• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bidasanzwe abanyagihugu mu Burundi basenyewe bazira M23

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 4, 2025
in Regional Politics
0
Bidasanzwe abanyagihugu mu Burundi basenyewe bazira M23
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bidasanzwe abanyagihugu mu Burundi basenyewe bazira M23

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Imiryango ikabakaba ijana y’Abarundi, muri komine Cibitoki yirukanywe mu byabo iranasenyerwa, izira ko yoba igirana ubucuti n’umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iki gikorwa cyo gusenyera Abarundi, bivugwa ko cyatangiye gukorwa n’imbonerakure mu mpera z’ukwezi gushize kwa cyenda uyu mwaka.

Amakuru akavuga ko ahanini imiryango yasenyewe n’iyarituye mu duce twa Bucimbiri, Kabona na Mbanza. Utu duce tukaba duherereye muri zone ya Rugombo, Komine Cibitoki mu majy’Epfo y’u Burundi ahana imbibi na RDC.

Umwe mu baturage basenyewe wavuganaga n’itangazamakuru, yarigaragarije ko “amazu yabo, yari yubatse hafi n’aho bahinga. Imbonerakure ziraza zirayasenya, zibabwira ko mukuyubaka babitegetswe n’umutwe wa M23.”

Yavuze ko akazi kabo kaburi munsi kandi kanabatunze, ni ubuhinzi, bityo bigatuma bubaka ahegereye amasambu yabo, mu rwego rwo kugira ngo ibiyahinzemo bitibwa.Icyabatangaje ni uko batangiye kubizira.

Yagize ati: “Byadutangaje kuba turi kuzira amasambu twasigiwe n’abasogokuruza. Bizwi ko tur’abahinzi, kandi ko ari bwo budutunze. Ariko turabizize!”

Aya makuru akomeza avuga ko abenshi muri abo bahinzi barafashwe, baranafungwa, bonoherezwa gufungirwa mu makasho atandukanye yo muri ibyo bice, ariko kandi ngo hari n’abacuruzi n’abo babigendeyemo, nabo bafashwe bambukana ibicuruzwa byabo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bose bakaba bafunzwe.

Mu gusenyera aba banyagihugu, amakuru akomeza avuga ko ari cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwo muri icyo gice, nyuma y’inama yahuje musitanteri, ubuyobozi bwa polisi n’igisirikare.

Musitanteri w’iyi komine ya Cibitoki, Eloge Najeneza, yemeje aya makuru ubwo yavuganaga n’itangazamakuru, anarisobanurira ko iyo ngingo yafashwe kubera ko muri Kivu y’Amajyepfo hasigaye hava abantu bitwaje intwaro bagahungabanya umutekano w’abaturage.

Imiryango igera ku ijana, yatakaje hegitari 80 z’imirima, ikavuga ko ifite ubwoba bwo kuzitakaza byaburundu, kandi ari amatongo basigiwe n’abasekuru.

Uko gushinjwa gukorana n’umutwe wa M23, ni uruvangitirane rw’amakimbirane amaze igihe mu karere, aho Ingabo z’u Burundi n’iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR bifatanya mu kurwanya uyu mutwe wa M23 urwanira mu Burasirazuba bwa RDC.

Mu mpera z’umwaka wa 2021, ni bwo uyu mutwe wubuye intwaro ushinja Leta y’i Kinshasa imiyoborere mibi, ndetse no gukandamiza Abatutsi bo mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Muri iyo ntambara u Burundi mu gushyigikira RDC bwayoherejemo abasirikare babwo barenga ibihumbi 20. Kimwe cyo ntacyo aba basirikare bafashije, kuko ntibabuza M23 kwagura ibirindiro byayo.

Kugeza ubu uyu mutwe ukomeza gufata aho urwanye hose, haba muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Tags: AbanyagihuguCibitokiM23
Share34Tweet22Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Wazalendo na FARDC basubiranyemo abasivili aba ari bo babigenderamo

Havuzwe amakuru y'umusirikare wa FARDC warashe umuturage ntacyo bapfuye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?