Olivier Rumenge Rugeyo: “Amahoro ya Congo Azubakwa n’Abanyekongo, Si Intwaro Cyangwa Imishyikirano yo Hanze”
Olivier Rumenge Rugeyo, wabaye umukandida ku mwanya w’Umudepite ku Rwego rw’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahamagariye Abanyekongo bose gushyira imbere ubumwe, ubwubahane n’ubwiyunge, avuga ko ari byo shingiro ry’amahoro arambye igihugu gikomeje gushakisha.
Mu butumwa bwihariye yagejeje kuri Minembwe Capital News, Rumenge yavuze ko nubwo hakomeje kubaho imbaraga z’ibiganiro bya dipolomasi n’iza gisirikare, amahoro nyakuri atazava mu mahanga cyangwa mu kongera intwaro, ahubwo ko azava mu bushake bw’Abanyekongo bwo kubana mu mahoro no kubahana.
Yagize ati:
“Igihe cyose Abanyekongo bataratekereza kubana mu mahoro, amahoro azakomeza kuba kure. Amahoro ya Congo ntazava i Doha muri Qatar, ntazava mu Busuwisi cyangwa mu Burundi. Ndetse no kugura drones si byo bizazana amahoro. Amahoro azava mu bumwe no mu bwubahane hagati y’Abanyekongo.”
Rumenge yagaragaje ko amacakubiri, urwango n’amakimbirane bikomeje kubera inzitizi iterambere ry’igihugu, ashimangira ko buri Munyekongo afite inshingano zo kugira uruhare mu kubaka igihugu gishingiye ku bwiyunge no kubahana.
Yagize ati:
“Ntabwo Congo yatera imbere ikirimo amacakubiri. Biradusaba gushyira hamwe kugira ngo tugere ku mahoro arambye no ku iterambere ry’igihugu cyacu.”
Mu butumwa bwe, yanibanze ku baturage bo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abasaba gukomeza kubana mu bwumvikane no kwirinda ibikorwa byose bishobora gukongeza amakimbirane hagati y’abaturage.
Yagize ati:
“Ndahamagarira Ababembe, Abapfuliiru, Abashi ndetse n’andi moko dusangiye Intara ya Kivu y’Amajyepfo gukomeza kubana mu mahoro. Intambara ntabwo izigera itugeza ku mahoro arambye.”
Rumenge yanasabye urubyiruko gufata iya mbere mu rugendo rwo kubaka igihugu kirangwa n’ubumwe n’ituze, avuga ko ari rwo musingi w’ejo hazaza ha Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Yagize ati:
“Urubyiruko rugomba gufata iya mbere, kuko ari rwo mbaraga z’uyu munsi n’ejo hazaza.”
Ubu butumwa buje mu gihe uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kwibasirwa n’ibibazo by’umutekano n’imirwano imaze imyaka myinshi, ibintu byatumye amajwi menshi akomeza gusaba ibiganiro, ubwiyunge n’ubufatanye hagati y’Abanyekongo, hagamijwe kubaka amahoro arambye.
Olivier Rumenge Rugeyo ni Umunyamulenge ukomoka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Mu butumwa bwe, yashimangiye ko ejo hazaza ha Congo hazagenwa n’ubushake bw’abaturage bayo bwo kubaka ubumwe, aho gukomeza inzira z’amacakubiri n’intambara.
Minembwe Capital News






