Mwenga: Indege yagabye igitero ku ngabo z’u Burundi n’iza FARDC irazihungabanya
Amakuru aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 25/04/2026, habaye igikorwa kidasanzwe cy’umutekano, aho indege itaramenyekana aho yaturutse yagabye igitero ku ngabo z’u Burundi n’iza FARDC zari mu gace ka Point Zéro.
Aka gace ka Point Zéro gaherereye mu burasirazuba bwa centre ya Minembwe, muri teritwari ya Mwenga, kamaze igihe kavugwamo ibikorwa by’intambara n’imirwano ihanganishije impande zitandukanye ziri mu makimbirane yo muri ako karere.
Amakuru yatanzwe n’umuturage utuye muri ako gace, waganiriye na Minembwe Capital News, avuga ko iyo ndege yagaragaye mu kirere cya Fizi mu masaha ya nimugoroba, mbere yo gutangira kurasa ibisasu bikomeye byibasiye ibirindiro by’ingabo zari kuri Point Zéro. Uyu muturage yagize ati: “Ejo nimugoroba, ahagana saa kenda, twabonye indege itazwi igaragara mu kirere cya teritwari ya Fizi, nyuma itangira kurasa bikomeye aho ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zari ziri. Byari ibintu bikomeye byateye ubwoba bwinshi.”
Nubwo amakuru y’ibanze ataremezwa n’inzego za gisirikare cyangwa ubuyobozi bw’Intara, biravugwa ko icyo gitero cyateje igihunga gikomeye mu basirikare b’u Burundi n’aba FARDC. Gusa kugeza ubu, ntiharamenyekana umubare w’abasirikare bahasize ubuzima; amakuru ariho agaragaza ko abenshi bahise bahungira mu bihuru, basiga ibirindiro byabo.
Iyi ndege itaramenyekana inkomoko yayo, mu minsi mike ishize, nabwo yahagabye igitero nk’iki. Icyo gihe byatangajwe ko abasirikare b’u Burundi n’aba FARDC bahise bahungira mu bindi bice, ndetse hakavugwa ko ibirindiro byabo byo kuri Point Zéro byasenyutse, nubwo nyuma bongeye kubakwa.
Ababikurikiranira hafi bavuga ko ikoreshwa ry’indege mu bitero nk’ibi rishobora kugaragaza izamuka ry’urwego rw’intambara iri kubera muri Kivu y’Amajyepfo, aho imirwano ishobora kuba iri gufata indi ntera irimo ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rihambaye kurushaho.
Kugeza ubu, nta tangazo rirambuye riratangazwa n’ubuyobozi bwa FARDC cyangwa ubwa Leta y’u Burundi ku byabereye kuri Point Zéro.






