Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki n’itangazamakuru nyuma yo kuva mu kiganiro yagiranaga n’umunyamakuru wa NBC, Kristen Welker, atarakirangiza. Ibi byabaye nyuma y’impaka zikomeye zaturutse ku bibazo yabazwaga ku byo yise uburiganya mu matora, ariko akabura ibimenyetso bifatika.
Iki kiganiro cyatambutse muri gahunda izwi cyane ya NBC yitwa Meet The Press, cyari cyafatiwe ahabera ibikorwa by’ubuhinzi muri Leta ya Wisconsin, aho Trump yari yitabiriye inama yihariye yiga ku iterambere ry’urwego rw’ubuhinzi n’umutekano w’ibiribwa muri Amerika.
Mu gihe ikiganiro cyari kimaze hafi iminota 50, Trump na Kristen Welker batangiye kutavuga rumwe ku bibazo birebana n’amatora ya Perezida wa Amerika yo mu 2020 ndetse n’amatora y’ibanze yabereye muri Leta ya California muri uku kwezi kwa Kamena 2026.
Trump yongeye gushimangira ibyo amaze imyaka avuga ko amatora yo mu 2020 yegukanywe na Joe Biden yabayemo uburiganya bukomeye. Yanavuze ko no mu matora y’ibanze ari kubera muri California hari ibikorwa byo kwiba amajwi.
Mu kumusaba ibisobanuro, Kristen Welker yamubajije niba afite ibimenyetso bifatika bishyigikira ibyo arega. Trump yasubije ko ibyo ashingiraho ari ibyo yabonye ndetse n’ibyo yumvise.
Welker yahise amwibutsa ko ibyo atari ibimenyetso byemewe. Aha ni ho ibintu byatangiye gufata indi ntera, kuko Trump yahise atangira kwibasira umunyamakuru ku giti cye, amushinja kubeshya no kubogama.
Ubwo Welker yakomezaga kumusaba ibisobanuro birambuye, Trump yamwise “umunyabinyoma”, ndetse akomeza avuga ko ashobora kuba ari “igicucu” cyangwa “umuntu uyobya rubanda”.
Aya magambo yahise akurura impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru byo muri Amerika, aho bamwe babonaga ko Trump yongeye kugaragaza ubushake bwo kwibasira itangazamakuru igihe rimubajije ibibazo bikomeye, mu gihe abandi bamushyigikiye bavuga ko ibitangazamakuru bikomeje kumurwanya.
Mu gihe umwuka wari umaze kuba mubi, Trump yahise atangaza ko ashaka guhagarika ikiganiro.
Yagize ati:
“Reka dusoreze aha. Wakoze, nshuti yanjye. Ugire ibihe byiza.”
Welker yagerageje gukomeza ikiganiro, ariko Trump amuca mu ijambo amubwira ko yari amaze igihe kinini amuha umwanya wo kumubaza ibibazo.
Yongeyeho ko itangazamakuru rikwiye gukosora amakuru ritangaza, kuko ngo igihugu kidashobora gukomeza kuba igihangange mu gihe gifite ibitangazamakuru biyobya abaturage.
Nyuma y’ayo magambo, Trump yahise aha amarenga abari inyuma ya camera ko ikiganiro kirangiye, maze ava aho cyaberaga.
Mbere y’uko impaka zongera gukaza umurego, ikiganiro cyari cyibanze no ku bibazo mpuzamahanga, birimo umwuka mubi hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Trump yavuze ko Amerika ikwiye gukomeza gushyira igitutu kuri Iran kugira ngo idashobora kubona cyangwa gukora intwaro za kirimbuzi, avuga ko ibikorwa byo kuyikumira byatanze umusaruro mu mezi ashize.
Yashimangiye ko umutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati ugomba gukomeza kuba kimwe mu byo Amerika ishyira imbere, cyane cyane mu gihe hari impungenge z’uko Iran yakongera ibikorwa byayo bya gisirikare ndetse n’iterambere rya gahunda yayo ya nucléaire.
Ikindi cyateye kutumvikana hagati ya Trump na Welker ni umushinga wa Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika uteganya miliyari hafi 1,8 z’Amadolari ya Amerika zo gutanga indishyi ku bantu bavuga ko bakorewe iperereza cyangwa ibikorwa by’ubutabera bifitanye isano na politiki.
Abatavuga rumwe n’uyu mushinga bavuga ko ushobora gutuma bamwe mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu myigaragambyo yabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika (Capitol) muri Mutarama 2021 bahabwa indishyi, ibintu byateje impaka zikomeye mu rwego rwa politiki.
Trump yavuze ko hari abantu benshi bahohotewe n’inzego za leta kubera impamvu za politiki, mu gihe abatavuga rumwe na we bavuga ko ubutabera bwakoraga akazi kabwo nk’uko bisanzwe.
Ibi bibaye mu gihe Donald Trump amaze imyaka myinshi afitanye amakimbirane n’ibitangazamakuru bikomeye byo muri Amerika, birimo NBC, CNN, ABC, CBS na The New York Times.
Kuva yatangira ibikorwa bya politiki ku rwego rw’igihugu, Trump yakunze gushinja ibitangazamakuru byinshi kubogama no gukwirakwiza amakuru agamije kumwangiriza isura, mu gihe byo bivuga ko biri gukora inshingano zabyo zo kubaza abayobozi ibibazo abaturage bakeneye ibisubizo byabyo.
Abasesenguzi ba politiki bavuga ko uku kutavuga rumwe hagati ya Trump n’itangazamakuru gushobora gukomeza kugira uruhare rukomeye mu matora y’igihe kiri imbere, cyane cyane mu gihe igihugu gikomeje kugabanywamo ibice ku birebana na politiki.
Icyakora, kuva kwa Trump muri iki kiganiro atarakirangiza byongeye gutuma hibazwa niba abayobozi bakuru ba politiki bakwiye kwihanganira ibibazo bikomeye by’abanyamakuru, cyangwa niba hari aho umurongo wo kubaza no gusubiza urangirira mu biganiro bya politiki bica kuri televiziyo.
Minembwe Capital News





