• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abaminisitiri b’Ingabo bo mu Karere Bagiye Guhura ku Kibazo cy’Umutekano wa RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 4, 2026
in Regional Politics
0
Abaminisitiri b’Ingabo bo mu Karere Bagiye Guhura ku Kibazo cy’Umutekano wa RDC
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abaminisitiri b’Ingabo bo mu Karere Bagiye Guhura ku Kibazo cy’Umutekano wa RDC

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Zambia yatangaje ko igiye kwakira inama ihuza abaminisitiri b’ingabo n’abagaba bakuru bazo baturutse mu bihugu bigize Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), igamije gusuzuma no gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke bikomeje kuzonga Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC).

Nk’uko byemejwe mu itangazo rya Leta ya Zambia, iyi nama izamara iminsi itatu, itangire tariki ya 08/01/2026, ikazabera mu mujyi wa Livingstone. Biteganyijwe ko izitabirwa n’abaminisitiri b’ingabo 12 hamwe n’abagaba bakuru b’ingabo 12, bose bahagarariye ibihugu bigize ICGLR.

Minisitiri w’Ingabo wa Zambia, Ambrose Lwiji Lufuma, ni we uteganyijwe kuyobora iyi nama y’ingenzi, izibanda cyane ku gushaka ibisubizo birambye ku bibazo by’umutekano muke bikomeje kwiyongera mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, mu Burasirazuba bwa RDC.

Iyi nama igiye kuba mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje kugaragaza impungenge zishingiye ku ntambara ikomeje gufata indi ntera muri RDC. By’umwihariko, haravugwa ibitero by’igisirikare cya Leta bigabwa mu bice bigenzurwa n’umutwe wa AFC/M23, aho akenshi bihitana abasivili b’inzirakarengane.

Igitero giheruka cyagabwe tariki ya 02/01/2026, aho ihuriro ry’ingabo za RDC ryifashishije indege zitagira abapilote (drones) rikagaba igitero mu gace gatuwe n’abaturage muri santere ya Masisi, kigahitana abasivili batandatu, mu gihe abandi 41 bakomereketse bikomeye.

Uburasirazuba bwa RDC bumaze imyaka irenga 30 burangwa n’intambara n’umutekano muke, ariko ibintu byongeye kuzamba cyane guhera mu 2021, ubwo abarwanyi ba M23 bongeye gufata intwaro. Ibi byabaye nyuma y’uko Leta ya RDC inaniwe kubahiriza amasezerano yari yaragiranye n’uyu mutwe, agamije kurengera Abanye-Congo, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bakunze kwibasirwa n’ubwicanyi, abandi bakameneshwa mu byabo bazira inkomoko yabo.

ICGLR igizwe n’ibihugu 12 birimo Angola, u Burundi, Repubulika ya Santarafurika, Congo, RDC, Kenya, Uganda, u Rwanda, Sudani, Sudani y’Epfo, Tanzania na Zambia. Iyi nama yitezweho gutanga icyerekezo gishya cy’ubufatanye mu gushakira akarere umutekano urambye no kugarura ituze mu Burasirazuba bwa RDC.

Tags: IcgrlRdc
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump Yihanangirije Mexique, Colombia na Cuba Nyuma y’Ifatwa rya Nicolas Maduro i Caracas

Perezida Trump Yihanangirije Mexique, Colombia na Cuba Nyuma y’Ifatwa rya Nicolas Maduro i Caracas

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?