MRDP-Twirwaneho Yafashe Rwitsankuku, Maze FARDC n’Ingabo z’u Burundi Zikizwa n’Amaguru Karahava
Mu mirwano ikomeje kuvugwa mu bice bya teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, umutwe wa MRDP-Twirwaneho bivugwa ko ukomeje kwagura ibice ugenzura. Amakuru aturuka ku mirongo y’imbere muri uyu mutwe avuga ko wafashe ibice bikomeye birimo Rwitsankuku, ahavugwa ibirindiro bikomeye by’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa bazo barimo ingabo z’u Burundi, Wazalendo ndetse na FDLR.
Amakuru yatangajwe na PC Mavugo, umwe mu basirikare ba MRDP-Twirwaneho, abinyujije ku rubuga rwa X (Twitter), avuga ko ingabo ziyobowe na Gen. Charles Sematama zimaze kwigarurira ibice byinshi by’ingenzi, birimo na Rwitsankuku, aho bivugwa ko ubu yamaze kugwa mu maboko y’uyu mutwe.
Mu butumwa bwe yagize ati: “Ingabo ziyobowe na Gen Charles Sematama zimaze kwigarurira ama localite menshi, aka kanya Rwitsankuku iraganzurwa na MRDP-Twirwaneho.”
Ibi bibaye mu gihe cy’imirwano ikomeye yabereye mu bice bya Ngezi ndetse n’ahandi hegeranye na Rwitsankuku, aho bivugwa ko MRDP-Twirwaneho yakomeje gusunika ingabo za Leta n’imitwe iyifasha, bikarangira ifashe ibice bitandukanye by’ingenzi.
Andi makuru akomeza avuga ko uyu mutwe ku munsi w’ejo wafashe Mikenke na Bilalombili, nyuma y’imirwano ikaze yabahuje n’ingabo za FARDC, ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR.
Nyuma y’ifatwa rya Rwitsankuku, amakuru aturuka muri ako gace avuga ko bamwe mu basirikare bari mu birindiro bahungiye mu mashyamba, abandi berekeza ahazwi nka Point Zero, mu gihe abandi bivugwa ko bakomeje inzira igana mu Bibogobogo berekeza mu gace ka Baraka.
Nubwo hakomeje gutangazwa amakuru atandukanye aturuka mu mpande zitandukanye, kugeza ubu nta tangazo rya Leta cyangwa iry’Igisirikare cya FARDC riratangaza ku mugaragaro uko ibintu byifashe nyuma y’iyi mirwano iremereye.
Icyakora, amakuru akomeje guturuka muri aka gace ka Fizi agaragaza ko umutekano ukomeje kuba muke, mu gihe hakomeje gutinya ko imirwano ishobora gukwira no mu bindi bice bitandukanye.





