• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

“Tshisekedi wiringiye u Burundi yiringiye urubingo rusadutse!” Umusesenguzi.

minebwenews by minebwenews
March 12, 2025
in Regional Politics
0
“Tshisekedi wiringiye u Burundi yiringiye urubingo rusadutse!” Umusesenguzi.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Tshisekedi wiringiye u Burundi yiringiye urubingo rusadutse!” Umusesenguzi.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umujyanama wa m23 na Twirwaneho, William Girinka Kabare, yavuze ko perezida Felix Tshisekedi wiringiye perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yiringiye urubingo rusadutse, kandi ko “azabona ishyano.”

Girinka yavuze ibi nyuma y’aho perezida Felix Tshisekedi yaraye yemeye kuganira n’umutwe wa m23 uwo yari yararahiye arirenza avuga ko atazicyarana nawo kumeza imwe y’ibiganiro.

Ni amakuru yashyizwe hanze na perezidansi ya Angola, aho yatangaje ko nyuma y’uruzinduko ruto Tshisekedi yagiriye i Luanda, hemejwe ko Angola, nk’umuhuza mu bibazo byo mu Burasizuba bwa Congo, izayobora ibiganiro bizahuza abahagarariye m23 n’abahagarariye uruhande rwa Leta y’i Kinshasa, bikazabera i Luanda mu minsi mike iri mbere.

Iyi perezidansi kandi yavuze ko ibyo biganiro bizaba bigamije gushaka icyazana amahoro arambye muri iki gihugu cya RDC.

Girinka, yahise ahera aha avuga ko imishyikirano ari ngombwa, ariko ko Tshisekedi akwiye kubanza kubazwa “amabi yakoze mu Minembwe,” aho arasa ku baturage b’abasivili, asenya ibikorwa remezo byabo.

Muri uko gusenya, yagaragaje ko yasenye ikibuga cy’indege cya Minembwe, amazu y’abaturage, insengero, amashuri n’ibindi.

Girinka yavuze ko ibi bikorwa, Tshisekedi yabisenye akoresheje ukurasa intwaro ziremereye!

Yavuze kandi ko imishyikirano igomba gukorwa mu gihe ingabo z’u Burundi zavuye zose ku butaka bw’iki gihugu, ngo kuko ziri muzatumye ibyago bikomeye bikomeza kuba kubavuga ururimi rw’ikinyarwanda, cyane cyane ku Banyamulenge.

Ikindi nuko ngo kubwiwe iyi mishyikirano yagakwiye gushyigikira ko intara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru biyoborwa na m23 ndetse na Twirwaneho mu gihe cy’imyaka irenga 20.

Kandi ibyo ngo bigakorwa kugira ngo umutekano w’abavuga ikinyarwanda mu Burasizuba bw’iki gihugu urusheho kubungwabunga.

Girinka yavuze kandi ko muri iyi mishyikirano, Tshisekedi agomba kuzabazwa uburyo akomeje kwica abaturage b’igihugu cye, barimo Abatutsi n’abo yita abaswahili. Kandi ko mbere yuko iyo mishyikirano iba, asabwe kubanza agahagarika kurasa ku baturage b’inzirakarengane, maze nyuma abone kwinjira mu mishyikirano.

Yasoje avuga ko umutekano mu Burasizuba bw’iki gihugu, uzava mu bwitange bw’abahavuka, ngo cyane cyane abavuga ururimi rw’ikinyarwanda, abo ni Abatutsi, ngo kuko ubutegetsi bw’i Kinshasa butigeze bubitaho nk’abandi Banye-Congo.

Agaragaza ko iyi Leta y’i Kinshasa yagiye ijujubuza Abatutsi, imyaka irenga 60, ariko ko amahanga yakomeje kubirebera, ntagire icyo ahindura, bityo, abavuka muri ibyo bice bakwiye kwirwanaho kugeza ku gitonyanga cyanyuma cy’amaraso, mupaka bakazagera ku mahoro arambye.

Tags: KivuKwiringiraNdayishimiyeTshisekediUrubungo rusadutse
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Kagame yavuze ikibazo yobaza Tshisekedi mu gihe boramuka bongeye guhura.

Kagame yavuze ikibazo yobaza Tshisekedi mu gihe boramuka bongeye guhura.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?