• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko Bujumbura Yahindutse Icyicaro Cy’ibihugu Bikomeye mu ntambara ya Congo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 1, 2025
in Regional Politics
0
Uko Bujumbura Yahindutse Icyicaro Cy’ibihugu Bikomeye mu ntambara ya Congo
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko Bujumbura Yahindutse Icyicaro Cy’ibihugu Bikomeye mu ntambara ya Congo

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

U Bubiligi buravugwaho ibikorwa bya gisirikare mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), bikabukorera binyuze mu Burundi nk’ihuriro rikomeye ry’ibikorwa bya gisirikare biri kwiyongera muri ako gace karangwamo imirwano ikaze. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko u Burundi bwemereye ku nshuro ya mbere mu mateka yabwo indege z’igisirikare cy’u Bubiligi gukoresha ikirere cyabwo no kugwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bujumbura kugeza mu 2026.

Tariki ya 13/11/2/25 Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi yoherereje Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ibaruwa yemeza ko Ingabo z’u Burundi zemeye icyifuzo cy’u Bubiligi cyo gukoresha ikirere cy’igihugu igihe cy’umwaka wose. Ibi bikubiyemo gukoresha no gukorera ku Kibuga cy’Indege cya Bujumbura n’ahandi h’ibanze mu bikorwa bya gisirikare bigamije gufasha Leta ya Kinshasa mu ntambara imaze igihe mu burasirazuba bwa RDC.

Iki cyemezo gishimangira uburyo Bujumbura ikomeje kwifatanya na Perezida Félix Tshisekedi mu gukoresha igisubizo cya gisirikare mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro, harimo AFC/M23, ndetse kigatanga isura nshya ku ruhare rw’u Bubiligi mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

U Bubiligi bwashyize imbere ibikorwa by’intambara binyuze mu ndege za Airbus A400M zanditse CT-01 kugeza CT-08. Izi ndege zakoze ingendo nyinshi hagati y’Uburayi, u Burundi na RDC mu kwezi kwa cyenda, ukwa cumi n’ukwa cyumi numwe 2025.

Hagati ya 7–14 Ukwezi gushize, imwe muri izo ndege yatwaye ibikoresho by’intambara birimo misile, roketi n’amasasu iva i Bujumbura yerekeza ku bibuga by’indege bya Kindu (Maniema) na Bangoka (Kisangani).

Tariki ya 09/11/2025, Airbus A400M (CT-04) yageze i Kinshasa ivuye mu Bubiligi ihagarara i Zaragoza, ahakorerwa imyitozo ya NATO ndetse hakaba n’inganda zitunganya intwaro nka INSTALAZA S.A.

Tariki ya 3/10/2025, Atlas A400M (CT-07) yageze i Kinshasa itwaye intwaro, ikurikirwa n’indi (CT-05) yagezeyo tariki ya 12/09/2025.

Si Airbus A400M gusa. Mu kwezi kwa munani, indege Boeing 722 y’Ingabo z’u Bubiligi yageze i Bujumbura ikuramo ibikoresho by’intambara. Tariki ya 02/05/2025, drones 5 zo mu bwoko bwa CH-4 zakuwe i Kinshasa zoherezwa gukorera i Bujumbura.

Tariki ya 21/05/2025, Airbus A400M (CT-04) yaturutse i Lubumbashi igeza i Bujumbura abasirikare 11 b’Ababiligi mu ruzinduko rwafatwaga nk’urwo kunoza igenamigambi rya gisirikare ku cyicaro cya FDNB i Rohero. Nubwo bari bafite impapuro za ambasade, imiterere y’urugendo yerekana ko ari inshingano z’igisirikare.

Mu bihe bitandukanye mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, indege z’igisirikare cy’u Bubiligi zakoze ingendo hagati ya Buruseli, Bujumbura na Kinshasa zitwaye intumwa za gisirikare n’ibikoresho.

Tariki ya 21/03/2025, Falcon 8X yageze i Bujumbura itwaye abakozi b’igisirikare cy’u Bubiligi.

Tariki ya 17/03/2025, izindi ndege z’u Bubiligi zageze i Kinshasa no muri Kindu zitwaye intwaro n’abasirikare bagera kuri 500 boherejwe gutera ingabo mu bitugu za FARDC.

Kuva AFC/M23 yigaruriye Goma na Bukavu, imijyi mikuru ya Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo, u Bubiligi bwahise bwongera ibikorwa bya gisirikare mu ntangiriro za 2025. Ibi bigaragaza ubushake bwo kongera ububasha bwabwo mu Karere k’Ibiyaga Bigari mu gihe RDC ihanganye n’umutekano muke.

Hari impungenge ko ibi bikorwa byateza umutekano muke kuko bigaragaza uruhare rw’iki gihugu mu ntambara ikomeje kwiyongera.

U Burundi bubaye ihuriro ry’ibikorwa bya gisirikare bishobora gutuma bujyamo imibanire mibi n’ibihugu bituranyi.

Ibi bikorwa byose byerekana ko u Bubiligi turi kubibona nk’uko inkuru ya The Great Lakes Eye ibivuga, bushaka kongera imbaraga mu karere binyuze mu bufatanye na Bujumbura. Ni ibintu bivugwaho cyane mu rwego mpuzamahanga kuko bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari, mu gihe intambara muri RDC ikomeje gukura.

Nubwo ibikorwa bya gisirikare by’u Bubiligi byiyongera bigaragara nk’uburyo bwo gufasha RDC mu guhashya imitwe yitwaje intwaro, birongera kandi impungenge ku bibazo bya politiki, ubusugire bw’ibihugu no guhangana kw’ibihugu by’amahanga ku butaka bwa Congo.

Tags: BujumburaIntambaraRdcUbubiligi
Share34Tweet21Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze

Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?