• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 11, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Minembwe, hakozwe impinduka mu gisirikare cya FARDC, Regima niyo yasimbuye byigihe gito Brigade ya 12 yari hasanzwe, ariko hari Abanyamulenge bafunzwe.

minebwenews by minebwenews
June 19, 2024
in Regional Politics
0
Mu Minembwe, hakozwe impinduka mu gisirikare cya FARDC, Regima niyo yasimbuye byigihe gito Brigade ya 12 yari hasanzwe, ariko hari Abanyamulenge bafunzwe.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Minembwe hatumwe Regima (Régiment) yo mu ngabo za FARDC isimbura byigihe gito Brigade ya 12 yari hasanzwe.

Ni Regima ya 2202 yarisanzwe i Baraka ho muri teritware ya Fizi, niyo yoherejwe mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice byo muri Komine ya Minembwe, nk’uko iy’inkuru tuyikesha abaturiye ibyo bice.

READ ALSO

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

Byari byasobanuwe ko mu Minembwe hazoherezwa Brigade ya 22 ème, iri ahitwa i Kalemi, ndetse ay’amakuru yavugaga ko bamwe muri aba basirikare ko bageze Uvira, aho bamaze hafi iminsi ingana n’ibyumweru bitatu.

Ariko nk’uko byagaragaye kuri uyu wa Kabiri, nuko abari Baraka aribo boherejwe mu Minembwe, ndetse bo bakaba barahageze mu masaha y’igicamunsi cy’ejo hashize.

Amakuru Minembwe Capital News dukesha abasirikare ba FARDC avuga ko iyi Regima yatumwe mu Minembwe ari ihagararira byigihe gito brigade ya 22 izaza ivuye i Kalemi ho mu Ntara ya Tanganyika.

Kandi ko iyi brigade ya 12 yarisanzwe mu Minembwe yo irahita ijanwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho izaba igiye guhangana n’u mutwe wa M23 ugize igihe warahabuye ubutegetsi bwa Kinshasa.

Hagati aho, nyuma yuko aba basirikare bari bamaze kugera mu Minembwe bavuye i Baraka bahise bafunga umugabo w’u Munyamulenge wari uhageze avuye i Bukavu, witwa Ndabunguye Freddy.

Bivugwa ko Ndabunguye ari umukozi w’ishirahamwe rya PIN risanzwe rikora mu buvuzi. Bikanavugwa kandi ko yari yageze mu Minembwe akoresheje indege, ariko ko yari muri misiyo yakazi kiryo shirahamwe.

Kugeza ubu ntakizwi cyatumye Ndabunguye afungwa, ariko bikavugwa ko yazize isura ye, ko kandi ari u Munyamulenge.

Tubibutsa ko iyi brigade ya 12 yarisanzwe mu Minembwe, iyobowe na Brig Gen Andre Ohenzo, ufunzwe muri iki gihe, afungiwe i Kinshasa yatawe muri yombi mu mpera z’u kwezi kwa Gatanu uyu mwaka, bivugwa ko yafunzwe azira kugarura amahoro mu misozi miremire y’i Mulenge. Ubwo Ohenzo yageraga mu Minembwe mu kwezi kwa Kabiri mu 2023, yahasanze ubushamirane bukaze hagati y’Ingabo za leta na Twirwaneho iyobowe na Colonel Rukunda Michel wamamaye ku izina rya Makanika.

Maze Ohenzo akihagera atangaza amahoro, ndetse avuga ko igihe azamara cyose mu misozi miremire y’i Mulenge hazaba amahoro, arinako byagenze. Ibi bikaba byaratumye afungwa nk’uko bivugwa n’abamwe mu basirikare ba FARDC.

           MCN.
Tags: Brigade ya 12ImpindukaMinembweYatsimbuye

Related Posts

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

September 9, 2026
Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History
Regional Politics

Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History

September 9, 2026
Uganda: Ifatwa ry’abahoze bayobora CMI ryasubije ubutasi bwa gisirikare mu isura y’amateka akomeye y’igihugu
Regional Politics

Uganda: Ifatwa ry’abahoze bayobora CMI ryasubije ubutasi bwa gisirikare mu isura y’amateka akomeye y’igihugu

September 9, 2026
Gen. Muhoozi yavuze abo atinya, anagaruka ku cyo avuga ko atigeze ageraho muri RDC
Regional Politics

Gen. Muhoozi yavuze abo atinya, anagaruka ku cyo avuga ko atigeze ageraho muri RDC

September 9, 2026
Abarundi babarirwa mu magana babujijwe gukomeza urugendo, bafungirwa ku mupaka wa Tanzania
Regional Politics

Abarundi babarirwa mu magana babujijwe gukomeza urugendo, bafungirwa ku mupaka wa Tanzania

September 8, 2026
Next Post
Hubuye imirwano ikaze hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa, muri teritware ya Rutshuru.

Hubuye imirwano ikaze hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa, muri teritware ya Rutshuru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira
  • Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
  • AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?