• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 15, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye ibyabaye ku musirikare wari warabangamiye cyane Abanyamulenge mu Minembwe.

minebwenews by minebwenews
April 2, 2025
in Regional Politics
1
Iby’inama ya FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo yabereye i Kaziba.
127
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye ibyabaye ku musirikare wari warabangamiye cyane Abanyamulenge mu Minembwe.

Major Papy wo mu ngabo za Congo muri brigade ya 21 iyakoreye mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge igihe kirenga umwaka umwe, muri icyo gihe cyose akimaramo ababaza cyane Abanyamulenge byamenyekanye ko yakomeretse bikabije, kandi ko arimo kuvurwa.

READ ALSO

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

Ni amakuru akubiye mu butumwa twahawe kuri Minembwe Capital News, aho bugaragaza ko Maj.Papy yakomerekeye mu ntambara ubwo Twirwaneho yirukanaga ihuriro ry’Ingabo za Congo mu Minembwe ku itariki ya 21/02/2025.

Icyo gihe uyu mutwe wa Twirwaneho wafashe ibigo bya gisirikare byari mu bice bitandukanye muri Minembwe, harimo icyo ku Kiziba cyarebaga ikibuga cy’indege cya Minembwe, icya Runundu, i Lundu ndetse n’icyari muri centre.

Cyokimwe kandi ko wafashe n’ibiro bikuru bya komine ya Minembwe.

Ubutumwa bukomeza bugaragaza ko uyu musirikare wari mubabangamiye cyane Abanyamulenge yakomerekeye muri iyo mirwano.

Bizwi ko Maj.Papy ari we warebaga batayo yabaga ku Kiziba ahaba ikibuga cy’indege. Ingabo yari ayoboye zizwiho kuba zarinjiranaga abaturage mu mazu mu masaha y’ijoro, ndetse ubundi zikabatera izuba riva.

Muri uko gutera abaturage kibandi mu ijoro, zarabasahuraga ubundi zikabakorera ibyamfurambi, nko gusiga zibakubise ndetse kandi hari nubwo zigeze gufata abagore b’Abashi ku ngufu batuye hafi aho.

Hejuru y’ibyo kandi, aba basirikare bari bayobowe na Papy bigeze kurasagura amasasu menshi yo gufusha ubusa ku Kiziba, asiga yishe Inka icyenda(9) izindi nyinshi zirakomereka, z’aba baturage mu mpera z’umwaka ushize wa 2024.

Ikindi nuko akenshi abo basirikare bakoraga ayo manyanga, babaga barikumwe na Maj. Papy.

Aya makuru ari muri ubu butumwa akaba yagaragaje ko uyu musirikare yakomeretse bikabije kandi ko arimo kuvurirwa mu bitaro biherereye kuri Mugera ho muri teritware ya Fizi.

Ubu butumwa bugasobanura ko Papy amasasu yamukomerekeje ku mirundi y’amaguru yombi, kandi ko ababaye kuko yakoze ku magupfwa.

Bugira buti: “Urya musirikare wari warabangamiye cyane Abanyamulenge, majoro Papy yarakomeretse mu ntambara.”

Bukomeza bugira buti: “Ubu ari kuvurirwa kuri Mugera. Kandi arababaye cyane, yakomeretse ku mirundi y’amaguru yombi.”

Tags: AbanyamulengeKizbaMinembwePapyumusirikareWari warabangamiye

Related Posts

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Next Post
Ibyo wa menya kubirimo kuvugwa i Kisangani.

Ibyo wa menya kubirimo kuvugwa i Kisangani.

Comments 1

  1. Kavune Obadias says:
    1 year ago

    Uwo Major Papy se iyo akomereka umutwe ahubwo !!!!
    Naho imirundi ntacyo azaba iyazajya kwivuza i Bukavu ngo abana bazamushimute

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Inkongi Yahitanye Abanyeshuri i Bukavu: Nangaa n’Abayobozi ba AFC-M23 Bitabiriye Umuhango wo Kubasezeraho
  • Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
  • Sauvons la RDC Yamaganira Kure Gahunda y’Ibiganiro bya Tshisekedi
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?