Abayobozi bo mu Bibogobogo Bahamagajwe i Baraka
Amakuru yizewe aturuka mu gace ka Bibogobogo, gaherereye muri teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aravuga ko abayobozi b’inzego z’ibanze (abachefs b’amalocalités) bahamagajwe mu buryo bwihutirwa i Baraka, umujyi ufite uruhare rukomeye mu miyoborere n’umutekano w’aka karere.
Nk’uko ayo makuru abivuga, aba bayobozi bahamagawe n’ubuyobozi bw’inzego za gisirikare ku rwego rwa region, aho bivugwa ko iki gikorwa cyateguwe na Komanda région, afatanyije n’abayobozi b’amagroupement. Ibi bigaragaza ko ari igikorwa gifite uburemere n’inyungu zihariye ku mutekano n’imiyoborere y’aka gace.
Kugeza ubu, impamvu nyakuri y’iyi mpamagazi ntiratangazwa ku mugaragaro. Icyakora, amakuru y’ibanze yemeza ko aba bayobozi bose bamaze kugera aho bahamagawe i Baraka, aho biteganyijwe ko bagirana ibiganiro bishobora kuba bifitanye isano n’umutekano, ubufatanye n’inzego za Leta, ndetse n’ingamba zo guhangana n’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) muri aka karere.
Iyi mpamagazi ibaye mu gihe hadutse ibikorwa bya politiki n’ibiganiro bigamije gushishikariza abaturage gushyigikira ubutegetsi bwa Kinshasa. Aho bamwe mu bayobozi, barimo Jacques Kongolo, umuvugizi wa Perezida Félix Tshisekedi mu by’umutekano, Rutikanga uvuga ko ahagarariye inyungu z’Akagara, ndetse na William Yakutumba wo mu mutwe wa Wazalendo, bagiriye uruzinduko muri Bibogobogo. Muri urwo ruzinduko, bashishikarije abaturage gushyigikira Leta ya RDC no gufatanya mu kurwanya MRDP-Twirwaneho na M23.
Abakurikiranira hafi ibibazo byo mu Burasirazuba bwa RDC bavuga ko iyi nama ishobora kuba igamije kongerera imbaraga ubufatanye hagati y’inzego za gisivile n’iza gisirikare, hagamijwe gukumira ibikorwa by’umutekano muke bikomeje kugaragara muri Fizi n’uturere tuyikikije.
Mu gihe amakuru arambuye kuri iyi nama agitegerejwe, haribazwa niba ishobora kuba igamije gutegura ingamba nshya z’umutekano cyangwa kongerera ubushobozi ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu guhangana n’ibibazo bikomeje kwiyongera muri aka karere.
Icyakora, abaturage bo mu Bibogobogo n’inkengero zaho bakomeje gukurikiranira hafi iby’iyi nama, bategereje kumenya imyanzuro izavamo n’ingaruka zayo ku buzima bwabo bwa buri munsi n’umutekano w’akarere.






