Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

“Tshisekedi wiringiye u Burundi yiringiye urubingo rusadutse!” Umusesenguzi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 12, 2025
in Regional Politics
0
“Tshisekedi wiringiye u Burundi yiringiye urubingo rusadutse!” Umusesenguzi.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Tshisekedi wiringiye u Burundi yiringiye urubingo rusadutse!” Umusesenguzi.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Umujyanama wa m23 na Twirwaneho, William Girinka Kabare, yavuze ko perezida Felix Tshisekedi wiringiye perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yiringiye urubingo rusadutse, kandi ko “azabona ishyano.”

Girinka yavuze ibi nyuma y’aho perezida Felix Tshisekedi yaraye yemeye kuganira n’umutwe wa m23 uwo yari yararahiye arirenza avuga ko atazicyarana nawo kumeza imwe y’ibiganiro.

Ni amakuru yashyizwe hanze na perezidansi ya Angola, aho yatangaje ko nyuma y’uruzinduko ruto Tshisekedi yagiriye i Luanda, hemejwe ko Angola, nk’umuhuza mu bibazo byo mu Burasizuba bwa Congo, izayobora ibiganiro bizahuza abahagarariye m23 n’abahagarariye uruhande rwa Leta y’i Kinshasa, bikazabera i Luanda mu minsi mike iri mbere.

Iyi perezidansi kandi yavuze ko ibyo biganiro bizaba bigamije gushaka icyazana amahoro arambye muri iki gihugu cya RDC.

Girinka, yahise ahera aha avuga ko imishyikirano ari ngombwa, ariko ko Tshisekedi akwiye kubanza kubazwa “amabi yakoze mu Minembwe,” aho arasa ku baturage b’abasivili, asenya ibikorwa remezo byabo.

Muri uko gusenya, yagaragaje ko yasenye ikibuga cy’indege cya Minembwe, amazu y’abaturage, insengero, amashuri n’ibindi.

Girinka yavuze ko ibi bikorwa, Tshisekedi yabisenye akoresheje ukurasa intwaro ziremereye!

Yavuze kandi ko imishyikirano igomba gukorwa mu gihe ingabo z’u Burundi zavuye zose ku butaka bw’iki gihugu, ngo kuko ziri muzatumye ibyago bikomeye bikomeza kuba kubavuga ururimi rw’ikinyarwanda, cyane cyane ku Banyamulenge.

Ikindi nuko ngo kubwiwe iyi mishyikirano yagakwiye gushyigikira ko intara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru biyoborwa na m23 ndetse na Twirwaneho mu gihe cy’imyaka irenga 20.

Kandi ibyo ngo bigakorwa kugira ngo umutekano w’abavuga ikinyarwanda mu Burasizuba bw’iki gihugu urusheho kubungwabunga.

Girinka yavuze kandi ko muri iyi mishyikirano, Tshisekedi agomba kuzabazwa uburyo akomeje kwica abaturage b’igihugu cye, barimo Abatutsi n’abo yita abaswahili. Kandi ko mbere yuko iyo mishyikirano iba, asabwe kubanza agahagarika kurasa ku baturage b’inzirakarengane, maze nyuma abone kwinjira mu mishyikirano.

Yasoje avuga ko umutekano mu Burasizuba bw’iki gihugu, uzava mu bwitange bw’abahavuka, ngo cyane cyane abavuga ururimi rw’ikinyarwanda, abo ni Abatutsi, ngo kuko ubutegetsi bw’i Kinshasa butigeze bubitaho nk’abandi Banye-Congo.

Agaragaza ko iyi Leta y’i Kinshasa yagiye ijujubuza Abatutsi, imyaka irenga 60, ariko ko amahanga yakomeje kubirebera, ntagire icyo ahindura, bityo, abavuka muri ibyo bice bakwiye kwirwanaho kugeza ku gitonyanga cyanyuma cy’amaraso, mupaka bakazagera ku mahoro arambye.

Tags: KivuKwiringiraNdayishimiyeTshisekediUrubungo rusadutse
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Kagame yavuze ikibazo yobaza Tshisekedi mu gihe boramuka bongeye guhura.

Kagame yavuze ikibazo yobaza Tshisekedi mu gihe boramuka bongeye guhura.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?