Inkuru Utagomba Kwirengagiza: RDC Yatangaje Gahunda Nshya yo Gufasha Abimuwe, Mu gihe Abanyamulenge Bakomeje Kwirengagizwa Nyuma yo Kunyagwa Ubutunzi Bwabo; Menya Byinshi Kuri Iyi Nkuru
Mu gihe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gutangaza gahunda nshya zigamije gufasha abaturage bimuwe n’intambara kongera kwiyubaka no kwigira, hari abakomeje kwibaza impamvu ayo magambo atagaragarira mu bikorwa ku baturage bo mu Minembwe, bamaze imyaka myinshi bahura n’ingaruka z’intambara, ubwicanyi, kwimurwa ku gahato ndetse no kunyagwa umutungo wabo.
Ibi byagarutsweho nyuma y’uko Minisitiri wa Leta ushinzwe Imibereho Myiza n’Ibikorwa by’Ubutabazi, Ève Bazaiba Masudi, atangaje ko Guverinoma yahinduye uburyo bwo gufasha abimuwe, ikava ku gutanga ubutabazi bw’igihe gito ikerekeza ku buryo burambye bwo kubafasha kongera kwiyubaka no kwigira.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Bunia, muri Ituri, tariki ya 18 Kamena 2026, Bazaiba yavuze ko Guverinoma igiye gushyira imbere uburyo buzwi nka “Nexus”, buhuza ubutabazi, iterambere n’amahoro, hagamijwe gufasha abaturage bavuye mu byabo kongera gusubira mu buzima busanzwe.
Yavuze ko gukomeza guha abaturage inkunga z’ubutabazi gusa bidashobora kuba igisubizo kirambye ku gihugu gifite miliyoni z’abaturage bamaze imyaka myinshi barahungabanyijwe n’intambara n’umutekano muke.
Yagize ati:
“Ntabwo twifuza gukomeza gushyira abaturage mu buzima bwo guhora bategereje inkunga. Ni igihe cyo gutekereza ku bisubizo birambye birenze ubutabazi bw’ako kanya.”
Minisitiri Bazaiba yasobanuye ko Guverinoma ishishikariza abaturage gusubira iwabo igihe umutekano uhari, kandi ko abazatahuka bazahabwa ubufasha bubafasha kongera gutangira ubuzima bushya binyuze mu buhinzi, ubucuruzi n’indi mishinga y’iterambere.
Yatanze urugero rwa za teritwari za Uvira na Kalemie, aho bamwe mu baturage bamaze gutangira gusubira mu byabo nyuma y’uko umutekano utangiye kugenda ugaruka.
Ariko nubwo Guverinoma ikomeje gutangaza izi gahunda, abaturage benshi bo mu Minembwe bavuga ko nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko na bo bari mu bo Leta ivuga ko igamije gufasha.
Mu gihe ubuyobozi bwa Kinshasa buvuga kuri gahunda zo gufasha abimuwe hirya no hino mu gihugu, abaturage benshi bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bo muri Minembwe bakomeje kuvuga ko batajya bagaragara muri izo gahunda, nubwo ari bamwe mu baturage bamaze igihe kinini bahura n’ingaruka zikomeye z’intambara.
Imirwano imaze imyaka myinshi ibera muri Minembwe yatumye ibihumbi byinshi by’abaturage bava mu byabo, abandi bahungira mu bihugu bituranye, mu gihe hari n’abakomeje kubaho mu buzima bugoye imbere mu gihugu.
Abakurikiranira hafi ikibazo cya Minembwe bavuga ko uburyo Guverinoma ikunze kuvuga ku baturage bimuwe mu bindi bice by’igihugu, ariko ntihagire igikorwa gifatika igaragaza ku Banyamulenge bimuwe n’intambara, bituma benshi bibaza niba aba baturage bafatwa nk’abandi Banyekongo bafite uburenganzira bungana imbere y’amategeko.
Hari abavuga ko ahubwo ikibazo cya Minembwe gikomeje gufatwa nk’icy’umutekano gusa, aho gufatwa nk’ikibazo cy’ubutabazi n’uburenganzira bwa muntu gikwiye kwitabwaho nk’ibindi byose biri mu gihugu.
Kimwe mu bibazo bikomeje kuvugwa cyane ni igihombo gikomeye abaturage bo muri Minembwe bavuga ko batewe n’intambara.
Amakuru aturuka muri ako karere avuga ko mu myaka ishize, amatungo menshi cyane y’abaturage, cyane cyane inka, yagiye anyagwa mu bitero byabaye mu bice bitandukanye bya Minembwe no mu nkengero zaho.
Hari amakuru avuga ko umubare w’inka zanyazwe urenga ibihumbi magana arindwi, ibintu abaturage bavuga ko byasenye ubukungu bw’imiryango myinshi yari itunzwe n’ubworozi.
Abaturage bavuga ko kugeza ubu nta gahunda izwi ya Leta yo gusubiza cyangwa kugenera indishyi abatakaje ayo matungo, ndetse ko nta nkunga ifatika yigeze itangwa ku miryango yahuye n’icyo gihombo gikomeye.
Kuri bo, kuba Guverinoma ivuga gahunda zo gufasha abaturage kongera kwiyubaka mu gihe hari abo bavuga ko batakaje umutungo wabo wose nta bufasha na buke babona, bikomeza guteza impaka ku buryo ubufasha bwa Leta bugabanywa mu baturage bayo.
Ku rundi ruhande, Guverinoma ya RDC ivuga ko ikibazo cy’ubutabazi gikurikiranwa buri gihe ku rwego rwo hejuru.
Minisitiri Bazaiba yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yategetse ko buri wa Gatanu, mu Nama y’Abaminisitiri, hatangwa raporo yuzuye ku bibazo by’ubutabazi biri mu gihugu hose ndetse no ku mpunzi z’Abanyekongo ziri mu mahanga.
Yavuze kandi ko Guverinoma ikomeje gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye mu gushaka ibisubizo ku bibazo by’abaturage bakeneye ubutabazi.
Tariki ya 28 Mutarama 2026, Guverinoma ya RDC hamwe n’imiryango mpuzamahanga batangije gahunda yo gushaka miliyari 1.4 z’amadolari ya Amerika agamije gufasha abaturage bahuye n’ingaruka z’intambara n’ibindi bibazo by’ubutabazi.
Nubwo ayo mafaranga ateganyijwe gufasha abantu babarirwa muri za miliyoni, imibare igaragaza ko abaturage bagera hafi kuri miliyoni 15 bagikeneye ubufasha bwihutirwa, mu gihe ubushobozi buhari bushobora kugera gusa ku bantu miliyoni 7.3.
Mu gihe Guverinoma ikomeje kuvuga ko igisubizo kirambye ku bibazo by’ubutabazi kizava mu kugarura amahoro, iterambere n’ubushobozi bw’abaturage bwo kwiyubaka, ikibazo gikomeje kwibazwa n’abaturage benshi bo muri Minembwe ni ukumenya igihe na bo bazashyirwa muri izo gahunda zose zivugwa, nyuma y’imyaka myinshi bavuga ko bamaze bahura n’ingaruka z’intambara, kwimurwa n’iyangizwa ry’umutungo wabo, nta bufasha bugaragara bahabwa na Leta y’i Kinshasa.






