengero, Denis Mukwege yongeye kwibutsa ko hakiri icyuho gikomeye mu butabera ku byaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu byakorewe abaturage ba Kisangani.
Yashimangiye ko ukuri ku byabaye, ubutabera ku bahohotewe ndetse n’indishyi zifatika ari ibintu bitagomba gukomeza gusubikwa, kuko ari uburenganzira bw’ibanze bw’abaturage ba Congo.
Mu gihe aya magambo ya Mukwege akomeje gukwirakwira no guteza impaka muri RDC, ntiharaboneka igisubizo cyeruye cya Guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi ku birego by’inyerezwa ry’aya mafaranga. Gusa, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko iki kibazo gishimangira impungenge zimaze igihe zivugwa ku micungire y’umutungo wa Leta no ku rwego rwa ruswa ikomeje kuvugwa mu nzego zitandukanye za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu gihe abaturage bategereje ibisobanuro birambuye, ikibazo gikomeje kwibazwa ni ukumenya aho miliyoni 325 z’amadolari zagenewe abarokotse intambara zanyuze, niba zarakoreshejwe mu buryo bwagenwe cyangwa niba koko zaranyerejwe nk’uko Denis Mukwege abyemeza.
Iperereza ryigenga risabwa n’impande zitandukanye rishobora gutanga umucyo kuri iki kibazo, ndetse rikagaragaza niba hari abayobozi cyangwa inzego za Leta bagize uruhare mu kuburizamo gahunda yo gutanga izo ndishyi ku baturage zari zigenewe.






