• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ibitero Bikomeye bya FARDC n’Abambari Bayo byibasiye Ahatuye Abanyamulenge

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 10, 2026
in Conflict & Security
0
Ibirindiro bya Minembwe Ntibikiri Ibisanzwe, Ikoranabuhanga ryo mu Kirere Ryahinduye Isura y’Intambara
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibitero Bikomeye bya FARDC n’Abambari Bayo byibasiye Ahatuye Abanyamulenge

You might also like

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’abambari bazo barimo ingabo z’u Burundi, imitwe ya Wazalendo n’uwa FDLR, zagabye ibindi bitero bikomeye mu bice bituwe cyane n’abaturage b’Abanyamulenge.

Ibyo bitero byibasiye by’umwihariko inkengero za Point Zero, agace ka Nyaruhinga, ndetse n’imisozi ihanamiye Kalingi, ahari abaturage benshi. Nk’uko amakuru abivuga, ibyo bitero byatangiye mu masaha ya kare y’igitondo cyo kuri uyu wa kabiri, tariki ya 10/02/2026, bikozwe mu buryo butunguranye.

Abaturage bo muri ibyo bice bavuga ko bigeze mu bihe bikomeye by’ubwoba, kubera ko imirwano yabereye hafi y’ingo zabo, bituma benshi bahunga imiryango yabo bashaka aho bakingirwa n’umutekano, nubwo bigoranye kubera imiterere y’aho hantu n’uko intambara iri kugenda yaguka.

Ku rundi ruhande, umutwe wa MRDP-Twirwaneho, urengera umutekano w’abaturage baho, wihutiye gutabara, uhangana n’ibyo bitero. Amakuru aturuka muri uwo mutwe yemeza ko wabashe gusubiza inyuma igice cy’ingabo zari zagabye ibitero, nubwo imirwano yakomeje mu bice bimwe na bimwe.

Ibi bitero bije byiyongera ku bindi byabaye ku cyumweru gishize, aho mu gace ka Minembwe hiriwe imirwano ikaze. Icyo gihe, ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zagabye ibitero bikomeye byibasiye Abanyamulenge, harimo n’ikoreshwa ry’indege zitagira abapilote (drones), ibintu byakomeje gukurura impungenge zikomeye ku mutekano w’abasivili.

Nk’uko byemezwa n’inzego za sosiyete sivili zo muri ibyo bice, ibyo bitero byagize ingaruka zikomeye ku baturage, birimo guhitana abasivili benshi, gusenya amazu menshi, no kwangiza imitungo y’abaturage. Nubwo iyo miryango itatanze imibare nyakuri y’abahitanywe n’ibyo bitero, iravuga ko igihombo cyatewe n’intambara ari kinini cyane kandi gikomeje kwiyongera uko imirwano igenda irushaho gufata intera.

Bivugwa ko uko imirwano ikomeje muri Minembwe n’inkengero zayo, ari ko ubuzima bw’abaturage bukomeza kujya mu kaga, bagasaba ko habaho ingamba zihuse zo kurinda abasivili, kugabanya imirwano no gushaka ibisubizo bya politiki byatuma amahoro arambye agaruka muri ako karere kamaze igihe mu mvururu.

Tags: IbiteroNyaruhingaPoint Zero
Share31Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y'Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Amakuru Minembwe Capital News yakusanyije aturutse...

Read moreDetails

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie...

Read moreDetails

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

"Ville Morte" i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe ibikorwa hafi ya byose...

Read moreDetails

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23 Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri...

Read moreDetails

Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

Kivu y'Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n'Ingendo Bigeze mu Marembera Mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails
Next Post
Uvira na Minembwe, Aho Ubutabera Bwataye Inzira

Uvira na Minembwe, Aho Ubutabera Bwataye Inzira

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco MRDP-TWIRWANEHO Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?