Nyuma y’ibiganiro na Perezida Ndayishimiye, ihuriro C64 ryatangaje imyigaragambyo simusiga yamagana Tshisekedi
Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batangaje ko bazakomeza ibikorwa byabo bya politiki, birimo imyigaragambyo y’amahoro, nyuma y’ibiganiro bagiranye na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye. Ibyo biganiro byari bigamije gushaka uburyo bwafasha gukemura ikibazo cya politiki kimaze igihe cyugarije igihugu.
Ku wa 06/07/2026, Perezida Ndayishimiye yakiriye i Bujumbura bamwe mu banyapolitiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, barimo Martin Fayulu, Delly Sessanga na Jean-Marc Kabund. Muri ibyo biganiro hanitabiriye n’abahagarariye amadini n’amatorero, barimo Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika muri RDC (CENCO), Musenyeri Donatien Nshole.
Ibi biganiro byabaye nyuma y’ubutumire Perezida Ndayishimiye yari yahaye aba banyapolitiki bagize ihuriro C64, ryashinzwe mu rwego rwo kurengera Itegeko Nshinga rya RDC no kurwanya umugambi bavuga ko ushobora gutuma rihindurwa hagamijwe kongerera Perezida Tshisekedi indi manda.
Abagize C64 bavuga ko bafite impungenge z’uko Perezida Tshisekedi, usigaje igihe kirenga gato umwaka ngo arangize manda ye ya kabiri, ashobora kugerageza guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo abone uburyo bwo gukomeza kuyobora igihugu. Bavuga ko ari yo mpamvu bashinze iri huriro rigamije kurengera amahame ya demokarasi n’ubusugire bw’Itegeko Nshinga.
Mu biganiro bagiranye na Perezida Ndayishimiye, aba banyapolitiki bagaragaje ko RDC ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye birimo umutekano muke, imiyoborere idahwitse, kutubahiriza amategeko no kugabanywa kw’ubwisanzure bw’abaturage. Basabye ko habaho ibiganiro bya politiki byimbitse kandi bidaheza, bishobora gutanga ibisubizo birambye ku bibazo igihugu gifite.
Bagaragaje kandi ko kugira ngo ibiganiro nk’ibyo bishoboke, hakwiye kubanza kurekurwa imfungwa za politiki, gusubiza ibyangombwa by’inzira ku babyambuwe, no gushyiraho umuhuza utabogamye wo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), kugira ngo ibiganiro bizagirwe icyizere n’impande zose.
Ihuriro C64 ryanagaragaje ko rishyigikiye gahunda y’ibiganiro by’amahoro yateguwe na Kiliziya Gatolika n’Itorero Angilikani, rivuga ko ari gahunda idaheza Abanye-Congo bose. Icyakora, ubutegetsi bwa RDC bwamaze kugaragaza ko butayishyigikiye, buvuga ko kuba irimo gusaba ko n’imitwe yitwaje intwaro yitabira ibiganiro bidakwiye.
Mbere y’ibi biganiro, Delly Sessanga yari yatangaje ko Perezida Ndayishimiye yari kubagezaho ibyo yaganiriye na Perezida Félix Tshisekedi ubwo aheruka kugirira uruzinduko i Kinshasa, kugira ngo harebwe niba haboneka inzira y’ibiganiro byubaka hagati y’impande zitavuga rumwe.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi byatangaje ko Perezida Ndayishimiye yishimiye ibiganiro yagiranye n’aba banyapolitiki ndetse n’abahagarariye amadini, bivuga ko byaranzwe no kuvugisha ukuri, kubwizanya ukuri no gushimangira ko ibiganiro ari byo nzira ikwiye yo gukemura amakimbirane ya politiki.
Nk’ikimenyetso cy’uko badateze gusubira inyuma ku myanzuro yabo, ku wa 06/07/2026 abagize C64 bashyikirije Meya w’Umujyi wa Kinshasa ibaruwa imumenyesha ko ku wa 22/07/2026 bazakora imyigaragambyo y’amahoro imbere y’Ingoro y’Umukuru w’Igihugu.
Muri iyo myigaragambyo, bavuga ko bazashyikiriza Perezida Félix Tshisekedi ubutumwa busaba ko Itegeko Nshinga rya RDC ridahindurwa, ndetse ko amahame ya demokarasi n’ubutegetsi bugendera ku mategeko bikomeza kubahirizwa. Nubwo batatangaje mu buryo burambuye ibikubiye muri ubwo butumwa, bashimangiye ko intego yabo ari ukurengera inyungu z’igihugu no kubungabunga ituze rya politiki.
Mbere yo guhura na Perezida Ndayishimiye, bamwe mu bayobozi ba C64 bari banamuburiye ko, nk’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, akwiye gukomeza kutabogama mu rwego rwo korohereza ibiganiro bishobora kuzavamo umuti urambye ku bibazo bya politiki biri muri RDC.
Ibi bibaye mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje guhangana n’ibibazo bya politiki n’umutekano, aho impaka ku hazaza h’Itegeko Nshinga n’imitegurire y’amatora bikomeje gukurikirwa cyane n’Abanye-Congo ndetse n’abafatanyabikorwa bo mu karere.






