• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 13, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Byinshi ku gitero cy’ingabo z’u Burundi cyinutse mu Bibogobogo kigana mu Minembwe.

minebwenews by minebwenews
July 8, 2025
in Conflict & Security
0
Ibivugwa mu nshe z’u Lurenge ahongeye kumvikana ibiturika.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa ku gitero kivuye mu Bibogobogo kigana mu Minembwe.

Nyuma y’aho Ingabo z’u Burundi zigereye mu Bibogobogo mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri tariki ya 08/07/2025, aka kanya izo ngabo hamwe nazimwe mu zari zihasanzwe, zerekeje mu Minembwe kuhagaba ibitero.

READ ALSO

Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka

Les Wazalendo se divisent en deux camps : au cœur des tensions entre Yakutumba et la nouvelle Alliance of Congolese Patriots (A.P.C.)

Bikubiye mu butumwa bwanditse umwe uherereye muri ibyo bice yaduhaye, aho yagize ati: “Aka kanya za ngabo z’u Burundi zaraye zakiriwe hano mu ijoro, zerekeje mu Minembwe zigiye kuhagaba ibitero. Zajanye nazimwe zabo zari zisanzwe mu Bibogobogo.”

Igihe c’isaha ya saa mbiri zijoro ryo ku wa mbere, ni bwo izo ngabo zakandagije ibirenge mu Bibogobogo. Ni mu gihe zahageze ziturutse i Baraka mu ntera ngufi uvuye aha mu Bibogobogo.

Umubare waba basirikare, amakuru yacu ntiyabashe ku wugenzura neza, ariko ubuhamya twahawe kuri bo bugira buti: “Urebye imirongo yabo uhita ubabarira muri magana nka ne. Ariko ntabwo bari munsi yabo.”

Bivugwa ko babanza guhitira kwa Mulima mbere yuko bakomereza mu gice cya Minembwe kigenzurwa n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.

Ibi bibaye mu gihe muri Kivu y’Amajyepfo bakomeje kuvuga intambara, kuko kandi hari zindi ngabo zo kuri uru ruhande rwa Leta ya Congo zavuzwe zazamutse mu Rurambo zivuye i Uvira, ndetse izindi ziravugwa mu Kibaya cya Rusizi, aho amakuru yemeza ko zo zirimo n’abacanshuro kandi ko zigamije kurwanira mu bice birimo Kamanyola, Nyangenzi n’i Bukavu. Ibi akaba ari gahunda ndende ya Leta ya Congo igamije kwisubiza ibice byose yambuwe n’uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.

Si muri ibyo bice bivugwamo abazamuye ibitero gusa, ahubwo abandi basirikare amakuru avuga ko binutse i Kilembwe bazakomeza mu Rugezi.

Hari n’andi makuru avuga ko Ingabo z’u Burundi zari mu Bibogobogo zabwiye Abarundi babakozi bakora imirimo nk’iyo guhinga no kuragira Inka z’Abanyamulenge ko bagomba gutaha, ngo kuko muri Kivu y’Amajyepfo hagiye kubera intambara ikomeye izasiga amateka akomeye.

Ubuhamya bugira buti: “Abarundi babakozi bakoraga imirimo itandukanye hano iwacu, abasirikare babasabye gutaha, bababwira ko hano hagiye kuba intambara itoroshye.”

Leta ya Congo nubwo yongeye gukaza umurego w’intambara, ariko mu mpera z’ukwezi gushize yashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Ni amasezerano yasinyanye n’u Rwanda, ibi bihugu byombi bikaba byarayakoreye imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio.

Ubundi kandi nubwo havugwa umugambi muremure w’u Burundi na RDC wo kurwana amakundura, ariko uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bikubiya kubi izi ngabo zirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa. Bazirukanye muri Kivu y’Amajyaruguru, ndetse no mu bindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo nka Minembwe, Kamanyola, Mikenke n’ahandi.

Tags: BibogobogoIgiteroKwa MulimaMinembwe

Related Posts

Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka
Conflict & Security

Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka

September 13, 2026
I Uvira Byakaze: Wazalendo basabye abaturage kugumuka kuri FARDC nyuma y’uko ifunze umwe mu bakomando babo
Conflict & Security

Les Wazalendo se divisent en deux camps : au cœur des tensions entre Yakutumba et la nouvelle Alliance of Congolese Patriots (A.P.C.)

September 13, 2026
Wazalendo Bacitsemo Ibice Bibiri: Imbere mu Makimbirane ya Yakutumba n’Ihuriro Rishya A.P.C.
Conflict & Security

Wazalendo Bacitsemo Ibice Bibiri: Imbere mu Makimbirane ya Yakutumba n’Ihuriro Rishya A.P.C.

September 12, 2026
Deux personnes tuées dans une embuscade contre des voyageurs en route vers Maheta
Conflict & Security

Deux personnes tuées dans une embuscade contre des voyageurs en route vers Maheta

September 12, 2026
IBY’IGITERO CYAGABWE KU BAGENZI BEREKEZAGA MU MAHETA
Conflict & Security

IBY’IGITERO CYAGABWE KU BAGENZI BEREKEZAGA MU MAHETA

September 12, 2026
Nyuma yo Gufata Mahanga, AFC/M23 Yerekeje i Bitoyi: Imirwano Ikomeye Yahuje Impande Zombi
Conflict & Security

Nyuma yo Gufata Mahanga, AFC/M23 Yerekeje i Bitoyi: Imirwano Ikomeye Yahuje Impande Zombi

September 12, 2026
Next Post
Abataramenyekana batemye Inka z’umugabo w’Umu-pasiteri..

Abataramenyekana batemye Inka z'umugabo w'Umu-pasiteri..

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka
  • Les Wazalendo se divisent en deux camps : au cœur des tensions entre Yakutumba et la nouvelle Alliance of Congolese Patriots (A.P.C.)
  • Wazalendo Bacitsemo Ibice Bibiri: Imbere mu Makimbirane ya Yakutumba n’Ihuriro Rishya A.P.C.
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?