• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 10, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umunyabwenge womuri Ghana, yashimiye Perezida Paul Kagame, w’u Rwanda

minebwenews by minebwenews
July 5, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Niba Perezida Paul Kagame ari umunyagitugu, nakwifuza ko Afrika igira benshi nka we, byavuzwe n’umuyobozi ukomeye muri Afrika.

Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 05/07/2023, saa 4:00pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

READ ALSO

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya gisirikare mugihugu ca Ghana, Dr Vladimir Antwi-Danso, yatangaje ko avuga ati: “Niba Perezida Paul Kagame ari umunyagitugu nk’uko bamwe babivuga, nakwifuza ko umugabane wa Afrika wose ugira abantu benshi bameze nka we.”

Dr Danso, ibi yabivuze ubwo yari mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Korku Lumor wa TV Africa mu gitondo cyo kw’itariki 04/07/2023, nk’uko Ghana Web yabitangaje, yavuze ko ijambo ‘Demokarasi’ rigira ibisobanuro bitandukanye bitewe n’aho rikoreshwa.

Iyi mpuguke muri politiki n’umutekano yasobanuye ko hari abitwa “abubahiriza Demokarasi” ariko ibikorwa byabo bikaba bihabanye na yo, abandi bakitwa “abanyagitugu”, ariko baravanye ibihugu byabo kure, babigeza ku iterambere rigaragarira benshi.

Ati: “Mpora mvuga ko nahitamo umunyagitugu uzi aho ari kwerekeza igihugu cye, akacyubaka abinyujije mu nzego za Leta kugira ngo gitere imbere, aho guhitamo uwitwa umudemokarate umbeshya, ansha mu rihumye, akanyiba, n’Isi yose ikamusingiza nk’umudemokarate.”

Dr Danso yatanze urugero, avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu byitwa ko biyobojwe igitugu, kandi atari ko biri.

Ati: “Urebye igihugu nk’u Rwanda, watekereza ko nta demokarasi ibayo ariko ndasaba ko mubitandukanya. Reba, kuva mu 1994 iterambere kiriya gihugu cyagezeho ku buyobozi bw’uwitwa umunyagitugu. Kandi niba iki ari igitugu, turagishaka cyinshi muri Afrika.”

Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na François Soudan na Romain Gras ba Jeune Afrique mukwezi kwa mbere, umwaka wa 2022, yavuze ko bishoboka ko imiterere ye ari yo ituma abantu bamwita umunyagitugu, kandi ngo ntacyo yabihinduraho.

Umukuru w’Igihugu yagize ati: “Nk’abandi bose, hari igice cyanjye ntashobora guhindura. Hari ikindi gice gukorana bishoboka. Ntabwo byashoboka ko mpindura uturemangingo twanjye. Wasanga ari byo bituma hari abambona nk’umunyagitugu, simbizi. Icyakora, ndi umuntu uhora witeguye gukorana n’abandi.”

Perezida Kagame yayoboye u Rwanda kuva mu mwaka w’2000. Ni umwanya yagiyeho nyuma y’imyaka 6 abohoye icyo gihugu hamwe n’ingabo za RPF Inkotanyi. Wavel Ramkalawan uyobora Madagascar we amubona nk’umwe mu bihangange by’Abanyafrika.

Tags: Dr DansoGhanaPaul KagameRPF InkotanyiRwanda

Related Posts

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo
Uncategorized

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

August 14, 2026
RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho
Uncategorized

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

July 29, 2026
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara
Uncategorized

Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

July 25, 2026
Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego
Uncategorized

Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego

July 22, 2026
Tshisekedi Yatangaje Ikiganiro Cyagutse Kizahuza Abanyekongo Bose: Dore Ibyamaze Kwemezwa, Ibigiye Gukorwa n’Ibizagenderwaho
Uncategorized

Les raisons du report de la visite du Président Tshisekedi à New York ont été révélées

July 20, 2026
BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki
Uncategorized

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

June 9, 2026
Next Post

Bombori bombori mumugambwe CNL wa Agatho Rwasa, umugambwe urimo abishe Abanyamulenge basaga 165, mu Gatumba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
  • AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse
  • Fizi sous haute tension : violents combats à Mulima et Nguli, Kananda au cœur des changements militaires
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?