Perezida Ndayishimiye Yakiriye Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi bwa RDC; Menya Ibyo Ibiganiro Byibanzeho
Perezida w’u Burundi akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko yishimiye uburyo ibiganiro yagiranye n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byagenze. Yavuze ko byabereye mu mwuka wo kuganira mu bwisanzure, kubwizanya ukuri no gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo igihugu n’akarere bihanganye na byo.
Ibi biganiro biri mu rwego rw’ubujyanama Perezida Ndayishimiye yatangije, bugamije gushaka inzira z’amahoro mu bibazo bya politiki n’umutekano bimaze igihe byugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Nk’uko byatangajwe nyuma y’ibiganiro, impande zose zashyize imbere ingingo zirimo gushimangira ibiganiro bya politiki bihuza impande zitandukanye, kubaka ubumwe bw’Abanyekongo, gushaka ibisubizo birambye by’umutekano, ndetse no guteza imbere amahoro n’ituze muri RDC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Perezida Évariste Ndayishimiye yavuze ko impande zaganiriye zagaragaje ubushake bwo gushyira imbere inyungu z’abaturage, gusigasira ituze no gushyigikira inzira zose ziganisha ku mahoro arambye.
Yashimangiye kandi ko ibiganiro ari byo nzira irambye yo gukemura amakimbirane, asaba abafatanyabikorwa bose gukomeza gushyigikira uburyo bw’ibiganiro aho kwifashisha imbaraga.
Mu bitabiriye ubu bujyanama harimo abayobozi b’amashyaka n’ihuriro rya politiki C64, amadini ahagarariwe na CENCO-ECC, hamwe n’andi madini n’amatorero atandukanye akorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Buri tsinda ryabanje kwakirwa no kuganirizwa ukwaryo mbere yo guhura mu nama rusange yari iteganyijwe kubera i Bujumbura, kugira ngo hatangwe ibyagezweho ndetse hanasuzumwe inzira zikwiye gukurikizwa mu gukomeza gushakira umuti ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abasesenguzi bavuga ko ibi biganiro bigamije kwegeranya ibitekerezo by’impande zitandukanye z’Abanyekongo kugira ngo haboneke umusingi ukomeye ushobora gufasha mu kubaka amahoro arambye, kugarura icyizere hagati y’abafatanyabikorwa ba politiki no kugabanya umwuka mubi umaze igihe urangwa muri iki gihugu.
Nubwo kugeza ubu hataratangazwa imyanzuro ya nyuma y’ibi biganiro, impande zitandukanye zikomeje kugaragaza ko ibiganiro ari imwe mu nzira zishobora gutanga umusanzu ukomeye mu gushakira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere kose ibisubizo birambye by’ibibazo bya politiki n’umutekano.




