• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umunyabwenge womuri Ghana, yashimiye Perezida Paul Kagame, w’u Rwanda

minebwenews by minebwenews
July 5, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Niba Perezida Paul Kagame ari umunyagitugu, nakwifuza ko Afrika igira benshi nka we, byavuzwe n’umuyobozi ukomeye muri Afrika.

You might also like

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye

Kabuga meurt à La Haye : l’un des hommes les plus recherchés au monde s’éteint à 90 ans

Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 05/07/2023, saa 4:00pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya gisirikare mugihugu ca Ghana, Dr Vladimir Antwi-Danso, yatangaje ko avuga ati: “Niba Perezida Paul Kagame ari umunyagitugu nk’uko bamwe babivuga, nakwifuza ko umugabane wa Afrika wose ugira abantu benshi bameze nka we.”

Dr Danso, ibi yabivuze ubwo yari mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Korku Lumor wa TV Africa mu gitondo cyo kw’itariki 04/07/2023, nk’uko Ghana Web yabitangaje, yavuze ko ijambo ‘Demokarasi’ rigira ibisobanuro bitandukanye bitewe n’aho rikoreshwa.

Iyi mpuguke muri politiki n’umutekano yasobanuye ko hari abitwa “abubahiriza Demokarasi” ariko ibikorwa byabo bikaba bihabanye na yo, abandi bakitwa “abanyagitugu”, ariko baravanye ibihugu byabo kure, babigeza ku iterambere rigaragarira benshi.

Ati: “Mpora mvuga ko nahitamo umunyagitugu uzi aho ari kwerekeza igihugu cye, akacyubaka abinyujije mu nzego za Leta kugira ngo gitere imbere, aho guhitamo uwitwa umudemokarate umbeshya, ansha mu rihumye, akanyiba, n’Isi yose ikamusingiza nk’umudemokarate.”

Dr Danso yatanze urugero, avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu byitwa ko biyobojwe igitugu, kandi atari ko biri.

Ati: “Urebye igihugu nk’u Rwanda, watekereza ko nta demokarasi ibayo ariko ndasaba ko mubitandukanya. Reba, kuva mu 1994 iterambere kiriya gihugu cyagezeho ku buyobozi bw’uwitwa umunyagitugu. Kandi niba iki ari igitugu, turagishaka cyinshi muri Afrika.”

Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na François Soudan na Romain Gras ba Jeune Afrique mukwezi kwa mbere, umwaka wa 2022, yavuze ko bishoboka ko imiterere ye ari yo ituma abantu bamwita umunyagitugu, kandi ngo ntacyo yabihinduraho.

Umukuru w’Igihugu yagize ati: “Nk’abandi bose, hari igice cyanjye ntashobora guhindura. Hari ikindi gice gukorana bishoboka. Ntabwo byashoboka ko mpindura uturemangingo twanjye. Wasanga ari byo bituma hari abambona nk’umunyagitugu, simbizi. Icyakora, ndi umuntu uhora witeguye gukorana n’abandi.”

Perezida Kagame yayoboye u Rwanda kuva mu mwaka w’2000. Ni umwanya yagiyeho nyuma y’imyaka 6 abohoye icyo gihugu hamwe n’ingabo za RPF Inkotanyi. Wavel Ramkalawan uyobora Madagascar we amubona nk’umwe mu bihangange by’Abanyafrika.

Tags: Dr DansoGhanaPaul KagameRPF InkotanyiRwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki Umwuka wa politiki n’imibereho rusange urakomeje kuba mubi...

Read moreDetails

MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye

MRDP-Twirwaneho Yisubije Mikenke Nyuma y’Imirwano Ikomeye; Abaturage ba Minembwe Bagaragaza Ibyishimo Bikomeye Umutwe wa MRDP-Twirwaneho watangaje ko wongeye gufata ikigo cya Mikenke giherereye muri Teritwari ya Mwenga, mu...

Read moreDetails

Kabuga meurt à La Haye : l’un des hommes les plus recherchés au monde s’éteint à 90 ans

by Bahanda Bruce
May 16, 2026
0
I La Haye Hapfiriye Kabuga: Umwe mu Bantu Bashakishijwe Kurusha Abandi ku Isi

Kabuga meurt à La Haye : l’un des hommes les plus recherchés au monde s’éteint à 90 ans Félicien Kabuga, l’un des hommes d’affaires rwandais les plus influents...

Read moreDetails

Ihuriro Rikomeye ry’Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi muri RDC Ryatangaje Gutangiza Urubuga rwo Kurengera Itegeko Nshinga; Igitutu Cyiyongera kuri Félix Tshisekedi

by Bahanda Bruce
May 16, 2026
0
Ihuriro Rikomeye ry’Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi muri RDC Ryatangaje Gutangiza Urubuga rwo Kurengera Itegeko Nshinga; Igitutu Cyiyongera kuri Félix Tshisekedi

Ihuriro Rikomeye ry’Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi muri RDC Ryatangaje Gutangiza Urubuga rwo Kurengera Itegeko Nshinga; Igitutu Cyiyongera kuri Félix Tshisekedi Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kwinjira...

Read moreDetails

RDC: Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zamaganye Ibitero bya Drone bya FARDC i Mushaki n’Ubwicanyi Bukomeje Gukorerwa Abaturage i Uvira no Mu Nkengero Zaho

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
Masisi : Les FARDC Bombardent des Zones Habitées par des Civils, Faisant Plusieurs Victimes

RDC: Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zamaganye Ibitero bya Drone bya FARDC i Mushaki n’Ubwicanyi Bukomeje Gukorerwa Abaturage i Uvira no Mu Nkengero Zaho Leta Zunze Ubumwe za...

Read moreDetails
Next Post

Bombori bombori mumugambwe CNL wa Agatho Rwasa, umugambwe urimo abishe Abanyamulenge basaga 165, mu Gatumba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?