Col. Rugabo Yatanze Ubutumwa Bukakaye ku Burundi: “Turindiriye Itegeko Gusa, Tuzabakubita Nabi”
Col. Rugabo Fidel, umwe mu bayobozi b’umutwe wa MRDP-Twirwaneho, yavuze amagambo akakaye yikoma u Burundi n’Abarundi, by’umwihariko ingabo z’u Burundi ziri mu bice by’uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Mu magambo ye, Rugabo yavuze ko ingabo za MRDP-Twirwaneho zitegereje gusa itegeko ry’Umugaba Mukuru wazo, Gen. Charles Sematama, uzwi cyane ku izina rya “Intare Batinya”, kugira ngo zihagurukire kurwanya ingabo z’u Burundi, avuga ko ziri mu bice bitandukanye by’imisozi miremire y’i Mulenge.
Rugabo yagize ati:
«“Turindiriye order gusa ya Afande. Ariko umunsi aduhaye itegeko, aba Barundi bose twobirukana umunsi umwe, kandi twabageza iwabo i Burundi.”»
Yakomeje avuga ko ingabo z’u Burundi zamaze gukubitwa no gusubizwa inyuma mu bice bitandukanye, avuga ko harimo i Ndondo, Minembwe, Rwitsankuku, Mikenke, Gipupu na Point Zéro.
Ati:
«“Twarabakubise hose. Ku Ndondo twarabirukanye, no muri Minembwe, Rwitsankuku, Mikenke, Gipupu no kuri Point Zéro. Nta hantu na hamwe tutarabirukana.”»
Rugabo yavuze ko igihe icyo cyemezo kizaba cyafashwe, ingabo z’u Burundi zizahura n’imbaraga zikomeye kurushaho.
Ati:
«“Order nimara gutangwa, muzareba. Tuzabakubita nabi.”»
Yamaganye impamvu u Burundi butanga zo kohereza ingabo muri RDC
Col. Rugabo yanenze impamvu u Burundi butanga zo kohereza ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane iyo buvuga ko bugiye gufasha FARDC guhangana n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) na MRDP-Twirwaneho.
Yavuze ko kubona ingabo z’u Burundi ziza muri RDC ngo zifashe FARDC ari “ubucucu”, avuga ko ababishyigikira babeshya bavuga ko hari umugambi wo gushyiraho “Empire Hima”.
Rugabo yavuze ko ibyo bitekerezo ari “ubugoryi bubi”, asaba u Burundi kubireka.
Yagize ati:
«“U Burundi nibukure ubugoryi babiba mu basirikare babo. Bareke gukomeza gutera amabombe mu Banyekongo.”»
Yavuze ko AFC/M23 itayobowe n’Abatutsi
Mu kiganiro cye, Rugabo Fidel yanavuze ku mutwe wa AFC/M23, ahakana ko uyu mutwe uyobowe n’umuntu w’Umutsi.
Yavuze ko AFC/M23 iyobowe n’Umunyekongo ukomoka mu Ntara ya Tshopo, bityo ko atari byo ko uwo mutwe uyobowe n’Abatutsi.
Aya magambo aje mu gihe impaka ku nkomoko y’umutekano muke n’imirwano mu burasirazuba bwa RDC zikomeje kuba ndende, aho imitwe yitwaje intwaro, ingabo za Leta n’abafatanyabikorwa babo bakomeje gushinjanya kuba intandaro y’ubwiyongere bw’umutekano muke.
Yaburiye Abapfulero
Col. Rugabo Fidel yanagejeje ubutumwa bukakaye ku Bapfulero, abasaba guhagarika ibyo yavuze ko ari ugushotora Abanyamulenge.
Yababuriye ko nibakomeza ibyo bikorwa, Abanyamulenge bashobora kubirukana i Mirimba.
Nubwo yakoresheje imvugo ikomeye, Rugabo yavuze kandi ko Abanyekongo bose bakwiye kwiga kubana mu mahoro, yibutsa ko abaturage bo mu bice bitandukanye bya RDC basanzwe baraturanye.
Yagize ati:
«“Abanyekongo bose bakwiye kwiga kubana neza, nk’uko bahoze baturanye neza.”»
Rugabo yasabye u Burundi gukura ingabo zabwo muri RDC
Mu gusoza ubutumwa bwe, Col. Rugabo Fidel yasabye Abanyekongo gushyira hamwe no guhagarika intambara, avuga ko amakimbirane amaze guteza ibibazo bikomeye abaturage.
Yasabye kandi ingabo z’u Burundi kuva ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zigataha mu gihugu cyazo.
Ati, mu ncamake, Congo ni iy’Abanyekongo, bityo ingabo z’ibindi bihugu ntizigomba gukomeza kuhaba mu rwego rwo kugira uruhare mu mirwano.
Amagambo ya Col. Rugabo Fidel aje mu gihe umutekano mu burasirazuba bwa RDC ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu karere k’Ibiyaga Bigari, aho uruhande rumwe n’urundi rukomeje gutanga ibisobanuro bitandukanye ku mpamvu z’imirwano, uruhare rw’ibihugu by’abaturanyi ndetse n’imikorere y’imitwe yitwaje intwaro.






