• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 17, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Amerika Yategetse ko FDLR na Wazalendo Birandurwa Burundu

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 5, 2026
in Conflict & Security
0
Kivu y’Epfo: Wazalendo Bateye Ibirindiro Bya AFC/M23, Ariko Basubizwa Inyuma Bikomeye
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika Yategetse ko FDLR na Wazalendo Birandurwa Burundu

You might also like

Corneille Nangaa Avuze ku Buryo Bushya bwo Kurinda Minembwe: Fizi, Uvira, Kalemie na Lubumbashi Byaba Bifite Uruhare Rukomeye?

“Abanyarwanda bo muri Congo”: Amagambo ya Tito Rutaremara asubije ku mugaragaro ikibazo gikomeye cy’Abanyamulenge—Bakomoka he, kandi ni ba nde muri RDC?

Kalehe: Imirwano ikomeye yasubukuwe, AFC/M23 ifata ibice by’ingenzi muri Ziralo

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, aherutse kwakirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yasabwe gufata ingamba zifatika kandi zihamye mu kurandura imitwe yitwaje intwaro ya FDLR na Wazalendo, nk’ishingiro ry’umutekano n’amahoro arambye mu gihugu cye no mu karere kose.

Perezida Tshisekedi ari muri Amerika kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru, mu ruzinduko rugamije gushimangira umubano wa dipolomasi hagati ya Washington na Kinshasa, no kuganira ku ngingo z’ingenzi zirimo umutekano, ubukungu n’amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

Ku wa Gatatu tariki ya 04/02/2026, ni bwo yakiriwe mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika (Capitol), aho yagiranye ibiganiro byimbitse n’abasenateri bakuriye Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga. Abo ni Senateri Jim Risch, uyobora iyo Komisiyo, afatanyije na Senateri Jeanne Shaheen.

Iyo Komisiyo yatangaje ko ibiganiro byabo byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Washington, yasinywe hagati ya RDC n’u Rwanda, ku mubano usanzwe hagati ya Amerika na Congo, ndetse no ku mishinga y’iterambere ihuriweho irimo n’ijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’umushinga wa Lobito Corridor, ufatwa nk’inkingi ikomeye mu guhuza ubukungu bw’akarere.

Abasenateri bombi bemeje ko Amerika yiteguye gukomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye wa RDC, ariko bashimangira ko iyo mikoranire igomba gushingira ku kubahiriza byimazeyo amasezerano ya Washington, impande zombi zayasinye zigashyira mu bikorwa ibyo ziyemeje.

Jim Risch na Jeanne Shaheen bongeye gushimangira ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteguye gufata ingamba ku bantu cyangwa ku nzego zaba zica amasezerano, mu rwego rwo gukumira isubira inyuma ry’amahoro no kwirinda ko amakosa yakongera kuba.

Tariki ya 04/12/2025, Perezida Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, ni bwo bemeje ku mugaragaro amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byombi i Washington mu kwezi kwa gatandatu 2025. Aya masezerano ateganya ko Kinshasa igomba gusenya burundu umutwe w’abajenosideri ba FDLR, bamaze igihe bagirana imikoranire n’ingabo za Leta, mbere y’uko u Rwanda rukuraho ingamba z’umutekano rwari rwarafashe.

Raporo z’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zasohotse mu mpera z’umwaka ushize, zagaragaje ko Leta ya Congo ikomeje gukorana na FDLR ndetse n’imitwe ya Wazalendo mu ntambara irimo ihanganisha ingabo za FARDC n’umutwe wa AFC/M23, ibintu Amerika ifata nk’inzitizi ikomeye ku mahoro arambye.

Abasenateri Risch na Shaheen bagaragarije Perezida Tshisekedi ko amahoro arambye atagerwaho mu gihe RDC itarafata icyemezo gikomeye cyo kurandura iyo mitwe yitwaje intwaro. Bagize bati:
“Kugira ngo habeho umutekano urambye, RDC igomba kugira uruhare rwayo mu kugabanya umwuka w’intambara, ifata ingamba zihamye zo kurwanya FDLR n’imitwe ya Wazalendo ikomeje kubangamira umutekano n’imibereho y’abaturage.”

Banamushishikarije gushyira imbere ibiganiro bya politiki bihuza Abanye-Congo bose, aho gukomeza inzira ya gisirikare ishobora kurushaho kwongera ibibazo. Bati:
“Turizera ko uru ruzinduko ruzatuma RDC yiyemeza ibiganiro bya politiki bifite ireme ku rwego rw’igihugu, kugira ngo hubakwe ubumwe bwa politiki bukenewe mu guhuza igihugu no gushimangira ejo hazaza h’umubano wacu.”

Ku rundi ruhande ariko, Amerika yagaragaje impungenge zayo ku bijyanye no kwigarurira ibice byo mu burasirazuba bwa Congo bikomeje gushinjwa umutwe wa M23.

Abasenateri bagaragaje ko abaturage ba Congo barenga miliyoni 26 bakeneye ubutabazi bwihutirwa kubera inzara n’ingaruka z’intambara, bityo ko badakwiye gukomeza kuba igitambo cy’aya makimbirane.

Senateri Jeanne Shaheen, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yasabye ko umutwe wa M23 uryozwa kutubahiriza amasezerano ya Washington, yashyiriweho gushyigikira amahoro n’iterambere birambye hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, anavuga kandi ko uyu mutwe ukwiye kuva kubutaka bwa RDC.

Tags: AmericaFDLRRdcTshisekedi
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Corneille Nangaa Avuze ku Buryo Bushya bwo Kurinda Minembwe: Fizi, Uvira, Kalemie na Lubumbashi Byaba Bifite Uruhare Rukomeye?

by Bahanda Bruce
August 16, 2026
0
Corneille Nangaa Avuze ku Buryo Bushya bwo Kurinda Minembwe: Fizi, Uvira, Kalemie na Lubumbashi Byaba Bifite Uruhare Rukomeye?

Corneille Nangaa Avuze ku Buryo Bushya bwo Kurinda Minembwe: Fizi, Uvira, Kalemie na Lubumbashi Byaba Bifite Uruhare Rukomeye? Minembwe Capital News Mu muhango wo kwibuka abiciwe mu bwicanyi...

Read moreDetails

“Abanyarwanda bo muri Congo”: Amagambo ya Tito Rutaremara asubije ku mugaragaro ikibazo gikomeye cy’Abanyamulenge—Bakomoka he, kandi ni ba nde muri RDC?

by Bahanda Bruce
August 16, 2026
0
Amagambo akomeye Tito Rutaremara yavugiye mu muhango wo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba

Minembwe Capital News “Abanyarwanda bo muri Congo”: Amagambo ya Tito Rutaremara asubije ku mugaragaro ikibazo gikomeye cy’Abanyamulenge—Bakomoka he, kandi ni ba nde muri RDC? Amagambo yavuzwe na Tito...

Read moreDetails

Kalehe: Imirwano ikomeye yasubukuwe, AFC/M23 ifata ibice by’ingenzi muri Ziralo

by Bahanda Bruce
August 16, 2026
0
Kalehe: Imirwano ikomeye yasubukuwe, AFC/M23 ifata ibice by’ingenzi muri Ziralo

Kalehe: Imirwano ikomeye yasubukuwe, AFC/M23 ifata ibice by’ingenzi muri Ziralo Imirwano ikomeye yongeye kubura mu gice cya Ziralo, muri teritwari ya Kalehe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho...

Read moreDetails

Birakaze: C64 yatangaje imyigaragambyo simusiga yo kurwanya umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga rya RDC

by Bahanda Bruce
August 15, 2026
0
Birakaze: C64 yatangaje imyigaragambyo simusiga yo kurwanya umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga rya RDC

Birakaze: C64 yatangaje imyigaragambyo simusiga yo kurwanya umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga rya RDC Minembwe Capital News Ihuriro ry’amashyaka y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Imyaka 22 Nyuma ya Gatumba: Me Byashoni Atangaje Icyerekezo Gishya ku Banyamulenge—“Amarira yacu Agomba Kuvamo Imbaraga zo Kongera Kubaka”

by Bahanda Bruce
August 15, 2026
0
Imyaka 22 Nyuma ya Gatumba: Me Byashoni Atangaje Icyerekezo Gishya ku Banyamulenge—“Amarira yacu Agomba Kuvamo Imbaraga zo Kongera Kubaka”

Imyaka 22 Nyuma ya Gatumba: Me Byashoni Atangaje Icyerekezo Gishya ku Banyamulenge—“Amarira yacu Agomba Kuvamo Imbaraga zo Kongera Kubaka” Minembwe Capital News Mu butumwa bwatanzwe na Me Maniragaba...

Read moreDetails
Next Post
Nduhungirehe Yaburiye Abanyamulenge Bahinyuza Ukuri ku Bibera i Mulenge Gusura Ibice Bigenzurwa na FARDC, FDLR, FDNB na Wazalendo

Nduhungirehe Yaburiye Abanyamulenge Bahinyuza Ukuri ku Bibera i Mulenge Gusura Ibice Bigenzurwa na FARDC, FDLR, FDNB na Wazalendo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco MRDP-TWIRWANEHO Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?