Kera kabaye: P5 yemejwe ko iri mu bufatanye na FARDC n’Ingabo z’u Burundi mu bitero byo mu Minembwe
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko umutwe wa P5, uhuriyemo imitwe yitwaje intwaro ivugwa ko iyobowe na Faustin Kayumba Nyamwasa, wabaye Umuyobozi Mukuru mu Ngabo z’u Rwanda, winjiye mu bikorwa bya gisirikare mu gace ka Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Tariki ya 25/06/2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko P5 iri kwifatanya n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC), ingabo z’u Burundi (FDNB), umutwe wa FDLR, Wazalendo, ndetse n’abacanshuro b’abanyamahanga, mu bikorwa bya gisirikare bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Congo.
Yagize ati:
“Leta ya Kinshasa ikomeje kwagura ihuriro rya gisirikare ryayo. Yiyongereyeho abarwanyi ba P5 iyobowe na Kayumba Nyamwasa, ikorana na FARDC, FDLR, Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga n’ingabo z’u Burundi.”
AFC/M23 ivuga ko iri huriro ryagabye igitero ku bitaro bikuru bya Minembwe ku gicamunsi cy’ejo hashize tariki ya 25/06/2026, bikaba ari ubwa kabiri ibi bitaro bigabwaho ibitero mu gihe kitarenze amasaha 24. Iri huriro rikavuga ko ibyo bitero byahitanye abasivili ndetse binangiza ibikorwa remezo bitandukanye.
AFC/M23 yatangaje ko ibi bitero byagize ingaruka zikomeye ku basivili batuye mu gace ka Minembwe, igashinja ihuriro rivugwa rya P5 kugerageza kwibasira ibikorwaremezo by’ubuvuzi.
Iri huriro kandi ryasabye abaturage bo muri Minembwe no mu bice biyegereye kuguma maso, rivuga ko rikomeje kubarwanirira no kurinda umutekano wabo, rikomeza no kuvuga ko rizahagarika “ibikorwa byose bigamije kubatsemba, kubimura no kubateza ubwoba.”
Amakuru atangwa n’impande zitandukanye agaragaza ko P5 ari ihuriro ryubakiye ku mitwe ya politiki itanu irwanya Leta y’u Rwanda, irimo RNC, FDU-Inkingi, PDP-Imanzi na RUD-Urunana, rikaba rivugwamo ko riyobowe mu rwego rwa gisirikare na Faustin Kayumba Nyamwasa.
Mu bihe byashize, iri huriro ryigeze kugaragara mu bikorwa byo mu burasirazuba bwa RDC, aho ryavugwaga mu bijyanye no gutegura no gushyigikira ibitero bitandukanye, mbere yo kuzimangana mu gihe gito.
P5 yaje kugabanya ibikorwa mu myaka yashize, cyane cyane nyuma y’ifatwa ry’abayobozi bamwe bavugwaga mu bikorwa byayo, barimo Maj (Rtd) Habib Mudathiru, wafashwe muri RDC mu 2019 akoherezwa mu Rwanda.
Nyuma y’ibyo, ndetse n’ifungwa ry’abarwanyi ba RUD-Urunana bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu 2019, P5 ntiyongeye kugarukwaho cyane, bituma benshi bakeka ko ishobora kuba yarazimye burundu.
Ariko mu gihe cya vuba, hagaragaye amakuru avuga ko iri huriro ryongeye kwisuganya no gusubira mu bikorwa mu burasirazuba bwa RDC.
Visi Perezida wa MDRP-Twirwaneho ushinzwe politiki, imiyoborere na dipolomasi, Alexis Mugisha Nkurunziza, mu kwezi kwa cumi n’umwe 2025 yatangaje ko hari abarwanyi bake ba P5 basubiye muri Kivu y’Amajyepfo, aho bivugwa ko bakorana n’inzego za Leta ya RDC.
Yavuze kandi ko bamwe muri bo babifashijwemo na Leta y’u Burundi, ndetse ko hari ibikorwa byo kubategura no kubaha imyitozo ya gisirikare.
Amakuru aturuka mu isesengura ry’umutekano agaragaza ko mu burasirazuba bwa RDC hakomeje kugaragara imitwe myinshi yitwaje intwaro, irimo FDLR, P5, CNRD-FLN na RUD-Urunana, ivugwaho ibikorwa bitandukanye bigamije guhungabanya umutekano w’akarere.
Ibi bikomeje guteza impaka n’impungenge ku mutekano rusange w’abaturage bo mu bice bya Kivu y’Amajyepfo, cyane cyane mu duce dukomeje kurangwa n’imirwano n’ihindagurika ry’imiterere y’amakimbirane.






