Gakenke: Ingabo z’u Burundi na FARDC Zihasize Abasirikare Benshi
Mu gihe umutekano ukomeje guhungabana mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), amakuru ava mu misozi ya Minembwe aravuga ko ingabo z’u Burundi zifatanyije n’iza FARDC zagabweho igitero gikomeye cya drone ahitwa i Gakenke, bikaviramo benshi mu basirikare kuhasiga ubuzima.
Amakuru yizewe aturuka muri ako gace avuga ko mu gitondo cya kare, drone itaramenyekana inkomoko yayo yagaragaye igaba igitero gikomeye ku ngabo zari i Gakenke, mu burasirazuba bwa centre ya Minembwe. Iyo drone yarashe ibisasu bikomeye byateje igihunga mu basirikare, benshi bahita batatana, mu gihe abandi bahasize ubuzima.
Abaturage n’abari hafi y’aho byabereye bavuga ko icyo gitero cyabaye gitunguranye kandi gifite ubukana bukabije, ku buryo cyasize igihombo gikomeye mu ngabo zari zihari. Nubwo kugeza ubu umubare nyakuri w’abahitanywe n’icyo gitero utaratangazwa ku mugaragaro, amakuru atandukanye ahamya ko hapfuye abasirikare benshi.
Ibi bitero bya drone si ubwa mbere bibaye muri aka gace. Mu minsi mike ishize, ahitwa ku Ndondo muri grupema ya Bijombo na ho hagabwe igitero nk’iki, cyibasiye ingabo za FARDC n’imitwe iyishyigikiye, abasirikare benshi bakahasiga ubuzima, mu gihe abasigaye bahungiye i Uvira.
Iyi myitwarire mishya y’intambara ikoresha drone igaragaza ihinduka rikomeye mu mikorere y’imirwano mu Burasirazuba bwa RDC, aho intwaro z’ikoranabuhanga rihanitse zigenda zifata umwanya munini, bigatuma n’uburyo bwo kwirwanaho burushaho kugorana.
Ku rundi ruhande, amakuru akomeza kugaragaza ko u Burundi bukomeje kohereza ingabo nyinshi mu Burasirazuba bwa RDC. Izo ngabo zivugwa ko zinyura mu ntara ya Rumonge, zikambukira mu duce twa Baraka muri Fizi, mbere yo gukomeza mu misozi ya Bibogobogo, kwa Mulima ndetse no kuri Point Zero—ahamaze igihe havugwa imirwano ikomeye.
Amateka y’iyi mirwano mu Minembwe n’inkengero zaho afitanye isano n’amakimbirane amaze igihe kirekire ashingiye ku moko, ubutaka n’inyungu za politiki n’ubukungu. Abanyamulenge batuye muri ako gace bagabwaho ibitero n’izi ngabo z’u Burundi, iza FARDC, ndetse n’imitwe ya Wazalendo na FDLR.
Ibi bitero bya drone byiyongereye mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bigamije kugarura amahoro bikomeje kugenda biguru ntege, ibintu bituma abaturage bakomeza kuba mu kaga gakomeye, barimo guhunga ingo zabo no gutakaza ibyabo.
Abasesenguzi b’akarere bavuga ko niba nta ngamba zihamye zifatwa zo kugabanya ubukana bw’iyi mirwano no kugenzura ikoreshwa ry’izi ntwaro zigezweho, bishobora kurushaho gukaza umurego w’intambara, bigashyira ubuzima bw’abasivili mu kaga gakomeye kurushaho.
Mu gihe iperereza ku by’iki gitero rigikomeje, haracyategerejwe kumenya neza inkomoko ya drone yagabye igitero n’uruhande rwayikoresheje, kimwe n’umubare nyakuri w’abasirikare bahasize ubuzima.






