• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Minembwe: Ibindi bivugwa nyuma y’igitero giheruka mu Kalingi.

minebwenews by minebwenews
December 3, 2024
in Regional Politics
0
Minembwe: Ibindi bivugwa nyuma y’igitero giheruka mu Kalingi.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Minembwe: Ibindi bivugwa nyuma y’igitero giheruka mu Kalingi.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Umutekano w’imisozi miremire y’Imulenge ukomeje kuzamba nyuma y’uko ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, zigabye igitero mu baturage Babanyamulenge mu Kalingi, kigasiga cyishe abaturage, nubwo no ku ruhande rw’izi ngabo za Leta hapfuye abatari bake, kuko Twirwaneho yahise itabara yirwanaho.

Agace ka Kalingi kagabwemo igitero gaherereye hafi na santire ya Minembwe; ubariranyije n’ink’ikirometere kimwe n’igice uvuye mu Madegu (centre Minembwe).

Iki gitero cyahagabwe ku wa kane w’icyumweru gishize, kigabwa n’ingabo za FARDC zaje ziturutse muri santire ya Minembwe zitera abaturage.

Ni igitero byarangiye abaturage bane bakiguyemo, mu gihe ku ruhande rw’ingabo za RDC bivugwa ko hapfuye abasirikare 30 kuko ubwo muri ako kanya Twirwaneho yahise itabara yirwanaho, nk’uko biri mu nshingano zayo.

Iri tsinda rya Twirwaneho ryabayeho ubwo ibitero by’abarwanyi ba Maï Maï kubufasha bw’Ingabo za RDC byatangiraga kugabwa mu Banyamulenge mu 2017, ibitero bikaba byari bigamije kubarimbura no kumaraho ubukungu bwabo bwari bwubakiye ku matungo y’inka n’andi matungo magufi, nk’ihene n’intama n’ibindi.

Umuturage uherereye mu Minembwe ariko ku bw’umutekano we yanze ko amazina ye atangazwa, yemeje ko kugiti cye, nyuma y’icyo gitero yabonye imirambo y’ingabo za Leta 14. Ku rundi ruhande ibyemezwa n’abo mu bwoko bw’Abashi baturaniye brigade y’izi ngabo za FARDC muri centre ya Minembwe, bavuga ko iz’i ngabo zatakaje abasirikare barenga 30.

Uwatanze aya makuru yagize ati: “Njyewe ku bwanjye, imirambo y’ingabo za Leta ni haruriye nyuma y’intambara ni 14. Ariko amakuru turi guhabwa n’Abashi batuye kuri brigade, bivanye n’intumbi zikomeje kuhazanwa, batubwira ko bamaze kubona izigera kuri 30 kandi ko zishobora kurenga.”

Yashimangiye ibi avuga ko kugeza n’ubu hagikomeje gutoragurwa abandi basirikare ba FARDC baguye mu ntambara yo ku wa kane mu Kalingi.

Gusa, nyuma y’iyi mirwano umutekano uri gukomeza kuba mubi mu Minembwe hose. Muri bimwe byerekana ko nta mutekano n’uko amashuri kuva ku wa Gatanu nyuma y’umunsi umwe abaturage bagabweho igitero, amashuri amwe ntarigera afungura, ndetse n’ahar’ejo amashuri menshi nti yize. Nk’ishuri rya Ugeafi, ejo hashize hageze abanyeshuri babarirwa ku ntoki, kandi nabitabye biga akanya gato. Mu gihe Madegu yo batigeze bakingura n’ishuri narimwe.

Ahandi batize ni kuri Evomi primaire, i Lundu na mashuri ya Kiziba arimo na UEMI n’andi.

Usibye kuba batiga, no muri centre ya Minembwe nta mugabo upfa kuhagera nkereka umugabo w’umusaza n’abagore.

Ubuhamya twahawe bugira buti: “Kuva na kane tariki ya 29/11/2024, abantu bose aho bahungiye ntibarahava. Abalimu ba mashuri nabo n’uko.”

Ariko kandi ku wa Gatanu, Col. Jean Pierre Lwamba uyoboye brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru muri centre ya Minembwe, yakoresheje meeting ahamagarira abantu bose gukomeza utuzi twabo, ndetse asaba ko n’Abanyamulenge bahamagarwa bakabwibwa gutekana. Muri icyo kiganiro yanatangaje amahoro.

Ibyakurikiyeho, mu Mikenke mu birometero nka bine uvuye muri centre ya Minembwe, Abanyamulenge batandatu bahise bafatwa n’ingabo za FARDC barabakubita, babagirira nabi, ba bambura n’imyambaro bari bambaye n’inkweto baza kubarekura bahindutse ibikomere.

Nyuma gusa y’umunsi umwe abo Banyamulenge barekuwe, FARDC yahise yica irashe umukuru w’abarwanyi ba Maï Maï witwa Col. Bifaranga. Ibi bikaba bikomeje guteza imvurururu n’umutekano muke mu karere k’i Mulenge mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Si byo gusa, kuko haravugwa izindi ngabo za FARDC zinutse ku mushyasha zikaba zerekeje mu Minembwe, ziciye umuhanda wa Fizi-Minembwe.

Ikindi kandi, amakuru avugwa n’Abashi avuga ko FARDC ikomeje gutanga amakuru avuga ko Twirwaneho yazengurutse Minembwe. Ibyo ngo bikaba byarabaye nyuma y’uko iz’i ngabo ziteye abaturage mu Kalingi.

Tubibutsa ko mu Minembwe umutekano uri kuzamba, mu gihe ku Ndondo ya Rurambo ariho byarimo bivugwa ko byarushishijeho kuba nabi, ni mu gihe aka gace katangiye kugeramo interahamwe kuva mu mpera z’ukwezi kwa Karindwi uyu mwaka. Amakuru akavuga ko iz’interahamwe zahamagawe n’ingabo z’u Burundi ku bufatanye n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC); ikigambiriwe ngo hagamijwe gutera u Rwanda bahereye mu kwica Abanyamulenge abo bashinja gukorana narwo.

Ngayo nguko, ibirimo kuvugwa i Mulenge mu majyepfo ashyira uburenganzuba bwa Kivu y’Amajy’epfo, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo. Tuzakomeza kubagezaho ibihavugwa.

Tags: FardcKalingiKuzambaMinembwe
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Guinée Conakry: Abantu barenga 51 baguye muri stade.

Guinée Conakry: Abantu barenga 51 baguye muri stade.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?