• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ikivugwa ku masezerano y’u Rwanda na RDC, mu gihe ikibazo cy’Abatutsi ba Banye-Congo cyo kwirengangizwa na Amerika.

minebwenews by minebwenews
May 9, 2025
in Regional Politics
0
Rwanda and DRC Sign Historic Peace Accord in US. Trump Celebrates Breakthrough.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ikivugwa ku masezerano y’u Rwanda na Congo, mu gihe ikibazo cy’ Abatutsi ba Banye-Congo cyo kwirengangizwa na Amerika.

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda ni ibihugu bihuriye mu karere k’ibiyaga bigari, kajahajwe n’intambara ndetse n’amakimbirane adashyira, Leta Zunze ubumwe z’Amerika zirajwe inshinga n’ayo makimbirane ari na yo mpamvu ikomeje guhuza impande zirebwa n’icyo kibazo.

Kubera ikibazo cy’umutekano muke FDLR yagiye iteza nyuma yo guhungira muri RDC, yagiye ishaka kongera gusubira guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ibyatumye u Rwanda rwinjira mu ntambara ya mbere ya Congo mu 1996 kugeza mu 1998.

Mu 1998 kugeza 2002 u Rwanda rwongeye gusenya uyu mutwe wa FDLR mu ntambara abasesenguzi bagiye bita iya gatatu y’isi kuko yahuriyemo ibihugu byinshi byo muri Afrika.

Ikibazo cy’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, Abatutsi n’Abahema, ubutegetsi bwakurikiranye muri RDC bwagiye bubibasira bubashinja ko ari Abanyarwanda, kugeza magingo aya aho batemerwa nk’abanegihugu.

Bikaba byaragiye bituma i Kinshasa bashinja u Rwanda kuvogera ubusugire bw’igihugu cyabo, mu gihe icyo gihugu nacyo gishinja RDC gufasha FDLR ndetse no kwigamba gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, imvugo zagiye zikoreshwa na perezida Felix Tshisekedi.

Amaseserano y’amahoro y’u Rwanda n’aya Camp David Amerika yagizemo uruhare

Amaseserano y’amahoro ya Mirisiri na Israel yarangiye amakimbirane yari hagati y’ibihugu byombi yasinyiwe i Washington DC tariki ya 26/03/1979, hagati ya Anwar Sadat wari perezida wa Misiri w’intebe wa Israel.

Aya masezerano y’impande zombi zayashyiriyeho umukono imbere y’uwari perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Jimmy Carter.

Ni amasezerano yarangiye intambara Israel yari imaze igihe irwanamo na Misiri, ndetse atuma habaho inyungu mu rwego rwa dipolomasi ku buryo ambasade zafunguwe, ikindi kuri Misiri habayeho no kongera gusubizwa ibice byose bya Sinai Israel yari yarigaruriye.

Bityo bikaba byitezwe ko amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo na yo agomba gusiga inyungu n’ubwo ku rundi ruhande hari n’impungenge.

Bivugwa ko amasezerano ya Camp David yagize inyungu zo kongera kubanisha Misiri na Israel mu rwego rw’amahoro arambye ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi no gukorera hamwe mu rwego rw’umutekano, ntabwo yahuje Abanya-Palestine n’abanya-Israel bagikomeje guteza ikibazo ku mpaka zibyo bihugu.

Impamvu bivugwa ko aya masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo adatanga amahoro arambye ni mu gihe ikibazo cya FDLR kizaba kitarakemuka burundu.

Inyungu ziyarimo:

Ibihugu by’u Rwanda na Congo bizubaka amahoro arambye, gutekana kw’akakarere binafungure inzira y’ubukungu bushingiye ku mutungo kamere, ndetse n’umubano ushingiye kuri dipolomasi hagati y’ibi bihugu byombi ushobora gusubira mu buryo.

Amerika yo izungukira mu gucukura amabuye y’agaciro yo muri RDC.

Ibihugu bizafungura ubuhahirane, habeho ubufatanye mu by’umutekano nk’uko Misiri ifatanya na Israel mu kurwanya abahungabanya umutekano ku mipaka yombi.

No mu karere k’ibiyaga bigari hazavuka umwuka utekanye, kuko kubera ubunini bwa Congo iyo ihuye n’intambara bigira ingaruka ku karere kose.

Ariko kandi hakwiye no kwitegwa impungenge

Byanze bikunze akarere ntabwo kazishimira aya masezerano bitewe n’inyungu za bimwe mu bihugu byijanditse mu ntambara birwana ku ruhande rwa Leta ya Congo, by’umwihariko ibituruka mu miryango ya SADC na EAC.

Ibi bihugu bishobora kuzagira ishyari ry’ishoramari rikomeye kubera imari Amerika izashora mu Rwanda na RDC.

Ibi ni na ko byagenze ubwo Arab League yarwanyaga amasezerano ya Camp David ya Israel na Misiri.

Aya masezerano ya Washington DC aramutse yirengangije ikibazo cy’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, Abahema n’Abatutsi bo mu Burasizuba bw’iki gihugu, na byo byazagira imidugararo yatuma Kinshasa ikomeza kwikoma u Rwanda kandi harasinywe amasezerano y’amahoro.

Izindi mpungenge ni uko mu rwego rwa politiki y’akarere yazakomeza kureba ibi bihugu byombi kubera igisebo cya bimwe mu bihugu by’uburengerazuba bw’Isi byari byarafashije uruhande rw’ibasira u Rwanda mu binyoma byakomeje kurushinja kwiba RDC.
Uwavuga ko igisubizo cyakemura izi mpungenge zose zishingiye ku gukemura ikibazo cya AFC/M23 ndetse n’ibibazo by’abandi Banye-Congo mu rwego rwa politiki.

Ikibazo cya AFC/M23 kandi kigomba gukemuka mu buryo burambye kugira ngo kizabe umuti ku bibazo bya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Izi ntara zakagombye kubona umuti wo kubona ubwingenge, nk’uko Hong Kong na Makao bimeze ku Bushinwa. Imijyi ihuriye ku Bushinwa ariko ifite imitegekere yihariye ukwayo.

Kivu zombi na zo zishobora kumera gutya, bityo zikaguma kuri RDC ariko zikagira ubuyobozi bwihariye (special administration) nka Hong Kong na Macao, aho usanga iyi mijyi yigenga ku ifaranga ryabo, iteko ishinga amategeko, umutekano, Bank zabo n’amabendera, ariko hakaba hagomba kuba hari n’iryigihugu ndetse ugasanga bihurira kuri minisitiri w’ubanye n’amahanga umwe.

Gutanga umuti urambye ku bibazo by’abanya-kivu zombi cyane cyane abibasirwa kubera ko bisanze hariya imipaka imaze gukatwa n’abakoroni, bizatanga umuti urambye ku masezerano y’amahoro perezida Trump ari kugiramo uruhare, ndetse binatange umutekano urambye mu karere.

Tags: AmerikaIkibazo cy'Abatutsi
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post
Uko byifashe i Katogota ahiriwe imirwano ikomeye ku munsi w’ejo ku wa mbere.

Ibivugwa ku mirongo y'urugamba hagati ya AFC/M23 n'ihuriro ry'ingabo za RDC muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?