• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 12, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Havuzwe amakuru mashya y’igipolisi cy’u Rwanda ajanye n’imyitozo idasanzwe kirangije gutozwa.

minebwenews by minebwenews
August 19, 2024
in Regional Politics
0
Havuzwe amakuru mashya y’igipolisi cy’u Rwanda ajanye n’imyitozo idasanzwe kirangije gutozwa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe amakuru mashya y’igipolisi cy’u Rwanda ajanye n’imyitozo idasanzwe kirangije gutozwa.

Ni igipolisi cy’u Rwanda gisoje imyitozo idasanzwe yo kubungabunga umutekano wo mu mazi, aho kiyirangirije mu gihugu cy’u Buyapani.

READ ALSO

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

Mu busanzwe amahugurwa cyangwa imyitozo, afasha abakozi gushimangira ubumenyi no kwiga ubundi bushya, bikabafasha kunoza imikorere no gukora kinyamwuga buzuza neza inshingano zabo, ugasanga birushaho kunoza imikorere.

Bityo, Polisi y’u Rwanda iri kubikora kugira ngo ikomeze kujya imbere, muri gahunda yo kuzamura ubumenyi na tekiniki bigendanye n’igihe kandi by’ujuje ibipimo byo ku rwego mpuzamahanga.

Abapolisi batatu bo mu ishami rishinzwe gucunga umutekano wo mu mazi, bakaba bavuye m’u Butuliyani, aho bari bitabiriye amahugurwa abagira abarimu mu bijyanye n’ibikorwa byo gucunga umutekano wo mu mazi.

Nk’uko byatangajwe n’igitangaza makuru cyo mu Rwanda cyitwa Bwiza Com, ari na cyo dukesha iy’inkuru kivuga ko iyo myitozo ko yabereye mu Nyanja ya Mediterane kandi ko iyo myitozo itangwa n’abarimu bo mu kigo mpuzamahanga gitanga ubumenyi mu byo koga cyitwa “Genoa Scuba Diver Center” kikaba kiyitanga mu gihe cy’ibyumweru bitatu, ikaba yari igamije kubungabunga ubumenyi na tekiniki bazifashisha mu guhugura abandi.

Kinavuga kandi ko muri iyo myitozo, ko bigiyemo amasomo atandukanye arimo abongerera ubumenyi bwo kwigisha ibijyanye no gucunga umutekano wo mu mazi, ubuhanga mu byo koga, amarondo yo gucunga umutekano mu mazi, kwirinda ibyago no gukumira ibyaha bikorerwa mu mazi, gukora igenzura n’isuzuma bikorwa, gutegura igenamigambi rijyanye n’ibikorwa, itumanaho n’ubuyobozi n’ibindi.

Aya mahugurwa kandi ngo yateguwe mu bufatanye busanzweho hagati ya polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani nk’uko bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono mu mwaka w’ 2017 n’inzego zombi harimo n’amahugurwa.

Aya mahugurwa akaba yiyongera ku yandi menshi atandukanye yagiye akorwa n’abapolisi bo mu muri iri shami, haba imbere mu gihugu no hanze yacyo mu bihe bitandukanye, binyuze mu bufatanye n’abafatanya bikorwa ba Polisi y’u Rwanda barimo ikigo cy’umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi (UNITAR), Carabinieri yo m’u Butaliyani, ikigo kizwhiho gutanga ubumenyi mu byo koga cyo muri Israel, ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) n’ibindi bitandukanye.

             MCN.
Tags: IdasanzweImyitozoPolisi y'u RwandaU Butaliyani

Related Posts

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

September 9, 2026
Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History
Regional Politics

Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History

September 9, 2026
Next Post
Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by’igihugu cy’u Burusiya.

Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by'igihugu cy'u Burusiya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
  • Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
  • C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?