• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, April 20, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

DRC: Bitakwira yashimye imiyoborere ya AFC/M23/MRDP, anenga iya Wazalendo mu mvugo ikomeye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 25, 2025
in Regional Politics
0
DRC: Bitakwira yashimye imiyoborere ya AFC/M23/MRDP, anenga iya Wazalendo mu mvugo ikomeye
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

DRC: Bitakwira yashimye imiyoborere ya AFC/M23/MRDP, anenga iya Wazalendo mu mvugo ikomeye

You might also like

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

Umudepite wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Justin Bitakwira Bihona, yatangaje ko “ibice bigenzurwa na AFC/M23/MRDP birimo umutekano n’amahoro ugereranyije,” anenga bikomeye imyitwarire n’imikorere by’abarwanyi ba Wazalendo bafatanya na FARDC mu bikorwa byo kurwanya uwo mutwe.

Bitakwira, usanzwe anafite uruhare mu guhuza ibikorwa bya politiki bya Wazalendo, yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye i Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ku wa mbere tariki ya 24/11/2025. Iki kiganiro cyabaye nyuma y’imirwano ikomeye yavutse hagati ya Wazalendo na FARDC i Uvira, yahitanye ubuzima bw’abantu kandi igasiga abandi benshi bakomerekejwe.

Mu magambo akakaye, Bitakwira yagarutse ku bukana bw’imirwano ivugwaho guterwa n’ukutavuga rumwe hagati ya FARDC na Wazalendo, avuga ko ibyo bari gukora binyuranye n’icyo abaturage babitezeho.

Yagize ati: “Amasasu yo gupfusha ubusa murasa iminsi yose. Wazalendo, musubiranamo na FARDC umunsi ku wundi. Mwibuke ko nta n’umwe muri mwe washoboraga kugera i Luvungi cyangwa i Sange. Ubu ntituzi neza abahindutse abanzi b’igihugu hagati yanyu na AFC/M23/MRDP.”

Yakomeje yerekeza ku bice biri mu maboko ya AFC/M23/MRDP, avuga ko nubwo amakosa atabura, umutekano uhari urenze uwo mu bice birimo ingabo za Leta na Wazalendo.

Ati: “I Bukavu aho AFC/M23/MRDP-Twirwaneho igenzura, abaturage bari mu mahoro, no muri Goma nuko bimeze. Ibice byose bigenzurwa na AFC/M23/MRDP, abaturage baho bafite ituze kurusha aha.”

Bitakwira, yemeje ko mu 2023 ari we watumye Wazalendo bava mu ishyamba, yavuze ko imikorere yabo iri kugana mu buryo budafitiye igihugu akamaro.

Ati: “Wazalendo, shetani yarabinjiriye. Abaturage bazabatererana bagarukire AFC/M23/MRDP.”

Yageze n’aho avuga ko ubuyobozi bwa RDC bwabagiriraga icyizere ariko ko ubu batashimiwe.

Ati: “Kamanda Yakutumba, René Itongwa, Kamama, Makanaki, Ngomanzito n’abandi… Kinshasa yarabubahaga cyane ariko noneho ubu muranzwe cyane. Umwenda w’umweru iyo umenetseho amaraso ntawongera kuwambara. Muzageraho mufatwa nk’ ibishingwe bata kw’icyukiro.”

Amagambo ya Bitakwira akomeje gutera impaka muri Kivu y’Amajyepfo, aho abaturage n’abasesenguzi bibaza ku ngaruka z’iyi mvugo mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye. Ntacyo ubuyobozi bwa FARDC cyangwa ubwa Wazalendo buremeza cyangwa buhakana kuri ibi birego kugeza ubu.

Iyo mvugo ije mu gihe intambara ihanganishije FARDC, Wazalendo na AFC/M23/MRDP ikomeje kwaguka mu Burasirazuba bwa RDC, aho ibice byinshi bikomeje kugwa mu maboko ya AFC/M23/MRDP–Twirwaneho muri Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.

Tags: BitakwiraFardcUviraWazalendo
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 19, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura Mu minsi mike ishize yo muri uyu mwaka wa 2026, mu gace ka Musaga...

Read moreDetails

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Amayobera ku Rupfu rw’Umuyobozi wo muri Guverinoma i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi Amakuru atandukanye yatangajwe ku rupfu rwa Gabby Bugaga, wahoze ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, akomeje guteza impaka zikomeye....

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, uri no ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23/MRDP yigaruriye uduce dushya muri Shabunda, imirwano irarushaho gukomera muri Kivu y’Amajyepfo

AFC/M23/MRDP yigaruriye uduce dushya muri Shabunda, imirwano irarushaho gukomera muri Kivu y'Amajyepfo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?