Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 30, 2025
in World News
0
Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.
145
SHARES
3.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yanenze abayobozi ba Afrika y’Epfo cyane cyane perezida Cyril Ramaphosa ngo kubera ko yagoretse amakuru y’ibiganiro bagiranye kuri telephone ku birebana n’intambara ikomeje kubica bigacika mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame akoresheje urubuga rwa x, mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane tariki ya 30/01/2025, yavuze ko yagiranye ikiganiro na perezida wa Afrika y’Epfo inshuro zirenga imwe kuri telephone, ariko agatungurwa no kubona yashyize mu mbuga nkoranyambaga ibintu bitandukanye n’amakuru, ndetse n’ibyo baganiriye.

Paul Kagame asubiza inyandiko za mugenzi we kuri x yagize ati: “Muri iki Cyumweru nagiranye ibiganiro bibiri na perezida Ramaphosa kubirimo kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse n’uyumunsi twavuganye. Ibyavuzwe mu binyamakuru ku birebana n’ibiganiro tumaze kugirana, byaba ibyavuzwe n’abayobozi bo muri Afrika y’Epfo na perezida Ramaphosa ubwe, harimo kugoreka amakuru gukomeye, kwibasira ndetse n’ibinyoma . Niba amagambo ashobora guhindurwa bigeze aha , akava mu kiganiro gisanzwe akagirwa itangazo, bifite icyo bisobanura ku bijyanye n’uburyo ibibazo bikomeye biri kwitabwaho.”

Aha niho perezida w’u Rwanda yahereye akosora iyo mbwirwaruhame yakozwe na perezida Ramaphosa aho yise RDF inyeshamba.

Kagame yagize ati: “Icya mbere, ingabo z’u Rwanda (RDF) ni ingabo z’igihugu, si umutwe witwaje imbunda. Icya kabiri SAMIDRC si ingabo ziharanira amahoro, kandi nta mwanya zifite muri iki kibazo.”

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yasobanuye ko ingabo za SAMIDRC zoherejwe n’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’Afrika y’Amajy’epfo (SADC) ngo zifashe Leta ya Kinshasa kurwana n’abaturage bayo ifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.

Kagame kandi yavuze ko SAMIDRC yabanje kwirukana ingabo zoherejwe n’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba (EACF) mu butumwa bw’amahoro, bigakoma mu nkokora inzira y’ibiganiro byari birimbanyije.

Yakomeje agira ati: “Perezida Ramaphosa ntiyigeze atanga impuruza y’uburyo ubwo ari bwo bwose, keretse niba yarayivuze mu rurimi rw’iwabo ntabasha kumva. Icyo yasabye n’inkunga mu guharanira ko ingabo z’Afrika y’Epfo zibona amashyanyarazi ahagije, ibyo kurya n’amazi, tukazamufasha kubigeza aho bikwiye.”

Yongeye ati: “Perezida Ramaphosa yampamirije ko M23 atari yo yishe abasirikare baturutse muri Afrika y’Epfo, ahubwo ko ingabo za FARDC ari zo zabikoze.”

Yavuze ko niba Afrika y’Epfo ishaka gutanga umusanzu mu gushaka ibisubizo by’amahoro ari byiza cyane, ariko ngo ikwiye kuzirikana ko itari mu mwanya wo gufata inshingano zo kubungabunga amahoro cyangwa kuba umuhuza.

Perezida Kagame yaboneyeho kubwira mugenzi we Ramaphosa niba igihugu cye gishaka intambara kubera ubushotoranyi bwacyo, u Rwanda rwiteguye guhangana n’icyo kibazo isaha n’isaha.

Ingabo za Afrika y’Epfo zaguye mu mirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’ingabo za RDC zifatanyije n’umutwe wa FDLR n’abacanshuro, mu bihe bitandukanye uhereye mbere ndetse no mu cyumweru gishize.

Afrika y’Epfo igawa n’impuguke mu bya politiki kuba yarohereke ingabo zayo kwijandika mu ntambara ihuje ingabo za Leta, n’abarwanira uburenganzira bw’abaturage bakandamijwe igihe kinini.

Tags: Afrika y'EpfoPaul KagameRamaphosaRwanda
Share58Tweet36Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Bwa mbere Tshisekedi avuze icyo agiye gukora, nyuma y’ifatwa rya Goma.

Bwa mbere Tshisekedi avuze icyo agiye gukora, nyuma y'ifatwa rya Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?