• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

AFC/M23 Yasabye u Burundi Gufungura Umupaka wa Gatumba

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 13, 2026
in Regional Politics
0
AFC/M23 Yasabye u Burundi Gufungura Umupaka wa Gatumba
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23 Yasabye u Burundi Gufungura Umupaka wa Gatumba

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryasabye Leta y’u Burundi gufungura umupaka wa Gatumba, uhuza u Burundi na RDC, hagamijwe korohereza impunzi z’Abanye-Congo zifuza gusubira mu gihugu cyazo mu mutekano no mu cyubahiro.

Ubu busabe bwatanzwe n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, abinyujije mu butumwa yagejeje kuri Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, ashingiye ku mibereho mibi impunzi z’Abanye-Congo zahungiye mu Burundi zimazemo iminsi.

Nangaa yagize ati: “Dushingiye ku kibazo gikomeye cy’ubutabazi gikomeje kwibasira abaturage bacu bahungiye ku butaka bw’u Burundi, turasaba mu cyubahiro ko umupaka wafungurwa, kugira ngo ababyifuza babashe gusubira mu gihugu cyabo banyuze ku mupaka wa Gatumba, mu mutekano, mu cyubahiro no mu ituze.”

Yakomeje yibutsa ko ku ruhande rwa AFC/M23 hashyizweho ingamba zorohereza abaturage b’u Burundi gusubira iwabo igihe babishaka, asaba ko n’Abanye-Congo bari mu Burundi bafatwa mu buryo bungana n’ubwo, hashingiwe ku mahame y’ubutabazi, uburinganire n’ubwuzuzanye mu karere.

U Burundi bucumbikiye impunzi zisaga 100,000 z’Abanye-Congo, zahungiyeyo mu bihe bitandukanye by’imirwano yo mu Burasirazuba bwa RDC. Mu kwezi gushize, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, habaye imirwano ikaze yasize AFC/M23 yigaruriye Umujyi wa Uvira, bituma umubare w’impunzi wiyongera cyane.

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye agaragaza ko izi mpunzi zibayeho mu buzima bukomeye, aho zimwe zibura ibiribwa bihagije, aho ziryama n’ubuvuzi bukwiye. Haravugwa ko impunzi zirenga 50 zimaze gupfa, ahanini bitewe n’inzara, indwara zitandukanye ndetse n’icyorezo cya cholera.

Ku rundi ruhande, Leta y’u Burundi, ibinyujije ku Munyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, Révérien Ndikuriyo, aherutse gutangaza ko nta gahunda ya vuba ihari yo gufungura umupaka wa Gatumba. Yongeyeho ko uwo mupaka uzafungurwa icyarimwe n’indi mipaka u Burundi buhuriraho n’u Rwanda, ashimangira ko iki cyemezo kigifite impamvu za politiki n’umutekano ziri gukomeza gusuzumwa.

Iki kibazo gikomeje gukurura impungenge mu nzego z’ubutabazi no mu bakurikirana umutekano w’akarere, mu gihe ubuzima bw’impunzi bukomeje kuba mu kaga.

Tags: AFC/m23GatumbaImpunziU BurundiUmupaka
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
“Iyo RDC Ikorana n’u Rwanda, Uyu Munsi Iba Ari Igihugu Gikize Kurusha Ibindi muri Afurika” – Sonia Rolland

“Iyo RDC Ikorana n’u Rwanda, Uyu Munsi Iba Ari Igihugu Gikize Kurusha Ibindi muri Afurika” – Sonia Rolland

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?